Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yahuye n’Abajenerali hamwe n’abandi basirikare bakuru baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru, abashimira serivisi batanze mu gihe bamaze mu mirimo yo kurinda Igihugu.
Ishimwe Dieudonné benshi bazi nka Prince Kid, nyuma yo gusaba no gukwa Nyampinga w’u Rwanda wa 2017, Iradukunda Elsa, basezeranye imbere y’Imana, nyuma bakomereza mu birori byo kwishimira intambwe bateye yo kubana akaramata nk’umugabo n’umugore.
Tariki 1 Nzeri 2023 Mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Manwari, Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, mu rugo rwa Mbonyumukiza Félicien hongeye kuboneka imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Tombola ya Inzozi Lotto yegereje serivisi zayo abakiriya ifungura irindi shami i Nyabugogo ndetse inatangiza umukino mushya ukubiye inshuro nyinshi cyane ndetse ukaba ari na wo wa mbere uwukinnye ashobora kungukamo menshi kandi yashoye make.
Abagabo batanu basanzwe bafite ibirombe by’amatafari akoreshwa mu bwubatsi mu Murenge wa Mukarange, bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Mukarange, bakekwaho gukoresha abana imirimo ivunanye.
Muri Ukraine amashuri yongeye gufungura kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Nzeri 2023, nyuma y’umwaka intambara itangiye muri icyo gihugu, ariko umwana umwe muri batatu, ni we uzajya ku ishuri, kubera ko intambara igihari ndetse n’ibibazo bitandukanye, nk’uko byatangajwe n’Ishami ry’Umuryangi w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF).
Umukinnyi wa filime, Idrissa Akuna Elba OBE [Idris Elba] wamenyekanye muri filime zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse akaza gutorwa nk’umugabo w’umwaka ukurura abagore, ni umwe mu byamamare byise amazina abana b’ingagi.
Madamu Jeannette Kagame witabiriye umuhango wo Kwita Izina abana 23 b’ingagi, wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Nzeri 2023 mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, igikorwa cyabaye ku nshuro ya 19, yahaye ubutumwa abakiri bato bwo gukomeza kubungabunga ibidukikije, anabashimira uruhare rwabo.
Mu mujyi wa Muhanga hatashywe indi Hoteli ya Diyosezi ya Kabgayi, yitwa Lucerna Kabgayi Hotel, ije yiyongera ku yindi Hoteli ya Saint-André Kabgayi na yo imenyerewe mu Mujyi wa Muhanga.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda (MINUBUMWE) n’abafatanyabikorwa bayo, batangije ubukangurambaga bwo kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Turere twa Ngororero, Burera na Musanze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Murenge wa Karangazi mu Kagari ka Ndama, ndetse inka 56 zikaba zimaze gukurwa mu bworozi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abayobozi b’amakoperative kurushaho kwita ku mitungo yayo, bakayicunga neza kuko hari ahakigaragara ko abanyamuryango basubiranamo, kubera micungire mibi y’umutungo wabo.
Abaturage benshi baturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu by’umwihariko abatuye Umurenge wa Kinigi mu nkengero z’ibirunga bateraniye ku kibuga gikorerwaho umuhango wo Kwita Izina.
Kompanyi itanga serivisi n’ibicuruzwa by’ubwiza ya Zuri Luxury Ltd, yatanze imfashanyo y’ibikoresho by’ishuri ku bana babarizwa mu kigo cyo kwa Gisimba, gifasha abaturuka mu miryango itishoboye, kikaba kidaharanira inyungu.
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 31 Kanama 2023 i Rusororo ku cyicaro gikuru cy’Umuryango FPR-Inkotanyi, habereye inama ya Komite Nyobozi y’uyu muryango(NEC), ikaba yafashe imyanzuro ku mibereho n’ubukungu by’Igihugu.
I Kigali hatangiye inama nyunguranabitekerezo yiga ku burezi bw’umwana w’umukobwa mu Rwanda, hifashishwa ubushakashatsi bwakozwe ku bikibangamira imyigire ye.
Umunya-Norvège, Erling Halaand, yahembwe nk’umukinnyi mwiza i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2022-2023, Pep Guardiola ahembwa nk’umutoza mwiza.
Abakinnyi 25 bagiye kwitegura umukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 uzahuza Amavubi na Senegal ku wa 9 Nzeri 2023, bahamagawe. Ni abakinnyi bahamagawe n’abatoza b’agateganyo bayobowe na Gérard Buscher bashyizweho nyuma y’uko uwari umutoza mukuru Carlos Alos Ferrer asezereye, uyu Mufaransa akaba afatanyije (…)
Ku wa Kane tariki 31 Kanama 2023 i Monaco mu Bufaransa habereye tombola y’amatsinda ya UEFA Champions League 2023-2024 yasize Manchester United ihuriye mu itsinda rimwe na Bayern Munich.
Imirenge ya Karama, Tabagwe, Musheri, Matimba, Gatunda na Rukomo, ishobora kubura amazi kubera ihagarara ry’imirimo y’uruganda rw’amazi rwa Condo, bitewe n’amapoto abiri yajyanaga amashanyarazi ku ruganda yahiye, bitewe n’itwikwa ry’ishyamba riri ku musozi wa Rushaki.
Hashingiwe ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki 01 Kanama 2023, yashyizeho amabwiriza mashya arebana n’ibikorwa by’imyidagaduro, akaba atangira kubahirizwa guhera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 01 Nzeri 2023.
Imibiri 38 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yabakorewe mu 1994, ni yo imaze kuboneka mu nkengero za Stade Amahoro i Remera, aharimo kubera ibikorwa byo kuyagura no kuyivugurura.
Ibigo bigize BK Group byishimira imikorere myiza yabyo, hamwe n’abakiriya bagize uruhare mu kuzamuka kw’inyungu mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023, yageze ku mafaranga y’u Rwanda miliyari 36 na miliyoni 900Frw.
Umubikira Ann Fox wagize uruhare mu ishingwa ry’Ishuri ry’abakobwa rya ‘Maranyundo Girls School’ riyoborwa n’Ababikira mu Muryango w’Abenebikira, yitabye Imana ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023 aguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal mu Mujyi wa Kigali.
Kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023, Ishimwe Dieudonné benshi bazi nka Prince Kid yasabye anakwa Iradukunda Elsa wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017.
Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Iyanya Onoyom Mbuk, wamamaye nka Iyanya, yatangaje ko yigeze kugera ku rwego rwo gushaka kwiyahura kubera ibibazo byo gukena.
Abayobozi b’Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo hamwe n’abahagarariye ihuriro ry’abafatanyabikorwa, bari mu mwiherero w’iminsi ibiri, aho bateganya kurebera hamwe uko bazafasha abo bayobora kwikura mu bukene no kugira ubuzima bwiza.
Mu nama ya Komite mpuzabikorwa y’Akarere ka Bugesera, yabaye ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, wabaye umwanya mwiza wo kugaruka ku mvugo ndetse na gahunda zitandukanye zishyirwaho, hagamijwe kwita ku mibereho myiza n’iterambere ry’umuturage, aribwo hagarutswe kuri gahunda ya Wisiragira n’ibyo ije gukemura.
Nyuma yo guhirika ku butegetsi Perezida Ali Bongo, agatsiko k’abasirikare katangaje ko kashyizeho Gen Brice Oligui Nguema, nka Perezida w’inzibacyuho w’iki gihugu.
Indirimbo Diamond Platnumz yise ‘Achii’, aheruka gukorana na Koffi Olomide yaje ku mwanya wa 9 ku mugabane wa Afurika, ndetse no ku wa 150 ku rutonde rw’izikunzwe ku Isi muri Kanama.
Muri Afurika y’ Epfo, abantu 73 bapfuye, abandi 43 barakomereka nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye inzu ya etaji eshanu mu Mujyi wa Johannesbourg, kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023.
Iteganyagihe ry’Ukwezi kwa Nzeri k’uyu mwaka, rirerekana ko hazagwa imvura nke ugereranyije n’isanzwe igwa mu mezi ya Nzeri y’imyaka myinshi yarangiye, nk’uko bitangazwa na Meteo-Rwanda.
Abanyamaguru batandukanye bo mu Mujyi wa Kigali bavuga ko gahunda ya Polisi y’u Rwanda izwi nka ‘Street Quiz’ yagabanyije amakosa bakoraga kubera kutamenya amategeko y’umuhanda.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma bukurikiranye umugabo w’imyaka 60 wo mu Karere ka Kirehe, Umurenge wa Kigina, Akagari ka Rugarama mu Mudugudu wa Kagega, ukekwaho kwica umugore we amukubise ishoka mu gatuza, icyaha yiyemerera, ngo akaba yarabikoze yari amaze umwaka abitekereza.
Abajyanama b’ubworozi bo mu Karere ka Gakenke, barasabwa kurushaho kwegera aborozi babaha ubujyanama buzamura ubumenyi bw’uburyo amatungo yitabwaho, kugira ngo arusheho kororoka n’umusaruro uyakomokaho wiyongere.
Mu nama ya Komite Mpuzabikorwa y’Akarere ka Bugesera, yateranye ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, ikitabirwa na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, yibanze ku isuku n’isukura, aho yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Bugesera y’ubudasa, isuku rusange ihera kuri njye”, abayobozi batandukanye bakaba (…)
Abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Kivu y’Amajyaruguru bishyize hamwe mu kurwanya umutwe wa M23, babyukiye mu myigaragambyo yaguyemo abarenze 6 abandi babarirwa mu 10 barakomereka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yemereye abasirikare b’u Rwanda barimo Abajenerali 12 kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.
Abagabo batatu bagwiriwe n’ikirombe, aho bacukuraga itaka ryo kubakisha, imirambo yabo ijyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.
Umuhanzi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Christian Irimbere, yiyambaje ibyamamare mu kuramya Alexis Dusabe na Tuyiringire Arsène [Tuyi], mu gitaramo gikomeye agiye gukorera i Kigali.
Abaturage bo mu Kagari ka Ntaruka, Umurenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe, batewe urujijo n’urupfu rw’umuyobozi wabo, Théodomile Ndizeye, wari Ushinzwe imibereho myiza n’iterambere mu Kagari ka Ntaruka (SEDO), nyuma yo gusanga umurambo we ku musozi mu ishyamba.
Imyaka itanu irashize CP Kabera ari Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda kuko yatangajwe ko ahawe izo nshingano tariki 29 Ukwakira 2018 asimbuye kuri uwo mwanya CP Theos Badege wahinduriwe inshingano.
Mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza Akarere ka Musanze, haravugwa amakuru y’abana babiri barohamye mu mugezi wa Mukungwa barapfa, haboneka umurambo umwe.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rushobora kuburanisha Félicien Kabuga umwe mu bari ku isonga ryo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi, urubanza rwe rukaba rwarasubitswe mu gihe kitazwi n’urwego rwasigaranye inshingano z’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (IRMCT).
Inteko Rusange ya Sena kuri uyu wa mbere tariki 29 Kanama 2023 yemeje abayobozi bashya baheruka gushyirwa mu nshingano zo kuba Ambasaderi bagenwe n’Inama y’Abaminisitiri ngo bahagararire u Rwanda mu bihugu bitandukanye by’amahanga.
Umuyobozi ushinzwe Politiki y’Ububanyi n’Amahanga mu Bumwe bw’u Burayi (EU), Josep Borrell, yatangaje ko Abaminisitiri bashinzwe Ingabo kuri uyu mugabane, barimo kwiga kuri za Coup d’Etat zirimo kubera muri Afurika, kuko ngo ziteje impungenge.
Uruzinduko rwa Minisitiri w’Ubwami bw’u Bwongereza (UK) ushinzwe Iterambere na Afurika Andrew Mitchell utegerejwe mu Rwanda muri iki cyumweru, rwitezweho gushimangira umubano usanzwe uranga ibihugu byombi mu bikorwa by’ubufatanye mu iterambere.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, arasaba amakoperative kurenga ibikorwa asanzwemo akagana no mu ishoramari kuko aribwo babasha kubona inyungu nyinshi.
Mu imurikagurisha ry’abafatanyabikorwa ryabereye i Huye guhera ku itariki ya 16 kugeza ku ya 28 Kanama 2023, ahari ibikinisho ndetse n’ibindi bisusurutsa abana ni ho hasuwe cyane haninjiza amafaranga menshi, kandi abanyehuye bifuza ko bitahagararira aho.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles yo mu Karere ka Rubavu, butangaza ko bwatangiye gutegura inzira yo kwitunga nyuma y’uko amafaranga ikoresha iyahabwa n’Akarere ka Rubavu, kandi hari igihe aba adahagije.