Indege ya Kajugujugu yari itwaye abakomeretse n’imirambo y’abaguye mu gico cyatezwe n’abantu bitwaje intwaro, mu Mudugudu wa Chukuba-Shiroro muri Leta ya Niger muri Nigeria, yarahanutse ihitana abasirikare basaga 20.
Nizard Niyonkuru uzwi nka Niz Beatz ni umwe mu basore b’abahanga bafite ikiganza cyihariye ndetse banatanga icyizere u Rwanda rufite mu bijyanye no gutunganya umuziki [Producer], umwuga yatangiye kuva mu 2013, ashyize ku ruhande ubuhanzi yiyemeza kubikora kugeza ku rwego mpuzamahanga.
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri mu Rwanda, REWU, Mutsindashyaka Andre, avuga ko abakozi bari mu kazi baramutse bafashwe neza n’abakoresha babo ikibazo cy’ubushomeri cyaba amateka kuko nabo bagira uruhare mu gutanga akazi.
Umuyobozi w’inama y’Ubutegetsi y’Umurenge SACCO Karangazi, Gatarayiha Dan, avuga ko abibye iki kigo cy’imari bari baracurishije imfunguzo ku buryo byaboroheye gufungura bakagera ku mutamenwa nawo bakawutwara.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball, yiyongereye amahirwe yo kwerekeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Afurika nyuma yo kwisasira ikipe y’igihugu ya Burkina Faso iyitsinze amaseti 3-0 (25-8, 25-7, 25-14).
Umugore witwa Leah Williams ufite umubiri udakorana n’ubunyobwa cyangwa se ugira ‘allergie’ ku bunyobwa, yabuze andi mahitamo yiyemeza kugura amapaki yose y’ubunyobwa yari mu ndege kugira ngo budahabwa abagenzi bari kumwe muri iyo ndege bigashyira ubuzima bwe mu kaga.
Umuhanzikazi Britney Spears yatandukanye n’umugabo we, Sam Asghari, bari bamaranye amezi 14 gusa bashakanye.
Perezida wa Kenya William Ruto, yavuze ko hari abakozi ba Leta bahembwa umushahara munini kumurusha, akibaza icyo bakora.
Umuhanzi David Adedeji Adeleke [Davido] uri mu bagomba gutarama mu birori byo gusoza Iserukiramuco rya Giants of Africa Festival rimaze icyumweru ribera mu Rwanda, yasuye anaganiriza urubyiruko rwaryitabiriye.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Nteziryayo, uri mu ruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Singapore, yagiranye ibiganiro na mugenzi we muri icyo gihugu, Sundaresh Menon, byibanze ku mikoranire mu nzego z’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko u Rwanda rurimo kwakira amarushanwa y’imikino ahuza ibigo by’amashuri yisumbuye byo mu Karere u Rwanda ruherereyemo abaye ku nshuro ya 20. Ni amarushanwa ategurwa n’Ishyirahamwe ry’Imikino mu Bigo by’Amashuri yisumbuye muri Afurika y’Iburasirazuba (FEASSSA), akaba abereye mu Rwanda (…)
Muri Tanzania, ahitwa Tabora, umuforomo Amos Masibuka w’imyaka 35 y’amamavuko, yahanishijwe gufungwa imyaka 15 muri Gereza nyuma y’uko urukiko rumuhamije icyaha cyo kwiyita umuganga, akabaga umusaza w’imyaka 78 witwa Lukwaja Selemani, bikamuviramo gupfa.
Kuri uyu wa Gatanu kuri Kigali Pele Stadium saa moya z’ijoro ikipe ya Gasogi United irakira Rayon Sports mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024.
Mu ijambo Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yagejeje ku basore n’inkumi ba RDF ubwo basozaga imyitozo ihambaye yo kumasha, yavuze ko RDF itabereyeho gushoza intambara, ahubwo ibereyeho kwirinda no kurinda amahoro hano iwacu n’ahandi hose ijya.
Urubyiruko rwarangije kaminuza mu by’ubuhinzi no kongerera agaciro ibibukomokaho ndetse rukaba ubu ruri mu buhinzi, ruvuga ko rwiteze umusaruro utubutse ku bihingwa byahinduriwe uturemangingo (GMO), mu gihe bizaba byemewe gukoreshwa mu Rwanda, bityo n’ikibazo cy’inzara kikagenda nka nyomberi.
Ambasaderi mushya wa Leta ya Isiraheri (Israel) mu Rwanda, Einat Weiss, ku Gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 17 Kanama 2023, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, yunamira inzirakarengane ziharuhukiye ndetse anahashyira indabo.
Umunyarwandakazi Sherrie Silver ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, wamamaye kubera kugira inzozi ngari kandi zikaza kuba impamo, avuga ko afite izindi nzozi zo gutangiza ikigo giteza imbere impano zitandukanye mu Rwanda, kandi akazabikora mu gihe kitageze ku myaka 10.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 17 Kanama 2023 yakurikiye imyitozo yo kumasha y’Ingabo z’u Rwanda.
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’abakozi bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (REWU), Mutsindashyaka Andre’, avuga ko abakozi bose bakwiye guhabwa amasezerano y’akazi kandi bakanateganyirizwa kugira ngo ejo batazaba umusaraba kuri Leta.
Musenyeri Célestin Hakizimana, umushumba wa diyosezi gatolika ya Gikongoro, arahamagarira abakirisitu bose kwigomwa bagatanga amafaranga yo kugura ahazubakwa Kiliziya nini y’i Kibeho.
Komisiyo y’amatora yo muri Senegal yatangaje ko yakuye ku rutonde umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta, Ousmane Sonko, rw’abaziyamamaza mu matora y’Umukuru w’igihugu ateganyijwe umwaka utaha wa 2024.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi tariki 16 Kanama 2023 yasohoye amabwiriza agenga gahunda ya girinka n’uko izashyirwa mubikorwa aho ibyiciro by’ubudehe bitazongera kugenderwaho, hakazajya hiturwa inyanay’amezi 9 kandi ifite ubwishingizi ikazaba yarakingiwe n’ikibagarira.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), irahamagarira abikorera bakora ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda), gushyira ibicuruzwa byabo ku rubuga rw’ikoranabuhanga Made in Rwanda, kubera ko ari bo ubwabo bagomba kubyishyiriraho.
Inzego z’umutekano zirimo Polisi n’urwego rw’UbugenzacyaIB mu Karere ka Muhanga, ziragira inama urubyiruko ngo rwirinde ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka nyinshi ku buzima bwarwo, zirimo no gufungwa kugeza ku gifungo cya burundu.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, arizeza abahinzi inguzanyo ihendutse bazajya bahabwa na Banki zisanzweho, batagombye gushyirirwaho iyabo yihariye.
Ubuyobozi mu Ntara y’Iburasirazuba bwatangaje ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe bumaze kwangiza imiyoboro y’amazi ifite agaciro kabarirwa muri miliyari imwe na miliyoni 800Rwf mu Karere ka Gatsibo honyine. Ubuyobozi buvuga ko bwafashe ingamba zo guhangana n’iki kibazo mu turere twose tw’iyi Ntara.
Umuhanzi w’icyamamare mu muziki wa Afurika, David Adedeji Adeleke uzwi nka Davido, yageze mu Rwanda aho aje mu gitaramo kizasoza Iserukiramuco rya ‘Giants of Africa Festival’.
Hashize iminsi itari mike Abanyarwanda batandukanye bibaza imyambarire ikwiye n’idakwiye aho abantu bamwe bakumiriwe bazira kwambara nabi ariko ntihasobanurwe imyambarire ikwiye n’idakwiye.
Ikipe ya Rayon Sports yabonye umutoza mushya wungirije, Mohamed Wade, ugiye gusimbura Rwaka Claude wajyanywe mu ikipe y’abagore.
Inteko Rusange ya Sena yemeje Mugabowagahunde Maurice ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla ku mwanya wa Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari Abasirikare na Dr. Mugenzi Patrice ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’Ikigo gishinzwe amakoperative mu Rwanda.
Abaturage batuye mu Kagari ka Makurizo ho mu Mudugudu wa Nyamugari mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavumbuye ibisasu byari bihishwe muri ako gace.
John Mirenge yashyikirije Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, H.H. Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda nka Ambasaderi mushya mu bihugu by’Abarabu.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball, ntiyahiriwe n’umunsi wa mbere w’Igikombe cy’Afurika CAVB NATIONS CHAMPIONSHIP 2023, nyuma yo gutsindwa na Kenya ameti 3 ku busa.
Urukiko rw’ibanze rwa Muhanga rwahamije Ndababonye Jean Pierre Alias Kazehe, icyaha cyo kwica bidaturutse ku bushake, abana 10 barohamye muri Nyabarongo mu Murenge wa Mushishiro.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 16 Kanama 2023, kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo, habereye inama yahuje ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, abamotari bawukoreramo, urwego ngenzuramikorere (RURA) na Polisi y’u Rwanda, baganira ku bibazo by’umutekano, isuku ndetse n’imikorere iboneye igomba kuranga abamotari.
Abantu 27 baguye mu mirwano yabereye i Tripoli muri Libya, mu gihe abandi 106 ari bo bakomeretse. Ni imirwano yatangiye nyuma y’uko Colonel Mahmoud Hamza, uyobora Brigade ya 444, atawe muri yombi bikozwe n’ingabo zihariye za Radaa ‘la Force al-Radaa’.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Kanama 2023, Ambasaderi Einat Weiss yashyikirije Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Biruta Vincent, impapuro zimwemerera guhagararira Israel mu Rwanda.
Nkurunziza Augustin uzwi kwizina rya Producer Papito, akaba umwe mu batunganya indirimbo mu Rwanda, yagaragaje ko abahanzi Nyarwanda kugira ngo batere imbere bagomba kwigira ku bo mu bindi bihugu.
Bruce Melodie, Knowless na Nel Ngabo begukanye ibihembo bya ‘East Africa Arts Entertainment Awards (EAEA)’, byatangiwe i Nairobi muri Kenya ku wa Mbere tariki 14 Kanama 2023.
Ikinyamakuru ‘Tuko’ cyandikirwa muri Kenya cyatangaje ko byari nk’igihu cy’agahinda cyabuditse ku Mudugudu umwe wo muri Kawunti ya Kilifi, ubwo imbaga y’abantu bari baje kwifatanya n’umuryango wapfushije abana bawo batanu bapfuye umunsi umwe bishwe n’ibihumyo.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yasabye amakoperative y’abatwara abantu n’ibintu ku igare ndetse n’ubuyobozi bwite bwa Leta gufasha abatwara abantu ku magare koroherezwa kwiga amategeko y’umuhanda.
Gen (Rtd) Romeo Dallaire wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, n’umwanditsi w’ibitabo, Ishmael Beah, basabye urubyiruko rw’Abanyarwanda gukoresha amahirwe yose bafite mu kugera ku iterambere ryose rishoboka.
Umunyarwenya ukomoka muri Uganda, Patrick Salvado Idringi uri no mu bafite izina rikomeye mu karere ka Afurika y’iburasirazuba, yavuze ko inzozi ahorana mu buzima ari uguhura na Perezida Paul Kagame.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye abaturage baturiye imirenge ya Rugerero, Kanama na Nyundo aharimo kwimurwa abaturage bari baturiye umugezi wa Sebeya kutabahenda ahubwo bakabafasha kubona aho kuba kuko bakeneye gufashwa aho guhendwa.
Mu Karere ka Kamonyi Umurenge wa Gacurabwenge Akagari ka Kigembe Umudugudu wa Buhoro, tariki 16 Kamena 2023 habereye impanuka y’imodoka ebyiri zagonganye abantu 5 barakomereka bikomeye, abandi 13 bakomereka byoroheje.
Nyuma y’iminsi abakunzi b’umuziki muri Tanzaniya bategereje kumenya gahunda y’iserukiramuco ngarukamwaka rya ‘Wasafi Festival’, Wasafi Media yasohoye urutinde rw’abahanzi bazaririmba muri iryo serukiramuco.
Ku wa 10 Kanama 2023, nibwo urukiko rw’ibanze rwa Kabarondo, rwemeje ko abagabo batatu Ubushinjacyaha bukurikiranyeho icyaha cyo kwica umwana w’umukobwa bamaze kumusambanya, bakurikiranwa bafunze.
Umuhanzi w’icyamamare Alpha Blondy, uvuka muri Côte d’Ivoire, akaba na Ambasaderi w’amahoro muri icyo gihugu yatanze ubutumwa mu buryo bwa videwo, asaba umuryango w’Ubukungu bw’ibihugu bya Afurika y’Uburengerazuba CEDEAO, kudashoza intambara ku gihugu cya Niger, anongeraho ko uwo muryango uramutse ubirenzeho waba ukoze ikosa (…)
Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefoni n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony J. Blinken, byibanze ku bibazo by’umutekano muke muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, yashoje Imurikagurisha(Expo) rya 26 ryari rimaze ibyumweru bibiri birenga ribera i Kigali, yemeza ko rizimurwa aho risanzwe ribera i Gikondo mu gihe kiri imbere.