Mu gihe abakunze kujya i Kibeho bahakura amazi yo ku Isoko ya Bikira Mariya, bavuga ko yagiye abakiza byinshi, hari n’abahakura ibumba bavuga ko baryifashisha iyo barwaye bagakira.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Kanama 2023, yakiriye Gen (Rtd) Roméo Dallaire, washinze Dallaire Institute for Children, Peace and Security uharanira kurwanya ikoreshwa ry’abana mu gisirikare, ndetse no kugarura amahoro n’umutekano.
Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ukinwa umuntu agenda bisanzwe, ugakinwa n’abakuze, igiye kwitabira Igikombe cy’Isi (World Nations Cup) kizabera mu Bwongereza, kikaba kizaba kibaye bwa mbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye kwegurira abikorera amavuriro mato (Postes de Santé) adakora neza, mu rwego rwo kuyashakira abakozi bashoboye kandi bavura abaturage buri munsi.
Leta y’u Rwanda yajyanye impunzi z’Abanyekongo 1,007 bari mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira, mu nkambi ya Kiziba iri mu Karere ka Karongi mu kugabanya ubucucike.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo-Rwanda, cyari cyatangaje ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Kanama 2023 hagati ya saa sita(12:00) na saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00) hateganyijwe imvura mu turere twose tw’Igihugu.
Muri gahunda yo kongera umusaruro hagendewe ku makuru y’iteganyagihe, abafite ubuhinzi n’ubworozi mu nshingano (abafashamyumvire) bo mu mirenge yose igize Akarere ka Burera, bashyikirijwe impano ya telefoni bagenewe n’Umukuru w’igihugu.
Umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida wa Madagascar witwa Romy Andrianarisoa ari kumwe n’Umufaransa witwa Philippe Tabuteau, yafatiwe mu Bwongereza akekwaho kuba yaratse ruswa kugira ngo atange ibyangombwa byo gucukura amabuye y’agaciro, aho bikekwa iyo ruswa yayatse itsinda rya sosiyete zo mu Bwongereza zicukura amabuye (…)
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangije ibiganiro by’iminsi ibiri byo kugenzura umusaruro watanzwe n’ubuyobozi bwa Gisirikare mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri kuva Gicurasi 2021.
Abaraperi bakomoka muri Afurika y’Epfo, Nasty C na Cassper Nyovest bagiye guhurira mu gitaramo cyiswe ‘Ferwaba All Star Game Concert’ kizabera muri BK Arena tariki 23 Nzeri 2023.
Mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze, hadutse ubujura budasanzwe, aho abajura bamara kwiba ibitoki bagatwara n’imitumba y’insina, aho ngo bayifata nk’imari ikomeye bagurisha aborozi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yasabye abikorera guhanga imirimo ishingiye ku ikoranabuhanga no gukora mu buryo budasanzwe hagamijwe gukemura ikibazo cy’ibura ry’imirimo.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yatangaje ko bifuza ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabera isomo amahanga n’Isi yose, mu gukumira ibindi byaha n’ubwicanyi bufite isura nk’iyayo, aho bushobora kuba.
Umunyarwandakazi Denyse Uwimana wapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi avuga ko nyuma yo kubura umugabo we n’abagize umuryango we yahuye n’igikomere gikomeye cyo kumva atakongera kuvugana n’abamwiciye n’abafitanye amasano nabo, ariko aza gukira icyo gikomere.
Mu bugenzuzi buri gukorwa n’intara y’Iburasirazuba mu bigendanye n’isuku bwasize ba gitifu 3 b’ibirenge ndetse n’abagitifu b’utugari gahagaritswe by’agateganyo kubera kutubahiriza neza inshingano z’akazi.
Itsinda ry’abaririmbyi bakora umuziki uhimbaza Imana, basusurukije abitabiriye igitaramo kibanziriza umunsi w‘Ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya uzwi nka Asomusiyo, wizihizwa buri tariki ya 15 Kanama mu myizerere Gatolika.
Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée avuga ko imibare igaragaza igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda cya 94% atayemera kubera ingengabitekerezo ya Jenoside ikigaragara haba mu bakuru no mu bana.
Masai Ujiri washinze umuryango Giants of Africa ufite intego yo guteza imbere impano z’urubyiruko rwa Afurika muri basketball, ni Umunyakanada ukomoka ku mubyeyi w’Umunyanigeriya Michael Ujiri n’Umunyakenyakazi Paula Grace, bombi bafite ubwenegihugu bw’U Bwongereza.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga, bakiriye Lt Gen (Rtd) Roméo Dallaire n’itsinda bari kumwe.
Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Kanama 2023, abakirisitu Gatolika baturutse mu bihugu bitandukanye ndetse no mu bice bitandukanye by’u Rwanda, bamaze kugera ku butaka butagatifu i Kibeho, kwizihiza umunsi mukuru w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya (Assumption).
Ihuriro Nyafurika riteza imbere Ubuhinzi (AGRA), ririzeza Guverinoma y’u Rwanda n’urubyiruko ruri mu buhinzi rugera ku bihumbi 132 rwiganjemo abagore bato n’abakobwa, igishoro kingana na Miliyoni 50 z’Amadolari ya Amerika, kuva muri 2023-2027 (asaga Miliyari 60Frw).
Abagore bacururiza imbuto n’imboga mu isoko ry’ibiribwa rya Musanze, babangamiwe n’ibihombo bakomeje guterwa n’amafaranga bakwa atajyanye n’inyungu bakura mu bucuruzi, abenshi bikaba bikomeje kubagiraho ingaruka zituma basezera ako kazi.
Imibare yatangajwe n’ubuyobozi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika, yerekana ko abamaze kwicwa n’inkongi z’umuriro zimaze iminsi zibasiye Hawaï ari 96. Ariko uwo mubare ngo ukaba ushobora kwiyongera, kuko igice gito ari cyo kimaze gukorerwamo ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abishwe n’inkongi.
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko ari mu gahinda ko kuba arera barumuna be babiri nyuma yo kubasigirwa na nyina akajya kwishakira undi mugabo akaba atanabamufasha kurera barumuna be.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara burasaba abafatanyabikorwa kurushaho kugira uruhare mu iterambere ry’abaturage bayobora, bahereye cyane cyane ku bakene bagomba guherekeza muri gahunda yo kwiteza imbere yiswe graduation.
Ubutegetsi bw’igisirikare buyoboye Niger muri iki gihe nyuma ya Coup d’Etat yabaye mu Kwezi gushize kwa Nyakanga 2023, bwatanze ibirego by’ibyaha Perezida Mohamed Bazoum ashinjwa nyuma y’amasaha makeya itsinda ry’abantu bari baturutse muri Nigeria ritangaje ko ubwo butegetsi buyoboye Niger, bwiteguye kuyoboka inzira ya (…)
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imyubakire (Rwanda Housing Authority - RHA) bwagize icyo buvuga ku mututu wabonetse mu mujyi wa Gisenyi uvuye mu Kirunga cya Nyiragongo muri Gisurasi 2021 watewe n’imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.
Umuhanzikazi Robyn Rihanna Fenty wamamaye mu muziki ku izina rya Rihanna n’umugabo we ASAP Rocky bibarutse umwana wabo wa kabiri (ubuheta) w’umukobwa.
Iyo urukundo ruje muri gahunda z’umuntu, ibindi byose bisa n’ibisubitswe akigira mu yindi si, ibitekerezo byose bigahita byimukira ku wo akunda, agahora yumva nta kindi ashaka kumva usibye amagambo meza amwerekeyeho cyangwa amuturutseho.
Si kenshi Abihayimana babiri baboneka mu rugo rumwe, ariko Umuryango wa Mutanoga Jean Berchmas na Sinayobye Anne Marie, bo muri Paruwasi ya Mukarange mu karere ka Kayonza, bari mu byishimo byo kuba barabyaye abapadiri babiri mu bana icyenda babyaye.
Kuri iki cyumweru taliki ya 13 Kanama ni bwo imikino ya shampiyona y’umwaka w’imikino muri basketball mu Rwanda yashyirwagaho akadomo mu mikino ya nyuma ku ngengabihe, aho REG BBC yegukanye intsinzi n’amanota 73 kuri 72 ya PATRIOTS BBC.
Igitabo cy’Amateka y’u Rwanda cyanditswe n’iyari Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu mwaka wa 2016, kivuga ko umugezi wa Nyabarongo wahoze unyura mu Majyaruguru werekeza muri Nili mbere y’iruka ry’ibirunga, mu myaka isaga ibihumbi 100 ishize.
Umuryango w’Abanyamulenge batuye hirya no hino ku Isi, wibutse ku nshuro ya 19 bene wabo biciwe mu nkambi ya Gatumba mu Gihugu cy’u Burundi, basaba Leta y’icyo Gihugu kubafasha kubona ubutabera kuko ababiciye bakidegembya.
Mu birori byo kwizihiza imyaka 20 Umuryango Giants of Africa umaze ushinzwe byabaye ku mugoroba tariki ya 13 Kanama 2023, Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko guteza imbere umugabane wa Afurika.
Umunyamuziki ukomoka muri Tanzania, Naseeb Abdul Juma Issack uzwi nka Diamond Platnumz, yishimiye gukabya inzozi yahoranaga zo guhura na Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki 13 Kanama 2023.
Abanyarwanda baturiye ibihugu bikikije u Rwanda bashakana n’abaturage babyo, bakunze kuvuga ko bagorwa no kubona ibyangombwa by’abo bashakanye.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 13 Kanama 2023, ubwo hatangizwaga iserukiramuco rya Giants Of Africa ndetse ryanahujwe no kwizihiza imyaka 20 uyu muryango umaze ushinzwe, Perezida Paul Kagame yibukije urubyiruko rwa Afurika ko bagomba kuba ibihangange, kandi ko kuba igihangange nta kindi bisaba usibye kubihitamo.
Mu Buyapani batangije uburyo bushya bwiswe ‘The Giraffenap’, aho umuntu asinzirira mu kintu kimeze nk’akazu gato gafunganye, agasinzira ahagaze mu masaha ya ku manywa, bikamufasha kuruhuka akagarura imbaraga zo gukora akazi ke neza.
Inzego z’umutekano muri Uganda zatangaje ko abantu batatu baguye mu mpanuka ya bisi y’ikompanyi itwara abagenzi ya Jaguar, yari ivuye mu Rwanda yerekeza muri icyo gihugu, igeze mu gace ka Kajumiro.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ildephonse Musafiri, arasaba abahinzi kwitegura neza igihembwe cy’ihinga cyo mu kwezi gutaha kwa cyenda, ntihagire aho basiga badahinze, kuko ubundi ari cyo gihembwe cyera imyaka myinshi.
Mu gihe ibikorwa by’iserukiramuco rya Giants of Africa birimbanyije hano mu Rwanda, ndetse hanizihizwa imyaka 20 umuryango wa Giants of Africa umaze ushizwe, kuri iki cyumweru mu mudugudu wa ‘Agahozo Shalom Youth Village’ mu Murenge wa Rubona, mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, hatashywe ibibuga 2 by’umukino wa (…)
Madamu Jeannette Kagame aratangaza ko uburere buboneye atari isomo wakwiga gusa mu mashuri, kuko ari ngombwa kuzirikana ibyiciro byose umwana anyuramo mu mikurire ye.
Aruna Majaliwa ntabwo yagaragaye mu mukino w’Igikombe kiruta ibindi 2023, Rayon Sports yatsinzemo APR FC 3-0 ku wa Gatandatu, kubera ko atari yabona ibyangombwa byuzuye.
Ntibisanzwe ko Umujyi wabaho utagira ikimoteri, ariko uwa Huye mu Majyepfo ngo ntacyo ufite bitewe n’urubyiruko rwishyize hamwe, rugakora ifumbire n’ibindi biva ku myanda yose iboneka muri uwo mujyi.
Ku wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2023, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa volleyball, yakinnye umukino wa mbere wa gicuti n’ikipe y’igihugu ya Maroc, mu rwego rwo gukomeza kwitegura imikino y’Afurika.