Ikipe y’igihugu y’u Rwanda isoje imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku mwanya wa nyuma, nyuma yo kunganya na Senegal i Huye
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 9 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yihanganishije abaturage ba Maroc bibasiwe n’umutingito, wahitanye benshi abandi barakomereka. Perezida Kagame yihanganishije Maroc ku bw’ibyago by’umutingito iki gihugu cyahuye na byo, aho yagize ati "Mu izina ry’Abanyarwanda bose, nifatanyije mu (…)
Muri Maroc, imibare y’abishwe n’umutingito waje ufite ubukana bwa 7, ikomeje kuzamuka, nk’uko bitangazwa na Guverinoma y’icyo gihugu, ivuga ko ubu hamaze gupfa abantu 1037, mu gihe abakomeretse bagera ku 1204, harimo 721 bakomeretse ku buryo bukomeye.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari 109 bo mu Karere ka Gicumbi, batangaza ko moto bahawe zizabafasha kunoza akazi kabo neza, umuturage agahabwa serivisi ku gihe.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo, yasezerewe na Algeria muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika, nyuma yo kuyitsinda amaseti 3-0.
Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bahawe ibihembo batsindiye muri Rwanda Gospel Star Live, nyuma y’umwaka n’igice babitegereje.
Abagore bo mu Karere ka Bugesera (ba Mutimawurugo), bakanguriwe gutinyuka bagakorana n’ibigo by’imari, kugira ngo babashe kwiteza imbere n’imiryango yabo.
Abanyamuryango ba Koperative itubura imbuto y’ibirayi yo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru (KAIMU), bavuga ko batumva impamvu babura imbuto y’ibirayi batubura nyamara harashyizweho uruhererekane rw’itubura.
Muri Maroc, umutingito wishe abantu bagera kuri 632 mu Ntara ya Al-Haouz, mu Majyepfo y’uburengerazuba bw’Umujyi w’ubukerarugendo wa Marrakech.
Umunyamerika witwa Greg Stone wahimbwe Mabuye, yahawe igikombe cy’ishimwe nyuma yo gufasha abagore barenga 5,000 guhindura imibereho, binyuze mu kuboha uduseke n’ibindi bikoresho.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’ishoramari, Investment Corporation of Dubai unakuriye ikigo cya Kerzner International, Mohammed Al Shaibani, baganira ku gushimangira ubufatanye hagati y’iki kigo n’Igihugu cy’u Rwanda.
Muri gahunda y’igihembwe cy’umuryango aho bagaruka ku bibazo abawugize bahura nabyo, itorero ry’ivugabutumwa n’isanamitima mu Rwanda/ Evangelical Restoration Church-ERC Gikondo, ryashyize imbaraga zihariye mu rubyiruko, kubera ibihe bikomeye rurimo kunyuramo.
Abantu batatu nibo bamenyekanye ko bakubiswe n’inkuba mu Ntara y’Iburengerazuba, harimo umukobwa w’imyaka 16 mu Karere ka Nyamasheke n’abandi babiri mu Karere ka Rutsiro ku mugoroba tariki 8 Nzeri 2023.
Hari abatarumva ko umuntu ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije na we ashobora gukenera serivisi z’ubuzima bw’imyororokere, ntibumve ko na we ari umuntu nk’abandi, akeneye kugira umuryango, akeneye kuba yatera inda, akeneye kuba yatwita, akabyara umwana.
Ku wa 8 Nzeri 2023, ikipe ya APR BBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball 2023, nyuma yo gutsindira REG BBC umukino wa kane wa kamarampaka muri BK Arena.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda cyatangarije Abaturarwanda bose ko guhera mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Nzeri 2023, hateganyijwe imvura nyinshi cyane cyane mu bice bimwe by’Igihugu.
Ku wa Gatanu tariki 8 Nzeri 2023, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Kiyovu Sports 3-0 ku mukino wa nyuma w’Irushanwa rya RNIT Savings Cup, ryasorejwe kuri Kigali Pelé Stadium inakuraho imyaka ine yari imaze itayitsinda.
Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yasabye abaturage b’igihugu cya Uganda kujya bagenzura ibyangombwa by’abantu batandukanye bahuriye ahantu hari abantu benshi haba mu nsengero, mu mahoteri, mu masoko no muri za Bisi zitwara abagenzi ndetse no mu bindi birori bitandukanye bihuza abantu benshi kugira ngo bagenzure (…)
Abantu bakunze kugira ikibazo cy’igogora, n’ubwo hari igihe bidafatwa nk’uburwayi, ariko usanga abagifite bibatera kumva bagugaye ndetse ntibabashe no kubahiriza ingengabihe yo gufata amafunguro mu buryo bukwiriye.
Gukomannya ibirahuri, amacupa, ibikombe, cyangwa inkongoro mbere yo gusangira icyo kunywa, ni ibintu bihuriweho na benshi mu mico itandukanye, kandi ugasanga igisobanuro rusange nta kindi usibye kuba ari ikimenyetso cyo kwishimirana hagati y’abagiye gusangira.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo, yabonye itike yo gukina imikino ya ¼ cy’irangiza nyuma yo gutsinda Tanzania amaseti 3-1, mu mukino wa 1/8.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, Niyobuhungiro Obed, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Nzeri 2023 yasezeye ku mirimo ye yo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge ku mpamvu ze bwite.
Mu gihugu cya Mali ibitero by’ibyihebe byahitanye abantu 64 barimo abasivili 49 n’abasirikare 15.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko imibiri 12 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabonetse mu bitaro bya Kabgayi, inyuma y’inyubako bavuriragamo inkomere zoroheje.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yatangaje ko igiye gusubukura gahunda yo gutanga za mudasobwa zigendanwa ku banyeshuri.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko kujya gukina n’ikipe ya Al Hilal Benghazi mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup bizatwara arenga Miliyoni 70 Frw. Ibi byatangajwe na Perezida w’iyi kipe, Uwayezu Jean Fidèle, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru aho yavuze ko urugendo barwiteguye neza.
Ibikorwa by’isanamitima mu Karere ka Rubavu byafashije abari bafite agahinda kadashira babasha kubohoka ndetse bashobora kubabarira ababahemukiye kugera aho bamwe bashyingiranye n’ababahemukiye.
Ikigo gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA), kivuga ko umwuka mu Rwanda urimo guhumana, biturutse ahanini ku bwikorezi bukoresha ibikomoka kuri peteroli hamwe no gucana inkwi n’amakara, mu gihe abantu bategura amafunguro.
Umuraperi Hakizimana Amani uzwi nka AmaG The Black, ageze mu Karere ka Musanze amurika Album ye nshya yise Ibishingwe. Ni Album agiye kumurika ku nshuro ya kabiri, akaba avuga ko kwinjira biba ari ubuntu.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), kiraburira abatita ku isuku yo mu kanwa ko bafite ibyago bikomeye byo kwibasirwa n’indwara zitandura, zirimo iyo gucukuka kw’amenyo, bikanatera diyabete.
Perezida wa IBUKA mu Murenge wa Nyakabanda, Usanase Uwase Yvonne, yatangaje ko bakomeje kugorwa no kutamenya aho ababo bishwe muri Jenoside bajugunywe ngo babashyingure mu cyubahiro, dore ko n’ababikoze badatanga amakuru ngo bashakishwe.
Ku wa Kane tariki 7 Nzeri 2023, ni bwo hatangajwe urutonde rw’abahanzi bagezweho mu Rwanda bazifashishwa mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, bigarutse nyuma y’imyaka itatu bidakorwa imbonankubone.
Abakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye Ihuriro nyafurika ku ruhererekane rw’ibiribwa (AGRF), ririmo kubera mu gihugu cya Tanzania, biyemeje gukomeza kubaka ubushobozi bw’urubyiruko hamwe n’abagore no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, hagamijwe kongera umusaruro w’ubuhinzi no gufasha umugabane wa Afurika kwihaza mu biribwa.
Ku wa Kane tariki 7 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye Dr. Armen Orujyan, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga cyo muri Armenia (FAST).
General Kabarebe wavuze mu izina rya bagenzi be, ashimira Perezida wa Repubulika Paul Kagame babanye kuva urugamba rwo kubohora Igihugu rutangijwe kugeza magingo aya. Avuga ko uko Igisirikare cy’u Rwanda cyubakitse, bitanga icyizere ko mu myaka 100 iri imbere umutekano w’u Rwanda uzaba uhagaze neza, kuko ubu rufite (…)
Ibagiro rya Kijyambere rya Gakenke riri mu mabagiro akomeye abarizwa mu Rwanda. Abarikoreramo bakomeje guhura n’ikibazo cy’uko umubare w’inka zihabagirwa ukiri muto bagereranyije n’ubushobozi bwaryo.
Urukiko rwo muri Nigeria rwemeje ko Bola Tinubu ari we Perezida watsinze amatora muri icyo gihugu, yabaye mu mpera za Gashyantare uyu mwaka wa 2023, nubwo abo bari bahanganye mu matora bari batanze ikirego bavuga ko ibyayavuyemo byateshwa agaciro, kuko bitanyuze mu mucyo.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi) yageze mu Karere ka Gisagara kuri uyu wa Kane tariki 07 Nzeri 2023 aho igiye gucumbika ikomeza kwitegura umukino uzayihuza na Senegal.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buranenga urubyiruko rudashaka kwitabira umurimo ahubwo rukararikira iby’abandi bakoze, rimwe na rimwe bikarukururira mu ngeso mbi z’ubujura n’indi myitwarire mibi.
Hari abantu bakunze kugira ububabare mu ngingo yaba mu mavi, mu nkokora, mu ruti rw’umugongo, mu mayunguyungu, mu ntugu, mu bugombambari, mu bujana n’ahandi bitewe ahanini n’indwara ya ‘arthrose’ ikunze kwibasira ingingo, ikangiza akantu kaba hagati y’amagufa y’ingingo, kayarinda gukoranaho ‘cartilage’.
Akarere ka Burera kiyemeje kwita ku gihingwa cy’ibigori nk’icyera cyane muri ako karere, aho mu gihembwe cy’ihinga 2024A, bagiye kubihinga ku butaka buhuje bungana na hegitari 15,200.
Abibumbiye muri Nyanza Investment Group Ltd (NIG) bashyizeho uruganda rukora imyenda y’ubwoko butandukanye rukorera i Nyanza, rukaba rumaze guha akazi abiganjemo urubyiruko 70.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma, buratangaza ko muri Mutarama 2024, abaturage b’Umurenge wa Karembo bagorwaga no kubona serivisi z’ubuvuzi hafi yabo, ko bazaba babonye ikigo nderabuzima kibegereye.
Muri Brazil, umugabo w’imyaka 71 yatangajwe ko yapfuye mu 1995, hashingiwe ku buhamya bw’uwahoze ari umugore we ndetse n’abatangabuhamya babiri. Yari amaze imyaka 28 y’ubuzima bwe, mu mategeko afatwa nk’uwapfuye, ariko akishimira ko byakemutse ubu abarwa mu bazima.
Giverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abakirisitu Gatolika gukomeza kubahiriza gahunda za Leta, zirimo no gukomera ku bumwe bw’Abanyarwanda kugira ngo babashe gukorera hamwe, kandi babone umusaruro unogeye Igihugu muri rusange.
Umukuru w’Umudugudu wa Umuremampango, Akagari ka Cyarubare, Umurenge wa Kabare, Mukakimenyi Florence, avuga ko nyuma yo gukemura ikibazo cy’ubujura bwa kumanywa ubu basigaje icy’abagore banywa inzoga bagasinda.
Ku wa 6 Nzeri 2023 muri BK Arena hakomeje imikino ya nyuma ya kamarampaka muri shampiyona ya Baskeball aho APR BBC mu bagabo yatsinze REG BBC uwa gatatu mu gihe REG WBBC mu bagore yatangiye itsinda APR WBBC.