Abasirikare bafashe ubutegetsi muri Niger batangaje ko badashobora kwakira intumwa za CEDEAO kubera ko batemera ibyifuzo by’izo ntumwa byo gusubiza ubutegetsi Perezida Bazoum.
Uhagarariye amwe mu mashami y’Umuryango w’Abibumbye ‘UN’ muri Niger Louise Aubin, yatangaje ko ibihano byafatiwe Niger nyuma ya Coup d’Etat iherutse kuba muri icyo gihugu, bikomeza kongera umubare w’abakeneye ubufasha bw’ibiribwa n’imiti.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Lt Gen Mubarakh Muganga ari muruzinduko rw’akazi rugamije gutsura umubano mu bya gisirikare mu bwami bwa Yorudaniya.
Muri Kenya, Umupolisi wakoreraga muri Kawunti ya Nakuru yarashe umuyobozi we isasu aramwica, mu buryo buteye urujijo, bituma hahita hatangizwa iperereza nk’uko byatangajwe na Komanda wa Polisi muri Nakuru Samuel Ndanyi.
Ku mugoroba wo ku itariki 08 Kanama 2023, nibwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo risinywe mu izina rya Parezida Paul Kagame, ryirukana mu mirimo abayobozi batandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru, barimo abayobozi batatu b’uturere.
Mu gihe ishuri rikuru PIASS ryitegura gushyiraho ishami ryigisha ibyo kurengera ibidukikije no kugena inyubako (architecture), ryamaze gushyiraho laboratwari izajya ipima ubutaka, amazi n’ibiribwa.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba inzego zose gufatanya kugira ngo bahangane n’ikibazo cy’abatwika amashyamba kuko iki kibazo gihangayikishije.
Ibiganiro hagati ya Perezida William Ruto n’umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Raila Odinga byatangiye kuri uyu wa 9 Nzeri 2023 ngo haganirwe ku bibazo by’imibereho ihenze muri Kenya ituruka ku itumbagira ry’ibiciro ku masoko n’ibibazo byakurikiye imigendekere y’amatora itaravuzweho rumwe n’abadashyigikiye Perezida (…)
Kompanyi ishinzwe kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo ivuga ko hatabayeho ibibazo bya tekiniki, rwatangira gutanga umuriro muri uku kwezi kwa Kanama 2023.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera bagaragaje ko korora amatungo magufi, cyane cyane inkoko no guhinga imboga mu turima tw’igikoni bishobora kuba igisubizo kirambye, muri gahunda yo kurwanya igwingira n’imirire mibi.
Umuhanzi Ngabo Medard Jorbet umenyerewe nka Meddy, ni we muhanzi wenyine ukomoka mu Rwanda uhatanye mu bihembo bya All Africa Muzik Magazine (AFRIMMA 2023), bigiye gutangwa ku nshuro ya cumi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yatangaje ko mu igenzura abayobozi bamaze iminsi bakora mu Ntara y’Amajyaruguru basanze abayobozi birukanywe batarigeze buzuza inshingano zabo uko bikwiye, kuko ibikorwa bya buri munsi abaturage bakora byubakiye ku irondabwoko n’ivangura, kandi abayobozi bagombye (…)
Mu gihe ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) ryizihiza isabukuru y’imyaka 53 rimaze rivutse, hari abarirangijemo vuba bavuga ko babangamirwa n’uburambe basabwa iyo bagiye gusaba akazi, nyamara baba barakoze imenyerezamwuga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (RISA), kigiye gutangiza uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kubika amakuru ajyanye n’irangamimerere ryo kuva u Rwanda rwabona ubwigenge, ndetse n’andi yose yari akibitse mu nyandiko ziri mu mirenge yo hirya no hino mu Rwanda. Ni umushinga witezweho (…)
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, ku wa Kabiri tariki ya 8 Kamena 2023 nibwo yasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda.
Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko nyuma y’isesengura rimaze gukorwa rikagaragaza ko bamwe mu bayobozi batashoboye kuzuza inshingano zabo, harimo cyane cyane gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda nka rimwe mu mahame remezo Leta y’u Rwanda yiyemeje kugenderaho, kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Kanama 2023, (…)
Ku wa 5 Kanama 2023, ubwo Mukura VS yizihizaga imyaka 60 imaze ibayeho, umunyezamu wayo Ssebwato Nicholas yongeye kwerekana ko ari umwe mu beza akuramo penaliti ya rutahizamu wa APR FC.
U Rwanda rugiye kwakira ku nshuro ya mbere inama mpuzamahanga yiswe ‘Africa Smart Cities Investment Summit’, izabera i Kigali ku itariki 6-8 Nzeri 2023, ikazaba igamije kureba uburyo hakubakwa imijyi ibereye Abaturarwanda n’Abanyafurika muri rusange.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 19 yanyagiye igihugu cya Nouvelle Zélande, iba intsinzi ya kabiri mu gikombe cy’isi
Mu birori byo gutanga impamyabumyenyi ku banyeshuri 75 barangije mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi butangiza ibidukikije (RICA), riri mu Karere ka Bugesera, byabaye kuri uyu wa kabiri tariki 8 Kanama 2023, Perezida Paul Kagame yasabye abanyeshuri biga muri iri shuri, guharanira gukemura bimwe mu bibazo bikigaragara ku (…)
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko kuba igihingwa cy’ibigori gisigaye ari kimwe mu bihingwa by’ibanze, Leta y’u Rwanda igiye kuziba icyuho cya toni zirenga ibihumbi 200 zigiye gutumizwa mu mahanga.
Abadepite bo mu Nteko ishimategeko y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, EALA, bavuga ko bagiye gukora ubuvugizi bwongerera igihe cyo kumara mu Gihugu kitari icye ku abaturage ba Tanzaniya baje mu Rwanda cyangwa abanyarwanda bagiye Tanzaniya kikaba cyamara icyumweru aho kuba amasaha 24.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko kongera ubuso buhingwaho ku butaka bwagenewe ubworozi bukava kuri 30% bikagera kuri 70% bizongera umusaruro w’ubuhinzi ndetse n’umukamo w’amata kuko inka zizabona ibyo zirya byinshi.
Abantu batatu bapfuye ubwo indege ebyiri zo mu bwoko bwa kajugujugu zagonganaga ziri mu gikorwa cyo kuzimya inkongi y’umuriro mu Majyepfo ya Leta ya California nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru cya CNN.
Sena y’u Rwanda yemeje ko CG Dan Munyuza, Michel Sebera na Kazimbaya Shakilla Umutoni bajya guhagararira u Rwanda mu bihugu by’amahanga nka ba Ambasaderi, nyuma yo kubisabirwa n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 02 Kanama 2023.
Perezida Faustin-Archange Touadéra, yatowe bwa mbere mu 2016, yongera gutorwa mu 2020, ubu yemerewe kuzongera kwiyamamariza manda ya gatatu mu 2025, kuko itegeko nshinga rishya rikuraho umubare wa za manda zemewe k’Umukuru w’igihugu.
Ndababonye Jean Pierre bakunze kwita Nyakazehe, ukurikiranweho icyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, yasabiwe gufungwa imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni ebyiri.
Umuhanzi nyarwanda, Yvan Buravan, ugiye kuzuza umwaka yitabye Imana, yateguriwe umugoroba wo kumwibuka ndetse n’ibyaranze ubuzima bwe.
Abayobozi b’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu by’Afurika y’Uburengerazuba (ECOWAS), batangaje ko bazongera bagahurira mu nama idasanzwe ku wa Kane tariki 10 Kanama 2023, bakiga ku kibazo cya Niger, nyuma y’uko igihe ntarengwa cyo kuba abakoze Coup d’Etat basubije ubutegetsi mu maboko ya Perezida Mohamed Bazoum cyarangije ku (…)
Abahanzi batandukanye b’ibihangage ku mugabane wa Afurika biyemeje kunagura zimwe mu ndirimbo za Bob Marley zigize album yiswe ‘Africa Unite’ ikubiyemo indirimbo 10 z’uyu mugabo wamamaye mu jyana ya Reggae.
Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwagerageje kwikemurira uruhuri rw’ibibazo rwari rufite mu buryo bwose bwashobokaga, kandi ko ibyo ariko bizahora kabone nubwo hari ababifata ukundi.
Mu bakuru b’ibihugu 10 bato mu myaka kugeza ubu, uruta abandi ni Emmanuel Macron w’u Bufaransa ku myaka 46, umuto ni Ibrahim Traoré wa Burkina Faso ku myaka 35.
Umuyobozi w’akarere Gisagara wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habineza Jean Paul yatangarije Kigali Today ko abantu 74 bose bajyanywe mu bitaro kubera Ikigage banyoye bikekwako ko cywnganye isuku nkeya.
Umunya-Espagne Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi, kuri uyu wa 8 Kanama 2023 yasezeye ku mirimo ye.
Perezida Paul Kagame, yakiriye itsinda riyobowe n’Intumwa yihariye akaba n’Umujyanama mu Rukiko rw’i Bwami muri Saudi Arabia, Ahmed bin Abdulaziz Kattan, baganira ku kunoza ubufatanye.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bukuru bw’Ingabo za Leta zunze Zbumwe za Amerika, zikorera ku mugabane wa Afurika (USAFRICOM) n’izo muri Leta ya Nebraska, zatangije ibikorwa by’iminsi itanu byo kuvura abaturage mu Karere ka Bugesera.
Ku wa Mbere tariki 7 Kanama 2023, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko Kalisa Adolphe Camarade ari we Munyamabanga Mukuru waryo.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 7 Kanama 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije isanga ikwiye kubaza Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, uburyo Minisiteri ayobora (MININFRA) iteganya korohereza abashoramari mu bikorwa byo kubaka amacumbi aciriritse.
Inzego z’umutekano mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, zataye muri yombi umunyamahanga witwa Rosemary Niziima uturuka mu gihugu cya Uganda washakanye n’Umunyarwanda, akaba akekwaho gutwika abana be n’amazi ashyushye.
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko yagize kubatekerezaho mu buryo bwihariye.
Abarimu ibihumbi 12 bagiye guhugurirwa gahunda ya Leta yiswe RwandaEQUIP (Rwanda Education Quality Improvement Program), igamije gushyira uburezi bw’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga, binyuze mu buryo bwo kwifashisha ikoranabuhanga mu kwigisha no kunoza imiyoborere y’ibigo by’amashuri.
U Rwanda na Madagascar kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Kanama 2023, byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi n’ishoramari, n’amasezerano y’ubufatanye hagati y’inzego z’abikorera.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 19 yabonye intsinzi ya mbere mu gikombe cy’isi itsinze Maroc
Abanyarwanda bane bitwaye neza mu marushanwa ya Ironman 70.3 yabereye ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, tariki 5 Kanama 2023, begukanye amahirwe yo kwitabira iryo rushanwa rizabera mu gihugu cya New Zealand.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda (FERWAKA) bwatangaje ko bugiye gushyiraho amarushanwa ya Karate ikinirwa ku mucanga mu gufasha kongera ubumenyi muri Karate ikinirwa mu Rwanda.