Manchester United imaze guca agahigo ko kwandika amazina y’abakinnyi nabi

Ubwo Manchester United yakinaga ikanatsindwa na Everton mu mukino wabaye ku wa mbere tariki 20/8/2012, abari ku kibuga batangajwe no kubona izina ry’umukinnyi Anderson ryanditse ku mwenda we ryanditse nabi.

Ubwo umunya-Brezil Anderson yari ahagaze iruhande rw’ikibuga agiye gusimbura, abantu babonye mu muhongo we handitseho ‘ANDESRON’ aho kuba ‘ANDERSON’.

Anderson agiye kwinjira izina rye ryari ryanditse nabi.
Anderson agiye kwinjira izina rye ryari ryanditse nabi.

Nubwo bitabujije umukinnyi gukina, Dailymail dukesha iyi nkuru, ivuga ko benshi bibajije uburyo ikipe ikomeye ikora ikosa nk’iryo mu gihe iba ifite abakozi bahagije buri wese mu rwego rwe, bashinzwe gukirikirana ibikorwa byose by’ikipe birimo gukora no kwandika ku myenda.

Ibi si ubwa mbere Manchester ibikora, kuko mu 1997 bakoze ikosa ryo kwandika izina rya David Beckham nabi, ubwo yakiniraga Manchester United mu mukino wa Community Shield yakinaga na Chelsea. Icyo gihe kumwenda we mu mugonga hari handitseho ‘Beckam’ bibagiwemo inyuguti ‘H’.

Beckham na we byigeze kumubaho.
Beckham na we byigeze kumubaho.

Manchester kandi yongeye gukora ikosa muri 2006, ubwo yandikaga izina ry’uwari umunyezamu wayo Tomasz Kuszczak bakandika ‘Zuszczak’. Icyo gihe byari mu mukino wa Carling Cup wahuje iyo kipe na Crewe.

Mu mwaka wa 2002 kandi uwari rutahizamu wa Manchester United ,Ole Gunnar Solskjaer, nawe yahuye n’ikibazo cyo kwandikirwa izina nabi ubwo bandikaga ku mwenda we ‘Solksjaer’.

Tomasz kuszczak na we byamubayeho.
Tomasz kuszczak na we byamubayeho.

Muri 2003 ubwo Manchester yakinaga na Real Madrid uwitwa John O’Shea yari yambaye umwenda wanditseho mu mugongo ’S’hea’ aho kuba O’shea.

Nubwo Manchester United igaragaza ko iza imbere mu gukora ayo makosa, si yo yonyine kuko na Sunderland yakoze ikosa ryo kwandika nabi izina rya James McClean bandika ’McLean’. Byari mu mukino Sunderland yakinaga na Arsenal ku wa gatandatu tariki 18/8/2012.

McClean nawe izina rya naryanditse nabi.
McClean nawe izina rya naryanditse nabi.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Namwe ndabona muzaca agahigo mu kwandika inkuru zirimo amakosa menshi y’imyandikire! iyi nkuru ifite amagambo macye ariko amakosa arimo ntiwabara! reba nawe ngo "McClean nawe izina rya naryanditse nabi"; " mu mugonga hari handitseho ‘Beckam’ bibagiwemo inyuguti ‘H’"; "mu muhongo we handitseho ‘ANDESRON’ aho kuba ‘ANDERSON’";... cyangwa mwashakaga kujyanisha n’inkuru!

D7 yanditse ku itariki ya: 23-08-2012  →  Musubize

namwe muhise munsetsa murimo guseka ama equipe namwe mbona muri bamwe, buriya se mwe ko mwanditse
umuhongo aho kwandika umugongo ariko ntimuyinyonge.

safado yanditse ku itariki ya: 22-08-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka