Umugabo witwa Munyensanga Philipe wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Kabeza, umurenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi amaze imyaka 39 arwaye indwara y’uruhu yanze gukira.
Abasenateri bashya batandatu barahiriye kuzuzuza inshingano bahawe, imbere y’Umukuru w’igihugu n’abandi bayobozi bakuru. Perezida Kagame yabasabye gukorana umurava n’ubwo inshingano bahawe ziremereye.
Perezida w’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame, kuri uyu wa kane tariki 11/10/2012, yakiriye aboherejwe guhagararira ubuholandi, Ubudage ndetse na Vatikani mu Rwanda.
Mu rwego rwo kongera umubare w’abakinnyi b’Abanyarwanda babigize umwuga, umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Milutin Micho, ngo ari hafi kohereza abakinnyi batatu ku mugabane w’Uburayi.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) hamwe n’ibigo by’ubwishingizi, kuri uyu kane tariki 11/10/2012, batangije uburyo abahinzi bazajya bishingana, kugirango ntibatinye gushora imari yabo mu buhinzi, bitewe n’ibiza bimaze igihe byibasira uduce dutandukanye tw’igihugu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwafashe ingamba zo guhagurukira santere ya Mugu, iherereye mu murenge wa Kagogo kubera forode iharangwa ndetse n’urugomo rwa hato na hato ruterwa b’ababa banyoye ibiyobyabwenge bihacuruzwa.
Hari amoko menshi y’inkweto ashyirwa ku rutonde rw’inkweto mbi kurusha izindi, ariko izo mu bwoko bwa “Scary Beautiful” zakozwe na Leanie Van Der Vyver na René Van Den Berg zishobora guca agahigo.
Hari abakirisitu batinya gukoresha agakingirizo ngo batarebwa nabi n’abayobozi b’amadini basengeramo ariko ntibibabuze gusambana. Uko kwanga ko hagira umuntu ubabona bagura agakingirizo bituma bamwe mu bayoboke b’amadini bakora imibonano mpuzabitsina idakingiye.
Urugaga rw’abikorera rurashishikariza abikorera bo mu ntara y’uburasirazuba kujya bagana ikigo mpuzamahanga cy’ubukemurampaka cya Kigali (KIAC) igihe bagize ibibazo by’impaka mu bucuruzi. Icyo kigo ngo gikemura ibibazo by’impaka z’ubucuruzi vuba kurusha uko byakemukira mu nkiko.
Kuri uyu munsi isi yose yizihiza umunsi wahariwe umwana w’umukobwa, rumwe mu rubyiruko rw’abakobwa ruri mu mashuri ruragaya bagenzi babo batagerageza gutera intambwe yo gushaka uko bakwiteza imbere, ahubwo bagategereza ko hari uwabibakorera.
Amabati 4020 n’imisumari ibiro 536 Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) yageneye abashejeshwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi byibasiye akarere ka Nyabihu muri uyu mwaka byagejejwe ku biro by’akarere.
Abagize akanama gashinzwe umutekano ku isi barahuye tariki 10/10/2012 bagamije kuganira uburyo ikibazo cy’intambara hagati ya Leta ya Congo na M23 cyabonerwa igisubizo binyuze mu biganiro.
Umushinga wihaye guteza imbere igihingwa cy’ikijumba ku isi hose (SASHA) watangiye igikorwa cyo guteza imbere iki gihingwa mu Rwanda, wigisha kandi unafasha abaturage kubibyaza umusaruro kuburyo buteye imbere.
Abaturage b’umurenge wa Rwabicuma wo mu karere ka Nyanza n’ubuyobozi bw’uwo murenge ntibavuga rumwe ku kibazo cy’abangiza ry’amateme atuma imwe mu mihanda ibahuza n’indi mirenge itaba nyabagendwa.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Milutin Micho, yizeye ko ikipe ye yiganjemo bakinnyi bakiri bato izitwara neza ikavana intsinzi mu mukino wa gicuti uzayihuza na Mamibia ku wa gatandatu tariki 13/10/2012 i Windhoek.
Abaturage bangirijwe imitungo yabo n’inyamaswa zituruka mu mapariki yo mu Rwanda baratangira kwishyurwa indishyi n’impozamarira bagenewe uyu munsi kuwa 11 Ukwakira, mu gikorwa kiri butangirizwe i Rwimbogo mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Namibia, Bernard Kaanjuka, aratangaza ko nta bwoba afitiye ikipe y’u Rwanda kuko ngo yizeye abakinnyi be bakina nk’ababigize umwuga ndetse ngo banahagaze neza muri iyi minsi.
Kuri iyi tariki 11/10/2012 turizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umwana w’umukobwa. Umufasha wa Perezida, Madamu Jeannette Kagame, yageneye abakobwa ubutumwa bwo kubibutsa agaciro bafite. Ubwo butumwa bugira buti:
Umuhango wo kwambika amakamba abanyeshuri barangije muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) muri uyu mwaka wa 2011-2012 uzaba mu byiciro mu gihe mu myaka yabanje byajyaga bikorerwa rimwe ku banyeshuri bose barangirije rimwe.
Urugereko rw’ubujurire rw’Urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda (MICT), tariki 05/10/2012, rwanze ubujurire bwa Lit Col. Pheneas Munyarugarama bwatambamiraga iyohereza ry’urubanza rwe mu Rwanda.
Inyeshyamba za FDLR zikomeje gushinjwa kwambura abaturage bo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu duce tw’ahitwa Miriki na Kimaka mu birometero 27 uvuye Kanyabayonga.
Abakobwa babiri batawe muri yombi na Polisi ikorera mu mujyi wa Kigali, umwe akekwaho kwica uruhinja yibarutse, undi akurikiranweho gukuramo inda y’amezi atanu; nk’uko Polisi y’igihugu ibitangaza.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 13/10/2012 no ku cyumweru tariki 14/10/2012, abahanzi nyarwanda bafite ibitaramo byo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund bikazabera muri uyu mujyi wa Kigali.
Abisabwe na Ambasade y’u Rwanda mu Bwongereza, umuhanzi Kitoko azaba ari mu Bwongereza tariki 13/10/2012 mu gitaramo cyo gushyigikira Agaciro Development Fund cyateguwe n’Abanyarwanda babayo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza mu karere ka Rulindo akunze gushishikariza ababyeyi kubahiriza uburenganzira bw’abana babo babatoza kuzavamo abantu b’ingirakamaro ariko muri ako karere haracyagaragara abana badahabwa agaciro n’ababyeyi babo.
Inzu umwami wa nyuma w’u Rwanda, Kigeli V Ndahindurwa, yabayemo iri ahitwa ku Bigega mu karere ka Nyanza irimo kuvugururwa kugira ngo ijyane n’uburyo bw’imyubakire igezweho ijyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Nyanza iherereyemo.
Inama y’abaminisitiri yateraniye tariki 10/10/2012 yemereye by’agateganyo ishuri rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic) gutangiza ishami ry’uburezi (Education), iry’ubucuruzi n’iterambere (Business and Development Studies), rikazajya ritanga impamyabumenyi y’ikiciro cya kabiri cya kaminuza.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 3 witwa Kamanzi Fredi itabye Imana agonzwe n’ikamyo mu murenge wa Rwibogo mu karere ka Rusizi ku gicamunsi cya tariki 10/10/2012.
Abikorera bo mu Karere ka Huye barushije abandi bo mu ntara y’Amajyepfo kwitwara neza mu kwesa imihigo bahize mu mezi atandatu ashize.
Inteko Ishingamategeko y’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi yavanye Ingabire Victoire na bagenzi be Deo Mushayidi na Bernard Ntaganda ku rutonde rwa nyuma rw’abakwiye guhabwa igihembo cyitwa "SAKHAROV PRIZE 2012".
Ingabire Emmanuel w’imyaka 28 ukomoka mu Murenge wa Matimba, Akarere ka Nyagatare arwariye mu Bitaro Bikuru bya Nemba nyuma yo kugirwa nabi na Havugimana Damascene yitayeho igihe yari arwariye i Nyagatare nta kirwaza afite.
Umuhanzi JayPolly ukora injyana ya Hip Hop akaba n’umwe mu ba raperi ba hano mu Rwanda bakunzwe cyane kurusha abandi, azanye igitaramo yitiriye imwe mundirimbo ze “Ndacyariho ndahumeka”.
Ikamyo ya rukururana yo mu bwoko bwa Benz-Actross yavaga i Kigali yerekeza i Rubavu yakoze impanuka kuri uyu wa gatatu tariki 10/10/2012 mu karere ka Gakenke maze amakesi 399 yari itwaye arameneka.
Ashingiye cyane cyane ku ngingo ya 82 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda, kuri uyu wa gatatau tariki 10/10/2012, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abasenateri bashya.
Abanyeshuri barindwi bo ku rwunge rw’amashuri rwa Bigutu ruri mu Murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke bahungabanye bikomeye bitewe n’inkuba yakubise inyubako z’iryo shuri mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 10 Ukwakira 2012.
Nyuma yaho inzego z’umutekano zikoreye umukwabo zigafata litiro zisaga igihumbi z’inzoga z’inkorano tariki 05/10/2012, abaturage bagiye kumena izi nzoga basangamo inzoka yo mu byoko bw’incira.
Mu cyumweru gitaha u Rwanda ruzifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara zo mu mutwe. Imibare igaragaza ko hakiri Abanyarwanda benshi babana n’uburwayi bwo kwiheba kandi buturutse ku mpamvu zitandukanye.
Icyegeranyo cyakozwe ku byangijwe n’imvura yaguye mu karere ka Karongi ku mugoroba wa tariki 08/10/2012 cyerekana ko hakenewe byibuze amabati 1087 n’amategura 4950 kugira ngo abaturage bafashwe kongera gusakara.
Ishyirahamwe rigamije kurwanya umubyibuho ukabije mu nyamaswa zo mu rugo ritanga ikigereranyo ko imbwa n’injangwe birenga kimwe cya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bishobora kuba bifite ibiro byinshi.
Umugore utatangajwe amazina kubera impamvu z’ibanga yatanze ikirego mu rukiko rwa Harare muri Zimbabwe asaba umucamanza Miriam Banda ko yategeka umugabo we akajya amukorera imibonano mpuzabitsina kuko ngo amaze amezi 6 ntacyo amumenyera mu buriri.
Ikibazo cy’ibura ry’ibirayi n’izamuka ry’igiciro cyabyo gishingiye ahanini ku mihindagurikire y’ikirere n’ibiza ndetse n’amasoko y’ababishaka yabaye menshi kuruta umusaruro uboneka.
Abaturage barasabwa kwirinda ibiyobyabwenge kuko bikurura umutekano muke ndetse bikagira n’ingaruka zirimo urugomo, ubusinzi, gusesagura umutungo wakagombye kuzamura ingo no kuwupfusha ubusa, indwara n’ibindi bitandukanye.
Nubwo Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni akomeje kwereka impande zombi ko imishyikirano ari yo nzira izabafasha gusohoka mu bibazo, ubuyobozi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo buravuga ko nta mishyikirano bazigera bagirana na M23.
Kuva ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge cyajyaho mu mwaka wa 2002, u Rwanda rwahise rutangira kwifatanya n’ibindi bihugu byo ku isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubuziranenge wizihizwa tariki 14 Ukwakira buri mwaka.
Umunyarwanda Disi Dieudonné yatsindiye umudari mu irushanwa Sedan-Charleville mu gihugu cy’u Bufaransa mu mukino wo gusiganwa ku maguru. Yahawe umudari yongererwaho igihembo cy’amayero 9000 na tike y’indege.
Umuhanga mu buzima bw’inyamaswa wo mu muryango wita ku nyamaswa w’i London mu Bwongereza (zoological society of London) Ben Collen yagaragaje ko 1/5 cy’ibinyabuzima bidafite urutirigongo kimerewe nabi ndetse bimwe biri hafi yo kuzima.
Uwahimbye filime yiswe "L’Innocence des musulmans", yabaye imbarutso y’akaduruvayo n’ubwicanyi mu bihubu by’Abarabu muri nzeri 2012, kuri uyu wa gatatu tariki 10/10/2012, aragezwa imbere y’urukiko i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu mwaka wa 2013, u Rwanda ruratenganya gutangiza kaminuza yihariye yo kwigisha abayobozi b’ibanze ibijyanye no kuyobora abaturage neza muri gahunda z’iterambere za guverinoma no kubagezaho serivisi zinoze.
Abaturage bakoreye sosiyete ENRD yacukuraga amabuye y’agaciro mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero, ikaza guhagarikwa kubera ko yacukuraga ku buryo bwangiza ibidukikije, barasaba ko ubuyobozi bwabishyuriza amafaranga batishyuwe.