Umusaza witwa Mushokezi Pascal utuye mu kagari ka Munyarwanda, umurenge wa Ngoma mu karere ka Rulindo arasaba ko yahabwa indangamuntu nk’abandi Banyarwanda ndetse akanubakirwa inzu ngo kuko bamusenyeye nyakatsi ntibamwubakire iyisimbura kandi bari babimwijeje.
Mu rwego rwo guteza imbere umuturage no kumufasha kwihangira imishinga iciriritse, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yashyizeho abajyanama b’ubucuruzi bakorera mu mirenge bazajya bafasha abaturage.
Harerimana Etienne w’imyaka 21 arakekwaho kwica nyina na mwishywa we mu rukerera rwo kuwa kabiri tariki 16/10/2012 ahagana saa saba z’ijoro mu kagari ka Karambi, umurenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi.
Nyuma y’iminsi mike Kigali Bus Services (KBS) ihagaritse ingendo zayo Kigali-Nyanza, imerewe nabi n’uwahoze ari umukozi wayo witwa Mwitende Eliot mbere wakoreraga Horizon nyuma ikamugura kugira ngo ayikorere.
Imirimo y’ibanze yo kubaka igice kinini cy’ubucuruzi mu Rwanda (Free Economic Trade zone) giherereye i Nyandungu, yararangiye ku buryo ab’inkwakuzi bashobora gutangira kuhafata ibibanza; nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa RDB.
Abacuruzi bo mu karere ka Burera bacuruza amashashi cyangwa bayakoresha bapfunyikamo ibicuruzwa barasabwa kubireka mu maguru mashya kuko abazafatwa bazahanwa by’intangarugero.
Mu muhango wo kwizihiza ku nshuro ya 15 umunsi w’umugore wo mu cyaro tariki 15/10/2012, uhagarariye inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Huye yatangaje ko muri ako karere nta mwana usigaye mu kigo cy’imfubyi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR) cyashyikirije kuwa mbere tariki 15/10/2012, imirenge 18 yo mu Karere ka Gakenke impano ya mudasobwa zizifashishwa mu gukusanya imibare no kuyishyingura hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyamenyesheje ko nubwo cyagize igitekerezo cyo guharika telefone zitujuje ubuziranenge (zitwa Inshinwa) igihe cyo kuzihagarika kitaragera, kuko kitarasobanura neza izo ari zo, ndetse no gutanga igihe gihagije cyo gukoresha izihari.
Abaforomo 36 Minisiteri y’Ubuzima yari yohereje kwiga mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeli 2012 basabwe gusubira iwabo huti huti, bagasigira imyanya abandi bazabasimbura mu cyumweru gitaha.
Ahagana saa munani z’ijoro rishyira uyu munsi tariki 16/10/2012, inzu y’ubucuruzi y’uwitwa Nsanzimfura Venant iherereye mu Kampara, umurenge wa Nkotsi akarere ka Musanze yafashwe n’inkongi y’umuriro maze ibyari birimo byose birakongoka hamwe n’igisenge cy’inzu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buragaragaza ko muri aka karere hakigaragara ikibazo cy’abaturage batari bake bakirarana n’amatungo.
Mu nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye kuwa mbere tariki 15/10/2012, u Rwanda rwagaragaje impungenge ku itinda ry’imanza za Wenceslas Munyeshyaka wari Padiri kuri Sainte Famille na Laurent Bucyibaruta waboraga Prefegitura ya Gikongo mu gihe cya Jenoside bamaze imyaka 18 bataraburanishwa n’ubutabera bw’u Bufaransa.
Mu nama rusange yahuje abacukuzi ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga, tariki 16/10/2012, hemejwe ko akarere kagiye gutangira gufatira ibihano bikakaye abacukuzi b’ibumba n’imicanga badatanga raporo z’ikikorere yabo.
Urukiko rukuru rwa Nyarugenge rwafashe icyemezo cyo kuburanisha urubanza abanyamakuru 11 bahoze bakorera Radiyo Contact FM bayirega kubambura, rushingiye ko uregwa ariwe muyobozi wayo Albert Rudatsimburwa yanze kwitaba nta mpamvu atanze.
Abanyeshuri bo mu ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda, Kabarondo B, bigishijwe uburyo bwiza bwo gukaraba intoki n’abakorerabushake b’ikigo cy’Abayapani gishinzwe umubano mpuzamahanga cya JICA.
Mu gihe inzererezi zirenga 40 zifatiwe mu murenge wa Kibungo tariki 13/10/2012 , umuyobozi w’ungirije w’akarere ka Ngoma ushinzwe imibereho myiza, Kirenga Providence, arizeza ko ikibazo cy’ubujura cyavugwaga muri uyu murenge kigiye kurangira.
Mu gihe Kibungo hari hazwiho kugira ibitoki byinshi bigura make ubu noneho byarahindutse kubera umuyaga mwinshi n’urubura byahaguye bigasiga byangirije urutoki.
Pélagie Ndacyayisenga ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yemerewe inguzanyo yo kugura moto ye bwite mu rwego rwo kumufasha kurushaho kwiteza imbere.
Imyitozo ya gisirikare izahuza abasirikare 1600 bo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba igiye kutangira mu Rwanda. Aba basirikari bazahugurwa mu bijyanye no kubungabunga amahoro, kurwanya iterabwoba, kurwanya ba rushimusi bo mu mazi ndetse no gukumira ibiza.
Mu gikorwa cyo kuremera abatishoboye, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu murenge wa Jarama mu karere ka Ngoma batanze ibikoresho bitandukanye bifite agaciro ka miliyoni 10, ibihumbi 48 n’amafaranga 300.
Raporo yashyizwe ahagaragara n’umwe mu bakozi b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ukurikirana urubanza rwa Pasiteri Uwinkindi igaragaza ko afite ikibazo cyo kwishyura abakozi bashobora gukora iperereza ku batangabuhamya akeneye mu rubanza.
Umugabo witwa Meilleur Ngerageze wari utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yitabye Imana tariki 14/10/2012 nyuma yo guhubuka ku kiraro akitura mu mugezi. Intandaro y’urupfu rwe ishobora kuba ari inzoga nyinshi yari yanyweye.
Umuryango w’abibumbye (UN) urashima ibikorwa bya polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo kubungabunga amahoro mu bihugu binyuranye nk’uko byatangwajwe n’uwunganira umunyamabanga mukuru wa UN mu bikorwa by’amahoro n’umutekano, madamu Mbaraga Gasarabwe.
Abapasitori 100 baturutse mu madini atandukanye yo mu bihugu byo mu biyaga bigari (Rwanda, Burundi na Congo) barakangurirwa kutitabira ibikorwa bibangamira politiki y’ibihugu; nk’uko bitangazwa na Emmanuel Rapold, umumisiyoneri uturutse mu Bufaransa.
Umusore witwa Niyibizi Bonaventure w’imyaka 26 y’amavuko ubu ni umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana nyuma yokuvuka akamara imyaka 22 atavuga.
Nyirambonigaba Annonciata utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera yashyikirijwe ishimwe riherekejwe na sheki y’amafaranga ibihumbi 200 kubera ko ari indashyikirwa mu kwiteza imbere ugereranyije n’abandi bagore bose bo mu cyaro mu karere ka Burera.
Kanzayire Laurence utuye mu murenge wa Ngoma mu karere ka Rulindo ntiyabashije kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro neza kuko umugabo we witwa Habarugira Nasoni yamubyukirije ku nkoni.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arakangurira abitandukanyije n’imitwe yitwara gisirikare ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo kumva ko gahunda za Leta nabo zibareba.
Umugabo witwa Safari Isaac wo mu kagari ka Cyambwe, umurenge wa Nasho mu karere ka Kirehe yitabye Imana tariki 14/10/2012, ahanutse hejuru y’urusengero rw’abadivantisite yubakaga.
Abasivire baturuka mu bihugu 10 bya Afurika, bateraniye i Nyakinama mu karere ka Musanze, kuva kuwa mbere tariki 15/10/2012, kugira ngo bige uko bafatanya n’inzego zishinzwe umutekano mu kuwubungabunga.
Umugore witwa Nizeyimana Odette wo mu karere ka Nyabihu yahawe amafaranga ibihumbi 200 na minisiteri y’umuryango nk’umugore wahize abandi mu kwihangira imirimo no gukora iby’abandi bagore batatinyutse gukora babyita imirimo y’abagabo.
Ishuli rya Saint Peter’s Secondary School “Igihozo” riri mu karere ka Nyanza n’irya Bismarck ryo mu mujyi wa Numberg mu Budage basinyanye, tariki 15/10/2012, amasezerano y’ubufatanye mu rwego rw’uburezi.
Abanyeshuri bo muri kaminuza ya Cophenagen Institute of Interaction Design mu gihugu cya Danmark bakoze ikoti ridasanzwe kuko rifite ubushobozi bwo kubika no gusukura amazi y’imvura yariguyeho.
Abanyeshuri b’abakobwa biga mu kigo G.S. Indangaburezi riherereye mu karere ka Ruhango, batewe n’ibyo bise amagini, mu ijoro rishyira tariki 15/10/2012, biniga abanyeshuri babiri abandi barahahamuka bikomeye bibaviramo kujya kwa muganga.
Abaturage bane bo mu karere ka Kicukiro, bazindukiye ku rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge (i Nyamirambo), kuri uyu wa mbere tariki 15/10/2012, kuburana amazu n’ubutaka bakuwemo ku ngufu na noteri w’akarere ka Kicukiro afatanyije n’umuhesha w’inkiko w’umwuga.
Nyirakanyana Francoise w’imyaka 36 yibarutse abana bane, mu ijoro rishyira tariki 15/10/2012, bose bakaba bameze neza gusa bari mu byuma byabugenewe kugira ngo babashe kuzuza ibiro bisabwa ngo bahabwe ababyeyi babo.
Abacururiza mu isoko rya Muhanga baratangaza ko bafite ikibazo cy’ibibanza bito bakoreramo kandi bakaba banasoreshwa amafaranga bavuga ko atajyanye n’ingano z’ibyo bibanza.
Ibikorwa byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro (uba tariki 15 Ukwakira) mu karere ka Nyabihu byaranzwe no gutera ibiti mu murenge wa Mukamira ahitwa Hesha ku nkengero z’umuhanda wa Kaburimbo Musanze-Rubavu.
Soko Salim w’imyaka 21 afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhima akurikiranyweho gushaka kwiba banki ya Ecobank ishami rya Biryogo, yitwaje imbunda y’igikinisho yakoresheje kugira ngo atere ubwoba umuyobozi wa Banki.
Ingabire Solange w’imyaka 26 ukora umwuga wo kudoda mu murenge wa Kagano wo mu karere ka Nyamasheke yiteje imbere ahereye ku mafaranga 2000 none nyuma y’imyaka 12 ageze ku asaga miliyoni.
Nubwo akarere ka Nyabihu kakunze kwibasirwa n’ibiza, abaturage bako bakomeje kwihesha agaciro. Kugeza ubu bamaze gutanga amafaranga miliyoni 224 ibihumbi 368 n’amafaranga 805 mu kigega Agaciro Development Fund.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwafashe ingamba zikomeye mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cya forode y’ifumbire mvaruganda gikunze kugaragara muri ako karere.
Rwabukwandi Orcella Marie Christelle w’imyaka 10 y’amavuko yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo koga mu Kivu mu karere ka Karongi tariki 14/10/2012.
Umuhanzikazi Uwitonze Clementine uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Tonzi, yateguye igitaramo kiri ku rwego rwa East Africa mu rwego rwo kumurika alubumu ye ya gatatu.
Ndayisaba Cedrik w’imyaka 26, utuye mu kagari Sasabirago, umurenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana acumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kigabiro akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuturanyi we.
Umubare munini w’abitabiriye amatora y’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage ( PSD) yabaye tariki 13/10/2012 mu karere ka Rutsiro bari urubyiruko, bituma n’abatorewe kuyobora ishyaka mu karere hafi ya bose ari abo mu cyiciro cy’urubyiruko.
Ikipe ya Kigali basketball Club (KBC) yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka ikomeje kwitwara neza muri shampiyona y’uyu mwaka, ikaba itaratsindwa na rimwe mu mikino ine imaze gukinwa.
U Rwanda rwanganyije na Namibia ubusa ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri Independence Stadium i Windhoek ku wa gatandatu tariki 13/10/2012.