Biteganyijwe ko Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bagera ku 3000 bateranira mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu gikorwa cyiswe Rwanda Day 2012 gitangira kuri uyu wa gatanu tariki 21/09/2012.
Abagore babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubavu, kuva tariki 19/09/2012 nyuma yo gufatanwa imisongo hafi ibihumbi 14 na 300 y’urumogi.
Umusore w’imyaka 17 w’Umushinwa witwa Wang wiga mu mashuri yisumbuye yagurishije impyiko ye imwe kugira ngo agure iPhone na iPad.
Itsinda ry’abasenyeri ba Kiriziya Gatorika bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bahuye n’abayobozi b’umutwe wa M23 tariki 19/09/2012 kugira ngo baganire ku ntambara ibera muri kivu y’Amajyaruguru.
Ndayambaje Samuel w’imyaka 25 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare yarashwe n’inzego z’umutekano za Tanzaniya zirinda pariki ubwo we na bagenzi be bari bavanyeyo ibiti by’imishikiri bakunze kwita Kabaruka bagurisha mu gihugu cya Uganda.
Rutahizamu w’umutaliyani ukinira ikipe ya Manchester City, Mario Balotelli, muri iyi minsi ntavuga rumwe n’umutoza we Roberto Mancini kubera imyitwarire mibi.
Nubwo Abanyarwanda bitabiriye imikino Olympique na Paralympique batashye ari nta mudari n’umwe begukanye, Minisitiri wa siporo n’Umuco Protais Mitali asanga baragerageje gukora ibyo basabwaga kuko bakinaga n’abahanga cyane kubarusha.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Karekezi Olivier yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Club Athlétique Bizertin yo mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Tunisia.
Imvura yaguye ku mugoroba wa tariki 19/09/2012 mu karere ka Rubavu yagurukanye ibisenge y’ibyumba by’amashuri bibiri ku ishuri rya Kabirizi mu murenga wa Rugereo hamwe n’ibyumba bitatu ku ishuri rya Rusamaza mu murenge wa Nyundo.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali asaba ababoha uduseke bo muri uwo mujyi kunoza uwo murimo bakora ukabahesha agaciro bikabongerera ubukire kuko agaseke nako gafite agaciro mu muco nyarwanda.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro amarushanwa y’imishinga ku bikorera mu turere kuri uyu wa kane tariki 20/09/2012, umuyobozi w’akarere ka Karongi yashimye urugaga rw’abikorera (PSF) kubera uruhare rukomeye rukomeje kugira mu guteza imbere abikorera muri Karongi.
Mukaniragire Soumaya arashinja abaforomo bo ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kumurangarana bigatuma umwana amupfira mu nda ubwo yajyagayo tariki 18/09/2012.
Abaturage bakoze umuhanda Batima-Nzangwa mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’ako karere kubishyuriza amafaranga rwiyemezamirimo yabambuye, nyuma y’aho ananiriwe kurangiza imirimo y’uwo muhanda ndetse bakaba baramuburiye irengero.
Abakozi batatu ba Groupe Scolaire de Kigali bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere mu karere ka Nyarugenge kuva tariki 17/09/2012 bakekwaho kwiba ibikoresho bitandukanye by’icyo kigo.
Umunyamerikakazi Valerie Spruill utuye muri Leta ya Ohio muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatunguwe no kumenya ko umugabo we witabye Imana muri 2004, amusigiye abana 3, yari se umubyara.
Akarere ka Ngororero gafatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo RAB barimo kubaka amakusanyirizo mu murenge wa Muhanda kugira ngo aborozi baho babone isoko ry’amata.
Abacamanza 30 basoje amahugurwa y’iminsi itatu ku kunoza akazi kabo mu bijyanye no guca imanza z’ubucuruzi n’amabanki, kuri uyu wa kane tariki 20/09/2012.
Umukinnyi wa film imaze iminsi iteza akaduruvayo mu bihugu bibamo Abayisilamu kubera gusebya Intumwa Muhammad, yasabye ko YouTube irekeraho kwerekana amashusho ye yafashwe muri iyo film.
Abacuruzi bo mu isoko ryo ku Murindi mu murenge wa Nasho mu karere ka Kirehe, kuwa kabiri tariki 17/09/2012, banze kurema isoko kubera babacaga amafaranga 6000 byo gukodesha aho bacururiza na 3000 by’umusoro.
Umusore witwa Habamenshi Jean de Dieu utuye mu mudugudu wa Arusha mu kagari ka Kankobwa mu murenge wa Mpanga, arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kugerageza kwiyahura akoresheje umuti w’inka ntiyapfa kuri uyu wa 19/09/2012.
Urubuga rwa Twitter rumaze gushyiriraho abarukoresha uburyo bwo gushyira ifoto yabo ku mwirondoro (profile) nk’uko bigenda kuri facebook, ibyo bita cover photo.
Uzamukosha Bellancila w’imyaka 54 wari utuye mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Nyamirambo, umurenge wa Karembo yitabye Imana yiyahuye tariki 18/09/2012. Uyu mugore yiyahuje umuti uterwa mu nyanya witwa “Kiyoda” awunyweye.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, yatangaje ko icyamamare mu njyana ya Hip Hop akaba n’umugabo wa Beyonce, Jay-Z, azi neza ubuzima bwe.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) bwajuririye urubanza rwa Nzabonimana Callixte wari Minisitiri w’urubyiruko n’urwa Capt. Ildephonse Nizeyimana wayoraga ishuri rya ESO rubasabira ko bahanwa n’ibyaha urukiko rwabagizeho abere.
Imvura ivanzemo n’umuyaga yaguye mu murenge wa Shangi mu ijoro rishyira tariki 20/09/2012 yangije amazu y’abaturage mu murenge wa Shangi, aje yiyongera ku zindi nyubako z’amashuri zangiritse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 19/09/2012.
Umuhanzi Jay Polly uherutse kugirana ibibazo n’abanyamakuru kubera amagambo asebanya yavugiye kuri Radio Flash FM nyuma y’uko yanditsweho inkuru y’uko yaba yarafunzwe, nawe yatanze ikirego muri Media High Council.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Gakenke, Musanabaganwa Francoise, atangaza ko abanyamuryango bamaze gukusanya amafaranga agera kuri miliyoni umunani yo kubaka inzu y’ubucuruzi na biro yo gukoreramo.
Ikigo cy’Ubwongereza gishinzwe ubutwererane mu muco (British Council) kigiye kongera ibikorwa byo gufasha Abanyarwanda gukoresha ururimi rw’icyongereza, kikaba cyafunguye ishami rihoraho mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 19/9/2012.
Igikorwa cyo gukura bana mu bigo by’imfubyi cyatangirijwe mu kigo cy’imfubyi cya Orphelinat Noel ku Nyundo mu karere ka Rubavu, tariki 19/09/2012, kandi iki gikorwa kizajyana no kubaka imiryango no kwita ku burenganzira bw’abwana.
Mu rwego rwo gukumira isuri imanuka ku misozi ikiroha mu migezi ikayangiza ndetse ikangiza aho iyo migezi yisuka by’umwihariko mu kiyaga cya Karago, kuri uyu wa 19/09/2012, mu karere ka Nyabihu hakozwe umuganda udasanzwe.
Dusabumuremyi Budensiyana watwitswe n’umugabo we amumennyeho amavuta ashyushye, arahamya ko adashobora kongera kubana na we, kuko ibyo yamukoreye ari ubunyamaswa.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka, buratangaza ko bamaze kugura abakinnyi bose bifuzaga, bakaba bakomeje gukaza imyitozo bitegura shampiyona izatangira ku wa gatandatu tariki 22/09/2012.
Kuva kuri uyu wagatanu tariki 21/09/2012 u Bufaransa buzafunga imiryango y’ambasade zayo mu bihugu 20 kubera imyigaragambyo yamagana amashusho atanejeje kuri Mohammed.
Mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 83 rumaze rushinzwe, guhera tariki 18 Nzeri, Urwunge rw’amashuri rw’indatwa n’inkesha (GSO Butare) rwafunguye imurika ry’igihe cy’icyumweru ku mateka yarwo.
Kapiteni wa Rayon Sport, Karim Nizigiyimana (Makenzi) yishimiye ko ikipe ye yimukiye i Nyanza ndetse ngo na bagenzi be bavuga ko aho bazatura n’imibereho yabo ngo ari nta mpungenge bibateye.
Mananiyonkuru w’imyaka 20 utuye mu murenge wa Cyeru mu karere ka Burera yakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 kubera gutunga no gucuruza ikiyobyabwenge cya kanyanga.
Icyamamare muri cinema Arnold Schwarzenegger umenyerewe ku izina rya ‘Commando’ akaba yarigeze no kuyobora Leta ya California muri USA, ngo yaba agiye kwirongorera umugore w’imyaka 20 y’amavuko.
Mu gihugu cy’u Bufaransa bashyize ahagaragara amazina ababyeyi bazita abana babo kurusha andi mu mwaka utaha wa 2013.
Umushakashatsi witwa Karen King wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko hagaragaye inyandiko yanditswe mu kinyejana cya kane igaragaza ko Yezu ashobora kuba yari atunze umugore.
Akarere ka Ngororero kiyemeje gufatanya n’abafatanyabikorwa ndetse n’abaturage mu gusana inkombe z’utugezi twose tunyura muri Gishwati ari nako twiroha mu mugezi wa Sebeya.
Lt Colonel Muhire Karasira wari wungirije umuyobozi w’umutwe w’ingabo wihariye wigenga ukorera muri pariki ya Kahozi yatashye mu Rwanda nyuma yo kubona ako abo bakorana bagambiriye ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bashaka gukorera Abanyarwanda.
Abacururiza mu isoko rya Nyabugogo bibumbiye muri koperative COCONYA-Berwa bakusanyije inkunga yo gutera ikigega Agaciro Development Fund, maze ku ikubitiro bahita batanga amafaranga agera kuri miliyoni 4,2 ariko biyemeza kuzageza kuri miliyoni 10.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yamaganye agahato kagaragara ku bayobozi b’inzego zinyuranye, batekerereza cyangwa bagahatira abo bayobora gutanga umusanzu w’ikigega Agaciro Development Fund (AgDF) kugira ngo bese imihigo.
Christopher Kule w’imyaka 10 wiga mu mwaka wa kane mu mashuri abanza ahitwa i Kasese muri Uganda yamenyekanye cyane ubwo hari hamaze kumenyekana ko Perezida Obama uyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamwandikiye akanamwoherereza ifoto ye bwite yashyizeho umukono we.
Uwimana Alexis ufite imyaka 32 yafatanywe udupfunyika tw’urumogi tugera kuri 2223, ubwo yari mu modoka iva mu karere ka Rubavu yerekeza mu mujyi wa Kigali tariki 18/09/2012.
Umugabo witwa Rudasingwa Jean Damascene afungiye kuri station ya polisi mu Kigabiro mu karere ka Rwamagana ashinjwa icyaha cyo gufunga umuntu nta burenganzira abifitiye.
Ngo kirazira ku batwitsi b’amatafari gutera akabariro igihe bakongeje itanura mu rwego rwo kwirinda ko ryapfuba. Kugira ngo hatagira uzabikora bigatuma amatafari apfuba, abatwitsi b’amatafari bose baguma hafi y’itanura buri wese acunga mugenzi we kugeza itanura rihiye.
Nzeyimana Zidan w’imyaka 12 na mushiki we Umuto Uwase w’imyaka 9 bakomoka mu karere ka Rusizi bafite indwara yo gucika ibisebe ku mubiri. Iyo ndwara ngo yabafashe kuva bagifite amezi icyenda.
Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi basuwe n’intumwa z’urwego rw’umuvunyi tariki 17/09/2012 bakemurirwa ibibazo by’akarengane na ruswa bari bafite.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) riratangaza ko ricyeneye nibura miliyoni 40 z’amadolari yo gufasha impunzi z’Abanyecongo ziri mu bihugu bya Uganda n’u Rwanda.