P-Square baje mu Rwanda mu ndege yabo bwite

Abahanzi Peter Okoye na Paul Okoye (P-Square) bo muri Nigeria baraye bageze mu Rwanda ku mugoroba wa tariki 13/12/2012, bakoresheje indege yabo bwite (private jet).

Ubwo bari bageze ku kibuga cy’indege i Kigali, Peter Okoye yanditse kuri Twitter ati “twageze i Kigali amahoro, mudufashe gushima Imana”.

Dore amafoto ya P-Square mu ndege yabo ubwo bari mu kirere barekeza i Kigali. Umunezero wari wose babara amafaranga.

P-Square baje mu Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 y’umuryango FPR-Inkotanyi. Igitaramo cyabo giteganyijwe ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 14/12/2012.

Iki gitaramo kirabera kuri sitade Amahoro mu mujyi wa Kigali guhera saa moya. Kwinjira ni ubuntu guhera saa cyanda.

Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

muri rusange abanyarwanda twishimye bishobotse byakorwa burimwaka mugatumira na bandi bahanzi mwatumiye abandi bahanzi kubu nani kombizi ko fpr kobyose izabitugezaho murakoze

nkubito alex yanditse ku itariki ya: 15-12-2012  →  Musubize

Twishimiye PS Quare mu Rwanda bazagaruke.

HARINDINTWARI J Jeannot yanditse ku itariki ya: 15-12-2012  →  Musubize

smile u’ve got p square!!!!!!!!!!!!!!

annie yanditse ku itariki ya: 14-12-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka