Turquie: Bamenye ko bari bibye ufite ubumuga, bamugarurira ibye

Abajura binjiye mu nzu y’uwitwa Emriye Celebi utuye i Istanbul mu gihugu cya Turquie bamwiba mudasobwa, kamera (camera) ndetse na apareye (appareil) ifotora, ariko aho bamenyeye ko bari bibye ufite ubumuga barabigarura ndetse basiga banamwandikiye.

Ibaruwa bamwandikikiye igira iti « turi abajura, ariko ntabwo turi ibiburabwenge. Tubabajwe n’uko twakwibye, ntabwo twari tuzi ko ufite ubumuga».

Ubwo yabwiraga abapolisi ko yibwe, Emriye ngo ntiyari yizeye ko azabona ibyo yibwe. Ariko ngo yatangajwe no gusanga mudasobwa ndetse na kamera ye imbere y’umuryango, mu gitondo, biherekejwe n’ibaruwa y’abari bamwibye.

Iyi nkuru dusoma kuri lepoint.fr inavuga ko nyir’ukwibwa yavuze ko apareye ifotora yo batayimugaruriye ariko akaba yizeye ko « na yo bazayimugarurira mu gihe kidatinze».

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ni abajura b’imfura kabisa! Nihagira abandi biba bajye banamuhaho duke two kwikenuza!

3333 yanditse ku itariki ya: 26-05-2014  →  Musubize

abajura bose bajye bamera uko

niyokwizerwa eric yanditse ku itariki ya: 15-05-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka