Rutsiro: Inkongi y’umuriro yangije ishyamba n’imirima y’inanasi

Imirima y’inanasi y’abaturage babiri n’agace gato k’ishyamba biherereye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro byibasiwe n’inkongi y’umuriro tariki 09/08/2014 mu ma saa tanu z’amanywa, bikaba bikekwa ko uwo muriro waturutse ku makara yatwikirwaga hepfo gato y’iyo mirima y’inanasi.

Iyo nkongi y’umuriro yadutse mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango, hamwe mu hahingwa inanasi cyane mu karere ka Rutsiro.
Bitewe n’uko abahatuye bahafite imirima myinshi y’inanasi, bakimara kubona umwotsi hejuru, abagera muri 200 bahise bahagoboka bawuzimya utaragira byinshi wangiza usibye inanasi zari zihinze ku buso bugera kuri hegitari imwe zahiye.

Umuriro wangije cyane inanasi zari zihinze ku buso bugera kuri hegitari.
Umuriro wangije cyane inanasi zari zihinze ku buso bugera kuri hegitari.

Inanasi zahiye ni iz’abaturage babiri, uwitwa Nyabyenda Boniface na Nyirabagwiza Clementine. Bavuga ko uwo muriro wabateje igihombo gikomeye kuko harimo izari zeze biteguraga gusarura. Ngo bazikuragamo n’amafaranga yo kubatungira imiryango, mituweli, ndetse n’ibindi bitandukanye bikenerwa mu muryango.

Umuturage witwa Nsengiyumva ni we waguze ibiti mu ishyamba riri hepfo gato y’inanasi zahiye abitwikamo amakara, ayo makara akaba ari na yo akekwaho kuba nyirabayazana w’iyo nkongi y’umuriro.

Umwe mu bafite inanasi zangiritse avuga ko iyo nkongi imuteje igihombo gikomeye.
Umwe mu bafite inanasi zangiritse avuga ko iyo nkongi imuteje igihombo gikomeye.

Twagirimana Mathias uyobora umudugudu wa Karugaju byabereyemo avuga ko uwo Nsengiyumva yatwitse amakara mu buryo butari buzwi n’ubuyobozi kuko ngo ashobora kuba yarumvikanye na nyiri ishyamba bakagura ibiti nyamara ubuyobozi butabizi, nta n’uburenganzira bwabahaye bwo kubitema no kubitwika, ibi bikaba bishobora kuba ari yo mpamvu hakimara gufatwa umuriro ngo wabaye mwinshi Nsengiyumva akananirwa kuwuzimya agahitamo gukizwa n’amaguru, nk’uko bamwe mu bari aho hafi babivuze.

Aya makara akekwaho kuba ari yo yabaye intandaro y'inkongi yangije agace gato k'ishyamba n'inanasi z'abaturage.
Aya makara akekwaho kuba ari yo yabaye intandaro y’inkongi yangije agace gato k’ishyamba n’inanasi z’abaturage.

Mu gihe Nsengiyumva agishakishwa ngo yisobanure kuri iyo nkongi y’umuriro akekwaho guteza, kimwe mu bisubizo bitekerezwaho n’ubuyobozi ni ugushakira imbuto y’inanasi abafite imirima yahiye, ndetse bakazanafashwa kuyitera binyuze mu muganda w’abaturage.

Malachie Hakizimana

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka