Perezida wa Repubulika ya Czech, Général Petr Pavel, uwa Madagascar, Andry Rajoelina na Lauriane Doumbouya, umugore wa Perezida wa Guinée, Gen Mamady Doumbouya, bageze i Kigali, aho baje kwifatanya n’Abanyarwanda mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwa Autisme mu Karere ka Muhanga, barishimira kwegerezwa ikigo kibitaho cyitwa ‘Oroshya Autisme’, kuko n’ubwo kimaze igihe gito gitangiye gukora, abo babyeyi batangiye kubona abana babo bahindura ubuzima ugereranyije na mbere.
Uwitwa Razaro Nkunzurwanda wo mu Mudugudu wa Rebero uherereye mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Kaduha mu Karere ka Nyamagabe, arimo gushakishwa n’inzego z’umutekano, akekwaho kuba yarishe umwana yabyaranye n’umugore utari uw’isezerano.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 05 Mata 2024 nibwo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryashyikirije u Rwanda icyemezo kigaragaza ko inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi zanditswe mu murage w’Isi wa UNESCO.
Abagize urwego rwa DASSO mu Karere ka Gakenke, tariki 04 Mata 2024, bazindukiye mu muganda wo gufasha imiryango y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye, aho batunganyije imirima yabo iri ku buso bungana na hegitari ebyiri.
Abatuye mu Midugudu ya Gatoki na Karambi iherereye mu Kagari ka Kaburemera mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, bibaza igihe ikibazo cy’amazi abasenyera avuye mu muhanda kizakemukira burundu, kuko ibyakozwe byose ntacyo byagezeho, bagasaba ko cyakwitabwaho kigakemuka.
Abaturage bo mu Tugari twose tw’Akarere ka Kamonyi barimo gusoza amarushanwa y’imikino y’umupira w’amaguru, agamije ubukangurambaga kwitegura kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, no kuzuza ibisabwa ngo bazabashe kwitabira amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024.
Mu Butaliyani, umukecuru w’imyaka 80 utari ufite abazungura bamukomokaho, yasigiye umunyamahanga umutungo we w’agaciro ka Miliyoni 5.4 z’Amadolari, bitera ikibazo abisengeneza, bari bizeye ko ari bo bazamuzungura.
Bamwe mu bakekwaho ubufatanyacyaha mu gutekera umutwe rumwe mu rubyiruko mu Ntara y’Iburasirazuba, bamaze gufatwa hakaba harimo gushakishwa uvugwa ko bakorera kuko yaburiwe irengero.
Hari abatuye n’abagenda mu mujyi wa Huye ndetse no mu nkengero zawo, bagaya umwanda babona mu bwiherero bwa hamwe na hamwe mu hahurira abantu benshi, usanga bavuga ko bidakwiranye n’umujyi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buributsa abaturage n’abayobozi kwirinda ibyatuma ubumwe n’ubudaheranwa butagerwaho, bikaba byatuma Abanyarwanda bongera kwishora mu bikorwa bibi byaranze u Rwanda mu bihe bitandukanye byanatumye habaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hakicwa abasaga Miliyoni mu minsi 100.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, avuga ko uruganda rutunganya amata y’ifu ruherereye mu Karere ka Nyagatare rwatangiye gukora mu mpera za Werurwe 2024, mu buryo bw’igererageza.
Perezida wa Senegal uherutse gutorwa Bassirou Diomaye Faye mu ijambo ryaciye kuri televiziyo ku mugoroba wo kuwa Gatatu yavuze ko guverinoma ye igiye gukora ubugenzuzi ku musaruro w’ibikomoka kuri peterori, gaze, no mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Nyuma yo kumara igihe kinini bahanganye n’imbogamizi zituruka ku kuba batagira isoko, abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke batangiye kwegeranya ubushobozi bw’amafaranga bazifashisha mu kwiyubakira isoko rya kijyambere rizuzura ritwaye miliyoni zisaga 800 z’amafaranga y’u Rwanda.
Imihanda y’u Rwanda niyo irimo gukoreshwa mu guhuza urujya n’urujya n’uruza hagati y’imijyi ya Goma, Bukavu na Bujumbura nyuma y’uko u Burundi bufunze imipaka iruhuza n’u Rwanda ndetse abarwanyi ba M23 bagafunga umuhanda uhuza umujyi wa Goma na Bukavu.
Urubyiruko rwiganjemo urw’abakorerabushake rwo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, rufatanyije n’ubuyobozi bw’uwo Murenge, tariki 03 Mata 2024 rwahawe amahugurwa agamije kubereka uko bakwagura ibitekerezo, bakirinda ibishuko, ahubwo bakita ku bibateza imbere bo ubwabo, bikanateza imbere Igihugu.
Koffi Olomide, umuhanzi w’Umunyekongo w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, ni umukandida mu matora y’Abasenateri, akaba avuga ko naramuka atowe, azateza imbere cyane cyane Intara akomokamo ya Sud-Ubangi.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byavuguruwe. Igiciro cya Lisansi cyashyizwe ku mafaranga 1,764 kuri Litiro kivuye ku mafaranga 1,637 kuri Litiro cyari cyashyizweho kuva mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka. Bivuze ko Lisansi yiyongereyeho Amafaranga 127 Frw kuri Litiro.
Ikipe ya Etincelles FC itsinze Rayon Sports ibitego 3-1 mu minota itanu, biyongerera amahirwe yo kutamanuka mu kiciro cya kabiri.
Umukinnyi witwa Manizabayo Etienne, wari umwe mu bakinira ikipe y’abato ya Benediction Club, yakoze impanuka ubwo yari kumwe n’abandi bakinnyi b’amakipe atandukanye y’umukino wo gutwara amagare, ahita ahasiga ubuzima bamwe mu bo bari kumwe barakomereka.
Muri Amerika, umurwayi wa mbere ku Isi watewemo impyiko y’ingurube yatashye iwe, nyuma yo gusezererwa n’ibitaro bya ‘Massachusetts General Hospital’, akaba atashye yari amaze ibyumweru hafi bibiri akorewe ubwo buvuzi.
Mu Kagari ka Sheli, Umurenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, haravugwa inkuru y’umusore wo mu kigero cy’imyaka 20 witwa Kwizera Saleh, wuriye ipoto y’amashanyarazi umuriro umufashe Polisi imutabara atarashiramo umwuka.
Lieutenant General Charles Kayonga wacyuye igihe mu ngabo z’igihugu ubu akaba ahagarariye u Rwanda muri Turkey, ni umwe mu basirikare b’ingabo zahoze ari iza RPA Inkotanyi zafashe iya mbere mu gutangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Bamwe mu rubyiruko ruhagarariye abandi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko gusura Urwibutso rwa Jenoside ndetse n’Ingoro y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside, bibongerera imbaraga mu bikorwa bigamije kubaka Igihugu.
Perezida Joe Biden w’Amerika, yatangaje abagize itsinda rizamuhagararira mu muhango wo gutangira icyunamo cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, uteganyijwe ku itariki 7 Mata 2024, iryo tsinda rikazaba riyobowe na William Jefferson Clinton, wabaye Perezida w’Amerika wa 42.
Bamwe mu bavuka mu Karere ka Huye ariko batahatuye, baratangaza ko bishimira uburyo umujyi w’aka Karere ukomeje gutera imbere.
Ikipe ya Patriots BBC yatsinze United Generation Basketball (UGB) amanota 81-78, bituma isoza imikino ibanza ya Shampiyona idatsinzwe.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko rumaze gufata no gufunga abatekamutwe ibihumbi 10 na 317 kuva mu mwaka wa 2018 kugeza ubu, bakorera ibigo 20 bishinjwa kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Umuhanzi w’Umunya-Nigeria, David Adedeji Adeleke, uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi nka Davido, uririmba mu njyana ya ‘Afrobeat’ ndetse umaze kwegukana ibihembo bya ‘Grammy Awards’ inshuro eshatu, yavuze ko agiye kurega abamwandtseho inkuru y’ikinyoma cy’uko yatawe muri yombi ari muri Kenya ku byaha bifitanye isano (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Kayitare Joseph, Mutajiri Kikara Innocent na Mazimpaka Bernard, bakaba bakurikiranyweho ibyaha birimo gutunga no gukoresha inyamaswa zo mu gasozi bifashishaga mu cyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Muri gahunda y’Ingabo na Polisi yiswe ‘Defence and Security Citizen Outreach Programme’, itsinda ry’abaganga riturutse mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe ryageze mu Karere ka Gakenke, aho bagiye kumara ibyumweru bibiri bavura abaturage indwara zitandukanye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu yemeje ko abaturage batuye ku butaka bwa Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) bagomba kubwimurwaho bagahabwa ingurane bagashaka ahandi batura.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Kiyovu Sports yanyagiriye Sunrise FC kuri Kigali Pelé Stadium ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa shampiyona, i Nyagatare hakomeza kwikanga icyiciro cya kabiri.
Perezida mushya wa Senegal Basirou Diomaye Faye ku mugoroba wo kuwa kabiri yagize Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko umwe mu b’ingenzi mu bataravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Macky Sall wacyuye igihe.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe guteza imbere uburezi, science n’umuco (UNESCO), Audrey Azoulay, ni umwe mu bayobozi bakuru bazifatanya n’u Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwa Autism, buterwa n’ikibazo umwana aba yaragize ku bwonko bigatuma agira imyitwarire idasanzwe, ntabashe kuvuga mu gihe abandi bana batangirira kuvuga n’ibindi bimenyetso, bavuga ko ibyo bituma kubavuza cyangwa amashuri yabo bihenda cyane ku buryo ababasha kubyigondera ari mbarwa, (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) igaragaza ko mu Rwanda ikiguzi kigenda ku mwana ku nkingo zose ateganyirijwe kuva akivuka, kirenga Amadolari y’Amerika 80 (asaga ibihumbi 100Frw), utabariyemo ikiguzi cya serivisi.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera, basabye abaturiye n’abakoresha ibiyaga bya Burera na Ruhondo, kugira uruhare mu kurwanya impanuka zibiberamo, akenshi zikomoka ku mikorere itubahirije amabwiriza.
Kuwa kabiri tariki 2 Mata, 2024, ku muhanda urimo gukorwa mu Mudugudu w’Intiganda aho bita muri Marathon mu Kagali ka Tetero habonetse imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo imashini ya Company Stecol Corporation yakoraga uwo muhanda ikagera ahari iyo mibiri.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Mata 2024, abasore batandatu biganjemo abakanishi b’imodoka, bakurikiranyweho ibyaha byo guhohotera abantu no kwiba bakoresheje pulake (plaque) zakuwe ku zindi modoka.
Police FC itsinze Amagaju FC 2-0 kuri Kigali Pelé Stadium, na ho Gorilla FC itsinda Etoile de L’Est 1-0 biyongerera amahirwe yo kutamanuka mu kiciro cya kabiri, imikino yabaye kuri uyu wa Kabiri, tariki 02 Mata 2024.
Perezida Bassirou Diomaye Diakhar Faye, yarahiriye kuyobora Senegal nka Perezida wa gatanu uyoboye Repubulika ya Senegal nyuma ya Leopold Sedar Senghor, Abdou Diouf, Abdoulaye Wade ndetse na Macky Sall.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwishingizi (RSSB) ishami rya Nyagatare, Nzamurambaho Sylvain, asaba abaturage kumenya imyirondoro yabo bakoresheje telefone igendanwa, kugira ngo hirindwe ko bashobora gutinda guhabwa serivisi kwa muganga, kubera kudahura k’umwirondoro uri ku ikarita ndangamuntu n’uri muri sisiteme.
Mu Bushinwa, umugore arashinjwa kugerageza gukuramo inda ya mugenzi we bakorana, abinyujije mu kuroga amazi anywa mu biro, kugira ngo atazabyara akajya mu kiruhuko kigenerwa umubyeyi, bigatuma akazi kiyongera akavunika wenyine.