Ruhango: Amacupa yavugije ubuhuha mu tubari kubera Noheri

Ijoro ryo ritegura Noheri, Umujyi wa Ruhango waranzwe no gukonja ariko risoza ari amarira yatumye bamwe babyuka bari mu bitaro abandi muri kasho.

Tariki ya 24 Ukuboza 2015, hagati ya saa mbiri na saa tanu z’ijoro, wanyuraga mu Mujyi wa Ruhango ukabona abawurimo ari bake, wageraga ku nsengero ugasanga zifunze, wagera mu tubari ukahasanga abantu batarenze babiri.

Hakizimana Emmanuel yaraye mu bitaro nyuma yo gukubitwa amacupa mu kabari.
Hakizimana Emmanuel yaraye mu bitaro nyuma yo gukubitwa amacupa mu kabari.

Gusa, nyuma ya saa sita z’ijoro abantu batangiye kugaragara ku buryo butunguranye, ariko bamwe ntibyaboroheye kuko ibyari ibirori byaje kuvamo imirwano bamwe bikabaviramo kurara mu bitaro abandi muri gereza.

Uyu we nyuma yo kuremerwa uruguma mu kabari ngo guhera muri 1 Mutarama 2016 ntazongera kunywa inzoga.
Uyu we nyuma yo kuremerwa uruguma mu kabari ngo guhera muri 1 Mutarama 2016 ntazongera kunywa inzoga.

Nubwo Polisi itashoboye kubiduhamiriza, amakuru twiboneye ni uko abagera kuri batanu baraye mu maboko ya Polisi naho undi akarara kwa mugaga yakomeretse cyane.

Bamwe baraye mu maboko ya Polisi kubera urugomo.
Bamwe baraye mu maboko ya Polisi kubera urugomo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, Nsanzimana Jean Paul, yihanangirije abaturage bose, abasaba kwirinda kwishimisha cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru, kuko kurenza bishobora kuviramo impfu cyangwa gusesagura imitungo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

egok ibi birababaje ntago bikwiye ko mu minsi mikuru abantu barwana

Chadadi yanditse ku itariki ya: 25-12-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka