Mu mukino wari witabiriwe n’abafana benshi,Patriotes yihereranye Espoir iyitsinda amanota 77 kuri 65 mu mukino wari unogeye ijisho kuri Petit Stade Amahoro
Abagore n’abakobwa bakora mu by’ubukerarugendo nk’amahoteri, bavuga ko bagifite imbogamizi mu kazi ku buryo hari n’abasigaye batinya koherezayo abana babo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko umuhigo bahize w’uko abaturage bazatanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza ku kigero cya 100% utagishobotse.
Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase arakangurira urubyiruko kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari rwihesha agaciro, bigakomeza kubera umurage mwiza n’abo mu gihe kiri imbere.
Nkurikiyabandi Jean Pierre bitaga “Bizigira” wari umuganga gakondo yishwe n’inzoka y’impiri yari imaze amezi ane ayororeye iwe mu rugo.
Mu gihe Njyanama y’Akarere ka Karongi irimo kurangiza manda yayo, abayigize bavuga ko bishimira ibyo bagezeho kandi ko bakoze ibikwiye.
Bamwe mu batuye i Kayonza barasaba ubuvugizi kuko bari kwishyuzwa umusoro n’amande y’ubukererwe ku butaka bari barabwiwe ko batazasorera.
Ikipe y’igihugu ya Nigeria n’iya Tuniziya zinaniwe kwisobanura mu mukino wa kabiri w’itsinda rya gatatu mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Abamotari bakorera mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bahangayikishijwe n’uko bafata ababiba moto, bakabashyikiriza inzego zibishinzwe ariko bakarekurwa badahanwe.
Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) yagaragaje ingamba zizakoreshwa mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2016 mu kugabanya malariya yabaye icyorezo.
Itsinda rishinzwe gutegura Film yiswe “Rwanda true story”, riravuga ko iyi film nijya ahagaragara izafasha benshi kumenya neza isura y’u Rwanda.
Gahunda ya 12+ ikorera muri Minisiteri y’Ubuzima imaze guhindura imibereho n’imyumvire y’abana b’abakobwa bo mu mirenge itanu y’Akarere ka Gatsibo.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yari ihetse ibitaka byo kubaka umuhanda mu Karere ka Burera, yibiranduye mu muhanda, batatu bari bayirimo barakomereka bikomeye.
Umushinga LVEMP II ubungabunga icyogogo cy’ikiyaga cya Victoria uratangaza ko wiyemeje guhangana n’ikibazo cy’isuri yangiza imigezi yiroha mu kiyaga cya Victoria.
Ku ruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri muri Kamonyi, hatangiye kubakwa urundi ruganda ruzakora ibicanwa byitwa “Burikete (Briquettes)" bikoze mu bisigazwa by’umuceri.
Abadepite bari mu karere ka Nyamasheke basura ibikorwa bitandukanye, batangaje ko batanyuzwe n’uburyo imirimo yo gukora umuhanda Rembo-Rugari yatinze kurangira.
Abagize Koperative COTAMOTEKA itwara abagenzi kuri moto mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, biyemeje kongera umusanzu batangaga ngo babashe kwiteza imbere.
Ubwo intumwa za rubanda zageraga ku ibagiro ry’Akarere ka Rusizi zatangajwe cyane n’umwanda urirangwamo zisaba ko rigomba gufungwa.
Habumugisha Augustin avuga ko mu myaka icyenda amaze akora ubuhinzi bw’ibinyomoro bwamuhaye ubuzima bwiza amashuri yize ya kaminuza atari kuzamuha.
Abatuye i Busasamana mu mujyi wa Nyanza bavuga ko amatara yo ku mihanda yabakijije ubujura bwibasiraga amaterefoni n’udukapu tw’abagore mu ijoro.
Sosiyete y’ubwishingizi yitwaga CORAR AG yahinduriwe izina iba SAHAM Assurance kubera abashoramari bayishyizemo imigabane irenga 60% bityo bemeza ko n’izina rihinduka.
Sosiyete yitwa Ngali Holdings Ltd yeguriwe inshingano zo gukusanya imisoro n’amahoro byinjizwa n’uturere nyuma y’aho bigaragariye ko amafaranga avamo agenda agabanuka.
Kuva muri Nzeri 2016 indege za Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingendo zo mu Kirere, RwandAir, zizatangira gukora ingendo zijya mu Buhinde.
Perezida Paul Kagame yamaze impungenge abayobozi bitabiriye Ihuriro mpuzamahanga ku bukungu (WEF) ko badakwiye guhangayikira ikoranabuhanga kuko ridateze gusimbura abantu.
Ikigega cy’Ubuhahirane cy’Abanyakoreya (KOICA) kiri gukora isuzuma ry’imibereho myiza ku batuye mu murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru.
Abakora imirimo ijyanye no kongera umusaruro w’ubuhinzi bashyizeho ishyirahamwe bazahurizamo imbaraga mu kurwanya ibura ry’imbuto rikunze kugaragara mu Rwanda.
Ikipe ya DR Congo nyuma yo kwihererana Angola ikayitsinda 4-2 mu mukino wabereye kuri Stade Huye,Congo nayo yakatishije itike ya ¼ Angola yo irasezererwa
Uyu munsi imodoka za Virunga Express ziherekejwe na polisi y’u rwanda zanyuze mu Ngororero zerekeza i Huye zitwaye abafana ba kongo.
Uturere 4 two mu Ntara y’Amajyepfo turabura umuriro guhera kuri uyu wa Gatanu, tariki 22/01/2016 kugeza ku Cyumweru, tariki 24/01/2016 bitewe n’isanwa ry’inganda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, cyemereye Ishuri Rikuru rya INILAK kongera kwitwa kaminuza biyihesha guhindura izina yitwa UNILAK.
Ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyaruguru bwasabye Abanyekongo kujya Huye ari benshi gushyigikira ikipe yabo ikina na Angola, ibemerera kongera amasaha yo gufunga umupaka.
Abasaga 550 baturiye aharimo gukorerwa umushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari 300 z’imirima mu Murenge wa Rurenge, bavuga ko barimo kwiteza imbere babikesha icyo gikorwa.
Ishuri rikuru "Institut Supérieur Pédagogique de Gitwe (ISPG)”, riheherereye mu karere ka Ruhango, guhera tariki 07/01/2016, ryemerewe kuba Kaminuza.
Akarere ka Ngororero, kuri uyu wa 20 Mutarama 2016, kashyize ahagaragara inyigo irambye yo guhashya ubukene.
Urubyiruko rwo mu karere ka Ruhango, rurishimira gahunda rwashyiriweho yo kwipimishiriza SIDA mu ruhame ku buntu, kuko batinyuka bakabikora ari benshi.
Miss Carine Rusaro umwe mu batoranya abahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2016, yemeza ko ubwiza bugenerwa amanota make mu gutoranya.
Abaturage b’umudugudu wa Ryabega, Akagari ka Rutaraka bamaze iminsi ibiri badafite umuriro w’amashanyarazi bitewe n’abajura bibye insinga ziwugeza ku ipironi.
Imiryango 77 itishoboye yo mu Murenge wa Gishyita, Akarere ka Karongi yahawe inka mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Hakozwe filime mbarankuru igizwe ahanini n’ubuhamya bw’abaturage, igaragaza ko ibibazo bishamikiye ku butaka bihangayikishije benshi mu Banyarwanda.
Abaturagage batuye ku kirwa cya Gihaya giherereye mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi bavuga ko batifuza kwimurirwa ahandi.
Abaturage bo mu ngo 17 zo mu Murenge wa Cyinzuzi bahuye n’ibiza bikabasenyera amazu, MIDIMAR yabahaye ubufasha bw’ibanze.
Abarimu bashya 1039 basabye akazi ko kwigisha mu karere ka Nyanza mu mwaka w’amashuri wa 2016 bagiye kugahabwa binyuze mu ipiganwa.
Ishuri rya RTUC ryahindutse Kaminuza yigisha ubukerarugendo, amahoteli n’ubucuruzi mu ikoranabuhanga, UTB, ngo bitewe n’umwihariko bashyize mu burezi butabyara abashomeri.
Nyuma yo gutsinda Gabon ibitego 2-1, byose byatsinzwe na Sugira Ernest, Amavubi y’u Rwanda yabaye ikipe ya mbere ibonye itike yo kwerekeza muri 1/4 cya CHAN.
Inzego z’umutekano zagaruye abana babiri, umuhungu n’umukobwa bo mu Karere ka Rutsiro bari bagiye mu Mujyi wa Kigali gukorera amafaranga.
Abakozi ba Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, CNLG, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama n’urwa Nyamata Nyamata mu rwego kumenya amateka ya Jenoside byimbitse.
Abaturage bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Rulindo, barinubira ubujura bukabije bw’insinga z’amashanyarazi bubibasiye.
Perezida Paul Kagame yatangarije isi ko ikoranabuhanga rifite akamaro gakomeye kuko rihuza abantu rikabaha ibisubizo.
Iduka ry’umucuruzi wo mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru, tariki 18/01/2016, ryarahiye rirakongoka biturutse ku muriro w’itabi na lisansi.
Mukamana Belancille w’imyaka 51, w’i Rulindo mu Murenge Buyoga, kuri uyu wa 19 Mutarama 2015, bamusanze mu nzu yapfuye bakeka ko yiyahuye.