Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Ndayisaba Francois avuga ko hagenda hashakishwa uburyo bwakwifashishwa ngo inka zitangwa muri gahunda ya Girinka zifatwe neza kandi harindwe ko zibwa, nabwo bakaba basanga buzafasha.

Ati˝Ni igitekerezo nk’Akarere twagize, twasanze hari igihe umuntu wahawe inka ashobora kurwara nta wundi umufasha kuyitaho, ashobora kuyifata nabi kubera izindi mpamvu cyangwa ikaba yanagurishwa.
Uyu muntu rero wa kabiri uzajya aba yagaragajwe nk’uziturwa, yafasha muri cya gihe uwayihawe yagize ikibazo, mu gihe ari kubona ayifata nabi akamuhwitura cyangwa agatanga amakuru yemwe anayicungira hafi ku buryo itagurishwa rwihishwa.˝
Ku ruhande rw’abaturage, nabo ngo basanga ubu buryo bwafasha ku kwita no kurinda inka zitangwa muri gahunda ya Girinka.
Uwamahoro Valentine utuye mu Murenge wa Gashari ati ˝Umuntu yamaze gutangazwa ko ariwe inka itanzwe iziturwa, yatangira kuyitekereza agaharanira icyatuma ibaho neza kuko niyo abateho amakiriro, ntawayifata nabi rero cyangwa ngo ayigurishe ahari areba.˝

Rubayiza Cléophace wo mu Murenge wa Gitesi nawe ati: ˝Iyo gahunda yafasha cyane,kuko ubwo nyuma y’ubuyobozi haba hari umuntu wundi ucungira hafi.˝
Akarere ka Karongi karatangaza ibi nyuma y’uko kugeza ubu kemeza ko inka 214 mu zimaze gutangwa muri gahunda ya Girinka zaburiwe irengero burundu, 190 muri zo zikab ari izagurishijwe rwihishwa, naho 24 zikibwa.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|