Mu irushanwa ry’amagare ngarukamwaka rizwi nka Rwanda Cycling cup 2016, kuri uyu wa Gatandatu hakinwaga agace kitiriwe umuco, aho abakinnyi bahagurutse mu mujyi wa Nyamagabe ku I Saa tatu za mu gitondo berekeza mu karere ka Nyanza, Hadi Janvier ukina mu ikipe ya Bike Aid ni we watanze abandi kuhasesekara mbere akoresheje amasaha 3, iminota, 26, amasegonda 17.

Saa tatu za mu gitondo zibura iminota icumi habanje guhaguruka igice cyari kigizwe n’abakobwa bo mu Rwanda bahatanaga n’abandi baturutse mu gihugu cya Ethiopia ndetse na Eritrea, maze nyuma yabo hahaguruka abahungu bose bari abanyarwanda.

Mu bahungu, isiganwa rigitangira Hadi Janvier yatangiye ava mu gikundi, maze akurikirwa na Rene Ukiniwabo bakomeje kuyoborana abandi ndetse baza no gusiga abandi hafi mbere y’uko bagera I Huye.
Batangiye gusatira umujyi wa Huye, abakinnyi babiri bakina ya Benediction club y’I Rubavu baje gushyikira Ukiniwabo na Hadi Janvier bari babanje gusiga abandi, ndetse baza no kubacaho binatuma uwitwa Ruberwa Jean ari we ufata igihembo cyari cyatanzwe na Horizon Express, aho bahataniraga kugera bwa mbere kuri Gare ya Huye.
Bakimara kurenga Huye na Rwabuye, Hadi Janvier yaje kongera gusiga abandi, ndetse ashyiramo intera y’umunota umwe, aza no gutanga abandi kugera ahitwa ISAR Songa, bituma nawe ahita yegukana igihembo cyari cyashyizweho na Kigali Today.

Hadi Janvier yakomeje kuyobora isiganwa kugera mu mujyi wa Nyanza, aza ndetse no kuzenguruka umujyi wa Nyanza inshuro 14 akiri imbere, birangira ari nawe wegukanye iri siganwa yari yanegukanye umwaka ushize ubwo ryavaga Kitabi kuri Pariki ya Nyungwe rigasorezwa I Nyanza umwaka ushize wa 2015.
Hadi Janvier yaje gusoza isiganwa yanikiye abandi


Mu bakobwa, abakomoka muri Ethiopia na Eritrea ni bo bonyine babashije kurangiza iri siganwa ku buryo bwemewe n’amategeko, aho Yohana Dawit Mengis ukomoko muri Ethiopia ari we waje ku mwanya wa mbere akoresheje amasaha 2, iminota 24 n’amasegonda 13.
Uko bakurikiranye muri rusange/Abahungu
1. Hadi Janvier (3h26’17")
2. Hategeka Gasore ((3h26’53")
3. Biziyaremye Joseph (3h28’21")
4. Ruhumuriza Abraham (3h28’21")
5. Twizerane Mathieu (3h28’21")
6. Ukiniwabo Réné (3h28’23")
7. Byukusenge Nathan (3h28’23")
8. Mpiriwenimana Papi ((3h28’27")
9. Biganza Radjab (3h28’29")
10. Hakiruwizeye Samuel (3h28’32")
Abakobwa
1 Yohana Dawit (2h24’13")
2. Tigisti Gebrehiwit (2h25’08")
3. Gebru Eyerusalem (2h27’51")
4. Debesay Abraham (2h31’04")
5. Gebrehiwet Baire Wogahta (2h33’35")
Andi mafoto


















Ohereza igitekerezo
|