
Karekezi amaze umwaka abonye Impamyabumenyi y’Ubutoza yo ku rwego rwa A yahawe n’ Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Uburayi (UEFA Licence A).
Ubu ngo ari gushaka ubunaraibonye kugira ngo azaze gutoza mu Randa muri shampiyona itaha.
Yagize ati” Ubu ndi gutoza abana bari hagati y’imyaka 16 na 17 mu mujyi w’ikipe nakinagamo Helsingbog biragenda neza. Nzaza mu mpera z’ukwezi kwa Karindwi muri 2017 nshake ikipe mu Rwanda, kuko na Madamu wanjye azaba ari mu kiruhuko cy’umwaka wose.”
Karekezi avuga kandi ko uretse kuba yatoza amakipe yo mu cyiciro cya mbere, ngo anabonye akandi kazi kamufasha gutanga umusanzu mu iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda yagakora yishimye.
Ati” Yaba amakipe yo mu cyiciro cya mbere, yaba amakipe atandukanye y’igihugu ndetse n’ikindi nakora kijyanye no kugira icyo marira umupira w’amaguru mu Rwanda nabikora. Nzareba ikizaba gihari ninza nk’uko nari ngiye gutoza Rayon hakaburaho gato.”

Karekezi Olivier afite imyaka 33 y’amavuko. Yakiniye APR kuva mu mwaka wa 2002 kugeza 2004, ubwo yerekezaga mu gihugu cya Suwede mu ikipe ya Helsinborg yo mu cyiciro cya mbere.
Yanakiniye kandi amakipe arimo Harmkam yo mu cyiciro cya mbere muri Norvege, nyuma aza kwerekeza mu ikipe ya Club Atheletic Bizertin muri Tuniziya muri 2013 mbere y’uko ajya muri Råå Idrottsförening(RAA IF FC), ari nayo yasorejemo gukina umupira mu mwaka ushize wa 2015.
Amavubi yo yayakiniye kuva mu mwaka wa 2000 kugeza muri 2013 aho yakinnye imikino 55 akayatsindira ibitego 25.
National Football League
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
karekezinkumunyarwandawanakomeye muri apel FC ndetsenomwikipeyigihuguyakorqmobyinshi
Ubwo se ni iyihe equipe yo mu Rwanda yashobora kumuhemba? gusa mbona akenewe muri equipe yigihugu u20.
Aramustaje byadufashsa mumupirawacu hanomurwanda ducyeneye nkabo bazigahunda yijyihugu