Kwiga bigomba gufasha gutanga ubuzima –Furere Ngororabanga

Furere Benjamin Ngororabanga uyobora Abadominikani mu Rwanda, yasabye abasengera muri Paruwasi Saint Dominic yo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, gufatira urugero kuri Mutagatifu Dominiko,bakigira ubumenyi ariko bataretse n’ubwenge.

Yabisabye kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Ukuboza 2016, mu muhango wo kwizihiza yubire y’imyaka 25 iyi Paruwasi imaze ishinzwe.

Furere Benjamin Ngororabanga uyobora Abadominikani mu Rwanda
Furere Benjamin Ngororabanga uyobora Abadominikani mu Rwanda

Iyi paruwasi yitiriwe Mutagatifu Dominiko, yashinzwe ku itariki 15 Ukuboza 1991, ihuriyemo abanyeshuri bigaga muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda n’abarimu babo.

Kwitirirwa Mutagatifu Dominiko ngo hari hagamijwe kutibagirwa abafurere b’Abadominikani baje bafite misiyo yo gushyiraho Kaminuza y’u Rwanda, bakazirikana ko abanyeshuri bakeneye no gusenga bakabagenera umupadiri uzajya abafasha (aumônier).

Tariki 17 Ukuboza, Paruwasi St Dominique yijihije yubile y'imyaka 25
Tariki 17 Ukuboza, Paruwasi St Dominique yijihije yubile y’imyaka 25

Furere Ngororabanga yagize ati “Dominiko yakundaga kwiga cyane, ariko hari igihe cyageze abantu bicwa n’inzara, agurisha ibitabo bye kugira ngo bashobore kubona ibyo kurya. Namwe rero mumenye ko kwiga ari byiza ariko ko bigomba kudufasha gutanga ubuzima.”

Yanavuze ko igihe cyose kwiga bidafasha abantu kubaka ishusho ry’Imana ntacyo byaba bimaze.

Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa Diyosezi ya Butare, na we yavuze ko ubumenyi budaherekejwe n’ubwenge ntacyo bumaze, anaboneraho kugira inama abasore n’inkumi biga muri kaminuza.

Yibukije abakobwa ko bagomba kurangwa n’ubwenge, bakareka irari ribagusha mu byago agira ati “umuntu aguha amafaranga ntacyo mupfana wibaza iki? Kuki wumva ko ayaguhera ko uri umukobwa mwiza gusa?”

Yabwiye n’abahungu ko bitari bikwiye ko mu buyobozi hahora humvikana imanza z’ababa babyaranye n’abakobwa bakihakana abana.

Ati “Bene aba ntibaba banazi ko bateye inda.”

Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa Diyosezi ya Butare, akaba n'umukuru w'inama y'abepisikopi mu Rwanda
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa Diyosezi ya Butare, akaba n’umukuru w’inama y’abepisikopi mu Rwanda

Guverineri w’Intara y’amajyepfo, Marie Rose Mureshywankwano, na we wari muri ibi birori, yibukije abari babyitabiriye ko abasengera muri iyi paruwasi bagomba kubera abandi urumuri.

Yagize ati “Abaciye muri iyi paruwasi ya St Dominique bazajye bagira icyo batandukaniraho n’abatarahanyuze.

Umuntu nagusanga no mu murimo, abone ko uri umwana wahawe uburezi n’uburere.”

Guverineri Mureshyankwano yasabye abasengeye muri Paruwasi St Dominique kuba urumuri
Guverineri Mureshyankwano yasabye abasengeye muri Paruwasi St Dominique kuba urumuri

Paruwasi ya Saint Dominic yabarizwagamo abakirisitu biga muri Kaminuza n’abarimu babo, kuri ubu, hiyongereyeho abanyeshuri bo muri IPRC South.

Umutsima wagenewe abaje kwizihiza yubile
Umutsima wagenewe abaje kwizihiza yubile
Visi Guverineri wa Banki y'u Rwanda, Monique Nsanzabaganwa, atanga impano abaririmbye muri Korari Illuminatio bageneye paruwasi St Dominique
Visi Guverineri wa Banki y’u Rwanda, Monique Nsanzabaganwa, atanga impano abaririmbye muri Korari Illuminatio bageneye paruwasi St Dominique
Abagize korari enye ziririmbira muri paruwasi St Dominique baririmba indirimbo ya Yubile
Abagize korari enye ziririmbira muri paruwasi St Dominique baririmba indirimbo ya Yubile
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka