Ikamyo yikoreye “Godoro” ifashwe n’inkongi bayizimya ntacyo irangiza (Amafoto)

Ikamyo yikoreye amavuta yifashishwa mu gukora umuhanda wa kaburimbo azwi nka “Godoro” (Goudrons) ifashwe n’inkongi y’umuriro ku bw’amahirwe ntihagira icyo yangiza.

Imayo yari yikoreye amavuta akoreshwa mu gukora umuhanda wa kaburimbo ifashwe n'inkongi bayizimya ntacyo irangiza
Imayo yari yikoreye amavuta akoreshwa mu gukora umuhanda wa kaburimbo ifashwe n’inkongi bayizimya ntacyo irangiza

Iyi mpanuka ibereye ahari gukorerwa umuhanda wa kaburimbo mu mujyi wa Muhanga, ubwo ikamyo yo mu bwoko bwa IVECO ifite puraki RAC028C yatangiraga gusuka ayo mavuta, mu ma saa munani z’amanywa, tariki ya 14 Ukuboza 2016.

Iyi modoka isuka amavuta mu muhanda, isanzwe n’ubundi igaragaraho ibishashi by’umuriro ari nabyo bikekwa ko byongereye umuriro igashya.

Umunyamakuru wa Kigali Today warebaga iyo modoka ishya avuga ko n’ubundi kuva kare itaratangira gusuka amavuta yari iri kwaka gakeya inyuma, ku gice gicanira aya mavuta kugira ngo ashyuhe, yorohe abe nk’igikoma bityo asukwe mu muhanda.

Hifashishijwe n'amazi kugira ngo bazimye iyo kamyo itaraturika
Hifashishijwe n’amazi kugira ngo bazimye iyo kamyo itaraturika

Iyo mpanuka ntacyo yangije cyangwa ngo igire uwo ikomeretsa kuko hahise hagera ubutabazi bwihuse bw’abakozi ba “Splendid Hotel” yegereye ahaberaga inkongi.

Aba abakozi baje bitwaje ibizimya umuriro by’iyo Hotel bafasha abakoraga uwo muhanda kuzimya umuriro bifashishije n’amazi amenwa mu muhanda.

Abantu bari benshi baje kuraba ibibaye
Abantu bari benshi baje kuraba ibibaye

Ubutabazi bwihuse nibwo bwatumye iyo kamyo idafatwa n’inkongi yose ngo iturike ibe yateza ibindi bibazo.

Kugeza ubu iyo kamyo yamaze kuzima ku buryo hari icyizere cy’uko ntabindi bibazo bishobora kuba.

Andi mafoto

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Turashimira cyane byimazeyo bariya bakozi ba Splendid Hotel ku butabazi bakoze, ubwitange n’umurava babikoranye, bagaragaje n’ubumenyi muri kiriya gikorwa, rwose ishami rya Police rirwanya inkongi z’umuriro rizabafashe mu gukaza ubwo bumenyi kuko ndabona ari ingirakamaro pe!

Tom yanditse ku itariki ya: 15-12-2016  →  Musubize

kugira Umutima utabara ningobwa kdi byahozeho nacyera mubanyarwa urabona ko gutabara byabanyarwanda aribyo byatumye Iriya komyo utagira ibyo yangiza Nimureke dukomeze kugira Umutima utabara twiyubakire urwanda rwacu.

selwman yanditse ku itariki ya: 15-12-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka