Makanyaga, Kayirebwa n’abahanzi bato bazasusurutsa Kigali ku bunani

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Gakondo, Makanyaga Abdul ku bufatanye na Rusakara Entertainment bateguye igitaramo cyo kwinjiza abanyarwanda mu mwaka wa 2025.

Makanyaga Abdul
Makanyaga Abdul

Iki gitaramo kizitabirwa n’Umuhanzi Cecile Kayirebwa nk’umushyitsi w’imena uheruka kwizihiza imyaka 30 amaze muri muzika. Kizabera kuri ’LUXURY GARDEN’ (Norvege) Tariki ya 01 Ukwakira 2024.

Ni igitaramo cyiswe "Abubu n’ab’ejo" bisobanuye ko hazacurangwamo indirimbo zigezweho ndetse n’iza gakondo ku buryo kizitabirwa n’urubyiruko hamwe n’abakuze.

Hazaririmbamo Orchestre Impala, Le Fellows, Dauphin, n’Umuhanzi Jado Famous.

Orchestre Impala
Orchestre Impala

Makanyaga avuga ko yishimira gutaramira abanyarwanda uko umwaka utashye.

Agira ati’’ Kimwe mu byo nishimira ni ugusoza umwaka nishimanye n’inshuti n’abavandimwe ndetse n’Abanyarwanda muri rusange."

Cecile Kayirebwa
Cecile Kayirebwa

Makanyaga na Kayirebwa ni bamwe mu bahanzi bakuru batangiye injyana ya gakondo mu myaka ya kera ndetse n’ubu bakaba bakiririmba, banakunzwe cyane kubera ijwi rihebuje n’ubuhanga buhanitse.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Impala babaye abatubuzi ryari ko biteganyijwe ko le 01/01/2025 bazaba bari muri Low key motel I rusizi

Isma5 yanditse ku itariki ya: 31-12-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka