Uwizeyimana utuye i Rusenge mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko amatsinda yo kubitsa no kugurizanya yatumye urugo rwe rutera imbere, binamufasha kugura moto umugabo we.
Leta ya Israel yatangaje ko mu gihe cya vuba iza gutangira gutanga doze ya kane y’urukingo rwa Coronavirus ku bantu bafite hejuru y’imyaka 60 y’ubukure.
Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, yijeje abakunzi b’umupira w’amaguru, ko igikombe cya Afurika kizabera mu gihe cyagenwe, muri Mutarama umwaka utaha, ko nta mpamvu zizatuma gisubikwa.
Urukiko rwo muri Suwede rwanzuye ko rusanga nta mpamvu yabuza ko Umunyarwanda Micomyiza Jean Paul ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wafatiwe muri icyo gihugu mu mwaka ushize wa 2020, yakoherezwa kuburanishirizwa mu Rwanda.
Guhera ku itariki ya 9-30 Ukuboza 2021, i Kigali harimi kubera imurikagurishwa mpuzamahanga ku nshuro yaryo ya 24, (Expo 2021) rikabera i Gikondo nk’uko bisanzwe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko irimo guhuza indanganuntu na kode (code) zo kwikingiza Covid-19, kugira ngo byorohereze abasabwa iyo kode (ikarita) bakayibura.
Dr Mankeur Ndiaye, intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, tariki ya 21 Ukuboza 2021, yasuye itsinda ry’Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika (RWAFPU1-7). Mu ruzinduko rwe yashimiye Abapolisi b’u Rwanda uko bitwara mu gusohoza (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 21 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 343, bakaba babonetse mu bipimo 11,171.
Umuyobozi w’Ikigo Creativity Lab aratangaza ko iyo umunyeshuri arangije kwiga adafite ubumenyi ngiro bitamworohera guhatana n’abandi ku isoko ry’umurimo kuko ubumenyi bwe aba abufite mu magambo gusa, mu gihe hakwiye no kubaho uburyo bwo kwereka abanyeshuri ibyanditse bakabibona n’amaso.
Umuyobozi w’agace ka Tigray gaherereye mu Mujyaruguru ya Ethiopia yatangaje ko yatangiye gukura izo ngabo z’inyeshyamba mu duce zari zarafashe, uhereye ku Cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021. Uko gukura ingabo mu duce zari zarafashe bikaba ngo biganisha k’ukugarura amahoro nyuma y’intambara hagati y’izo ngabo n’ingabo za (…)
Umusirikare w’umukobwa wo muri Nigeria yatawe muri yombi azira kwemera ubusabe bwo kuzashyingiranwa kandi ari ku kazi, nk’uko bivugwa n’umuvugizi w’igisirikare.
Binyuze mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Federasiyo ya Basketball mu Rwanda (FERWABA), ryemeje ko umunya Senegal, Dr Cheikh Sarr, wari usanzwe ari umutoza w’amakipe y’igihugu ya basketball ko yamaze kongera amasezererano y’imyaka ibiri.
Bamwe mu baturage banze kwikingiza Covid-19 ntibatanga impamvu ifatika ituma batabikozwa ariko bakavuga ko babibuzwa n’umutima nama wabo no kubaha ijambo ry’Imana.
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ndetse na Macky Sall wa Senegal, bitabiriye inama itegura izahuza Ubumwe bw’Uburayi n’umugabana wa Afurika.
Ikigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC), kiratangaza ko gahunda yo gutanga urukingo rwa Covid-19, doze ya kabiri ku ngimbi n’abangavu bari hagati y’imyaka 12 na 17 yatangiye guhera kuri uyu wa kabiri tariki 21 Ukuboza 2021.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Barafinda Sekikubo Fred, wiyita umunyapolitiki, yasubiye mu bitaro by’i Ndera byita ku bafite ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe, bitewe n’ibimenyetso yari amaze iminsi agaragaza.
Umwongereza Chris Froome wamamaye mu mukino wo gusiganwa ku magare, agiye kwitabira Tour du Rwanda 2022 hamwe n’ikipe ye ya Israel Start-Up Nation
Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yabwiye itangazamakuru rikorera i Kinshasa ko nta bapolisi cyangwa abasirikare b’u Rwanda bari muri icyo gihugu, akavuga n’abagomba kujyayo igihe kitaragera.
Mu mpera z’icyumweru gishize hasojwe amarushanwa yari amaze igihe ahuza ibigo bya Leta n’ibyigenga mu mikino itandukanye, akaba yari yateguwe n’ishyirahamwe nyarwanda rishinzwe guteza imbere siporo mu bakozi (ARPST), iryo shyirahamwe rikaba rishimwa na Minisiteri ya Siporo kubera guteza imbere imikino.
Nsabimana Theoneste ni we munyamahirwe wa mbere watsindiye miliyoni muri tombola ya Inzozi Lotto, akaba yishimiye ko bigiye kumufasha mu burezi bw’abana be.
Guverinoma ya Afurika y’Epfo yavuze ko inkingo iteganya gutanga mu bihugu bitandukanye ku Mugabane wa Afurika mu mwaka utaha wa 2022, zifite agaciro ka Miliyoni 18 z’Amadolari ya Amerika.
Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu iratangaza ko yarashe umwe mu buzukuru ba shitani wari uvuye kwiba televiziyo, ahasiga ubuzima.
Ubwo Police yagenzuraga uburyo amabwiriza mashya yo kwirinda COVID-19 arimo kubahirizwa, mu ijoro ryo ku itariki 20 rishyira tariki 21 Ukuboza 2021, mu Karere ka Musanze hafashwe abantu 29, mu gihe mu Ntara yose y’Amajyaruguru abafashwe ari 103, bose barengeje amasaha yagenwe yo kuba bageze mu ngo.
Itsinda One Love Family ryagobotse abantu basaga 150 barwariye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri batishoboye, barimo abishyuriwe ikiguzi cy’ubuvuzi, ubwisungane mu kwivuza (mituweri), ritanga imyambaro igizwe n’ibitenge ku babyeyi babyaye batagira imyambaro, imyenda y’abana, amafunguro ndetse n’ibikoresho by’ibanze by’isuku.
Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, ahamya ko igihe kigeze ngo amarerero yigisha umupira, yubakirwe ubushobozi buha abana urubuga rwo gukuza impano zabo, kugira ngo bazavemo abakinnyi bafite icyo bimariye, bakimariye n’igihugu kandi bitwara neza no ku ruhando mpuzamahanga.
Imibare y’abafite umubyibuho ukabije ikomeje kuzamuka ku rwego rw’isi muri rusange, hatitawe ku rwego rw’ubukene cyangwa ubukire.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 20 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 307, bakaba babonetse mu bipimo 17,390. Umuntu umwe yishwe na Covid-19 mu Rwanda kuri uwo munsi, bituma kugeza ubu mu Rwanda abamaze guhitanwa n’icyo cyorezo bose hamwe baba 1,345.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwarekuye by’agateganyo abantu babiri muri 13 baregwa gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa ADF ubarizwa mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiriye uruzinduko mu Bufaransa, aho yakiriwe na mugenzi we, Emmanuel Macron, Perezida w’icyo gihugu, akaba yamwakiririye mu biro bye bya Champs Elysée.
Umuryango nyarwanda uharanira Iterambere ry’icyaro (RWARRI) utangaza ko umusaruro uzaboneka muri iki gihembwe cy’ihinga A uvuye ku bahinzi b’ibigori n’ibishyimbo bagera ku bihumbi 280, wamaze kubona isoko.
I BWIZA, ni filime ndende imara iminota 115 yanditswe inayoborwa ku bufatanye bwa Nahimana Clemence na Emmanuel Nturanyenabo, amashusho yayo afatwa na Sibomana Gilbert (One Hundred Pixels). Iyi filime yari imaze imyaka ibiri itunganywa, yerekanywe bwa mbere mu ruhame tariki 15 Ukuboza 2021 mu cyumba cya sinema cya Canal (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burasaba abana b’abakobwa babyaye imburagihe gufatirana amahirwe bagize yo gufashwa, bakiyitaho n’abana babyaye.
Mu mpera z’icyumweru gishize mu Ntara y’Amajyepfo hebereye umunsi wa Kabili w’irushanwa ryiswe ‘Forzza Volleyball Tournament 2021’ mu turere twa Gisagara na Huye, ikipe ya Gisagara VC ikaba ikomeje kuyobora iryo rushanwa.
Ku itariki ya 13 Ukuboza 2021, abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye batangiye ibizamini bisoza igihembwe cya mbere, gusa hari bamwe batangarije Kigali Today ko hari amasomo bamaze igihembwe batize kubera ko batigeze babona abarimu.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yatangaje ko Abaturarwanda bose bagomba gufata urukingo rwa Covid-19 ku buryo n’abana b’imyaka itanu bazaruhabwa rukigera ku isoko.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ari na rwo rufite ibijyanye n’ubukerarugendo mu nshingano, ruratangaza ko n’ubwo abantu bose baje mu Gihugu basabwa kuguma mu kato k’iminsi itatu ihwanye n’amasaha 72, atari ko bimeze ku basura Pariki z’Igihugu, kuko bo bapimwa gusa, basanga batanduye bakajya gusura.
Sosiyete y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere (RwandAir) yatangaje ko ku itariki ya 23 Ukuboza 2021 izasubukura ingendo zerekeza mu bihugu byo mu Majyepfo ya Afurika. Ni nyuma y’aho izi ngendo zari zasubitswe tariki 28 Ugushyingo kubera ubwandu bushya bwa Covid-19 bwiswe Omicron.
Abana basaga 1000 bo mu Karere ka Bugesera bahuguriwe kumenya bimwe mu bibangamira uburenganzira bwabo, binyuze mu matsinda y’abana bari bamazemo igihe cy’imyaka ibiri.
Imyigaragambyo ikomeye yadutse mu mujyi wa Goma, bikaba bivugwa ko yanaguyemo abantu babiri barimo umupolisi wambuwe imbunda agakubitwa n’insoresore zafunze imihanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, tariki 19 Ukuboza 2021, yabonanye na Perezida Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’ibiganiro byahuje Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi mu Bubiligi, bitegura inama izahuza iyi miryango yombi muri Gashyantare (…)
Mu Murenge wa Nyagisozi Mu Karere ka Nyanza ni hamwe mu hera cyane urutoki. Abahinzi barwo bavuga ko iyo ibihe byagenze neza iki gihingwa cyera cyane, ariko bakagaragaza imbogamizi zirimo ikibazo cy’uburwayi, ikibazo cy’isoko ry’umusaruro, ndetse n’ikibazo cy’uko urutoki ruri mu bihingwa bidatangirwa ubwishingizi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, tariki 17 Ukuboza 2021 yari mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi aho yatangije igikorwa cyo guha abaturage ibyangombwa by’ubutubaka bigera ku 4,685 nyuma y’uko bari bamaze imyaka myinshi babisaba.
Nyuma y’amabwiriza yo gukumira icyorezo cya Covid-19 yatangajwe ku wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021, hashingiwe ku isesengura ry’inzego z’ubuzima, Guverinoma yavuguruye ayo mabwiriza, hagamijwe kurushaho gukumira ikwirakwira rya Covid-19, cyane cyane muri iki gihe cy’iminsi mikuru.
Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza, ku Cyumweru tariki ya 19 Ukuboza 2021 yafashe Hategekimana Joseph w’imyaka 36 na Uwimana François, bakaba bakurikiranyweho gukoresha ubutumwa buhimbano bugaragaza ko bipimishije icyorezo cya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 169, bakaba babonetse mu bipimo 32,826.
Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021, Chorale de Kigali iri mu zikunzwe n’abatari bake yongeye gushimisha abantu ibinyujije mu gitaramo “Christmas Carols Concert 2021” yakoreye mu nyubako ya Kigali Arena.
Ikigo AstraZeneca cyakoze urukingo rwa Covid-19 kivuga ko kigiye gushyira ku isoko umuti witwa Evusheld wongerera umubiri ubudahangarwa ku cyorezo Covid-19, nyuma yo kubyemererwa n’Ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti cya Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) cyitwa FDA.
Abantu batandukanye usanga kuri ubu bakora bimwe mu byarangaga umuhango wo guterekera wakorwaga kera, harimo imigenzo itandukanye bakorera umuntu wapfuye. N’ubwo abenshi babikora mu rusirimu wenda babyise n’andi mazina ariko mu Kinyarwanda byitwa “Guterekera”.
Umukecuru witwa Nyirabikari Thérèse yatwitswe n’abantu batahise bamenyekana bimuviramo gupfa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Mubwiza, Akagari ka Bukinanyana mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze.