Kizz Daniel ukunzwe mu ndirimbo ‘Buga’ yashimishije Abanyakigali (Amafoto + Video)

Iserukiramuco ryiswe ‘A Thousand Hills Festival’ ribaye ku nshuro ya mbere mu Rwanda, ku munsi waryo wa kabiri ryasusurukijwe n’umuhanzi mukuru Kizz Daniel ukunzwe cyane mu ndirimbo ‘Buga’ kuri ubu, n’ubwo imitegurire ndetse n’ubwitabire bitari binogeye ijisho guhera mu kwinjira ndetse no mu itangira ry’igitaramo nyirizina.

Iri serukiramuco ryasojwe ku wa Gatandatu, tariki 13 Kanama 2022, i Rebero muri Canal Olympia abaryitabiriye banyuzwe n’imiririmbire y’abitwaga abahanzi bakuru barimo Kizz Daniel, Bruce Melodie ndetse n’abandi bagezweho kuri ubu mu muziki nyarwanda barimo Kivumbi King, Ariel Wayz n’abavangavanga imiziki bamenyerewe mu birori nka DJ Ira hamwe n’itsinda rya NEP Djs, hamwe n’abahanzi bakishakisha mu gihugu cya Nigeria.

Ahagana saa tatu n’igice nibwo abashyushyarugamba MC Tino na Anita Pendo bazamutse ku rubyiniro batangira gususurutsa imbaga nke y’abantu bari bahageze ari nako bahamagaye umuhanzi wa mbere ku rubyiniro.

abashyushyarugamba MC Tino na Anita Pendo bari bafite udukoryo dutandukanye twatumaga abari muri iki gitaramo basusuruka
abashyushyarugamba MC Tino na Anita Pendo bari bafite udukoryo dutandukanye twatumaga abari muri iki gitaramo basusuruka

N’ubwo iki gitaramo cyatangiye abantu ari mbarwa haba mu myanya y’icyubahiro n’ahasigaye hose, abantu bakomeje kugenda baza urusorongo kugeza ubwo umuhanzi mukuru yagezweho abo gutaramira babonetse.

Byageze saa tatu z'umugoroba ahitwa muri VIP nta bantu baraza
Byageze saa tatu z’umugoroba ahitwa muri VIP nta bantu baraza

Benshi mu bakunzi b’umuziki baguze amatike yo kureba bari bategerezanyije ubwuzu igihe umuhanzi Kizz Daniel ari bugerere ku rubyiniro by’umwihariko mu ndirimbo ye ‘Buga’ yaje gusoza igitaramo ahagana hafi saa munani z’urukerera.

Reba mu mafoto uko byari byifashe:

Umuhanzi France yaririmbye indirimbo yakoranye na Yvan Buravan, aboneraho no kumwifuriza gukira vuba
Umuhanzi France yaririmbye indirimbo yakoranye na Yvan Buravan, aboneraho no kumwifuriza gukira vuba
Bruce Melodie yinjiriye mu ndirimbo ye Nta Kibazo
Bruce Melodie yinjiriye mu ndirimbo ye Nta Kibazo
Abakunzi b'umuziki birekuye ntibahisha amarangamutima
Abakunzi b’umuziki birekuye ntibahisha amarangamutima
Kivumbi King ukunzwe n'urubyiruko rwinshi yageze hagati yikura agapira yari yambaye akanagira abafana
Kivumbi King ukunzwe n’urubyiruko rwinshi yageze hagati yikura agapira yari yambaye akanagira abafana
Bamwe banyuzagamo bakaganira, bakanasangira
Bamwe banyuzagamo bakaganira, bakanasangira
Benshi mu bakunzi b'umuziki bari bari aha ubwo Ariel Wayz yari ageze ku rubyiniro ntibahwemye ku mwaka indirimbo ye igezweho yitwa Demo na Away yakoranye na Juno Kizigenza yaje gusorezaho
Benshi mu bakunzi b’umuziki bari bari aha ubwo Ariel Wayz yari ageze ku rubyiniro ntibahwemye ku mwaka indirimbo ye igezweho yitwa Demo na Away yakoranye na Juno Kizigenza yaje gusorezaho
Kizz Daniel ni uku yaserutse yambaye
Kizz Daniel ni uku yaserutse yambaye

Reba ibindi muri iyi video:

Amafoto + Video: Eric Ruzindana/Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka