Ikigo AstraZeneca cyakoze urukingo rwa Covid-19 kivuga ko kigiye gushyira ku isoko umuti witwa Evusheld wongerera umubiri ubudahangarwa ku cyorezo Covid-19, nyuma yo kubyemererwa n’Ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti cya Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) cyitwa FDA.
Abantu batandukanye usanga kuri ubu bakora bimwe mu byarangaga umuhango wo guterekera wakorwaga kera, harimo imigenzo itandukanye bakorera umuntu wapfuye. N’ubwo abenshi babikora mu rusirimu wenda babyise n’andi mazina ariko mu Kinyarwanda byitwa “Guterekera”.
Umukecuru witwa Nyirabikari Thérèse yatwitswe n’abantu batahise bamenyekana bimuviramo gupfa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Mubwiza, Akagari ka Bukinanyana mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze.
Nyuma yo kwirukana umutoza Eric Nshimiyimana n’umwungiriza we Mutarambirwa Djabil, AS Kigali yashyizeho Jimmy Mulisa wari umaze iminsi asezeye muri iyi kipe nk’umutoza.
Umuhanzi Patient Bizimana wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana yasabye anakwa umukunzi we Uwera Karamira Gentille.
Perezida w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU), Charles Michel, yagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame i Buruseli mu Bubiligi. Ni ibiganiro kandi byarimo Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Nyombayire Faustin ni Padiri uzwiho ubuhanga bwo kuvuga mu ruhame agakurikirwa na benshi bemeza ko baryoherwa n’amagambo yuje ubuhanga akoresha mu mbwirwaruhame ze, akaba n’umuhanga ku rwego ruhanitse mu ndirimbo za Liturijiya. Avuga ko yabaye Padiri mu gihe ababyeyi be bari abayobozi bakuru mu idini gakondo.
Nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Rayon Sports ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona ibitego 2-1, AS Kigali yafashe icyemezo cyo kwirukana umutoza wayo Eric Nshimiyimana n’umwungiriza we Mutarambirwa Djabil kubera umusaruro muke.
Ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021, hakinwaga imikino itatu y’umunsi wa cyenda wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yaranzwe no gutsindwa kw’ibitego 2-1 ku mikino yose yabaye, amakipe yose yari yakiriye imikino atsindirwa mu rugo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 230, bakaba babonetse mu bipimo 33,530.
Bamwe mu bahanzi n’abacuranzi bacurangaga ahantu hatandukanye baganiriye na Kigali Today nyuma y’aho hafashwe ingamba zo guhagarika ibitaramo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Ubuyobozi bw’Ishuri ‘Path to Success’ riherereye mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro, bwatangarije ababyeyi baharerera ko abana babiri bakoze impanuka ku wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021 ari bazima n’ubwo babazwe byoroheje, kandi ko umushoferi wari utwaye imodoka abo bana barimo akomeje gushakishwa.
Umuhanzi ukorera ubuhanzi bwe mu Karere ka Musanze, unakunzwe cyane cyane muri ako gace, yashyize hanze indirimbo yitwa “Aramurika” yakoranye n’umunya-Uganda Raster JB.
Kuri uyu wa Gatandatu Tariki 18 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yitabiriye inama ya gatatu y’ubufatanye hagati ya Afurika na Turukiya iri kubera muri Istanbul Congress Center. Ikiganiro cya mbere cyibanze ku mahirwe yo gushimangira ubufatanye bwa Afurika na Turukiya binyuze muri gahunda y’ibikorwa bihuriweho.
Mu gihe shampiyona igeze ku munsi wa cyenda, ikipe ya Rayon Sports mu mikino 8 imaze gukina yabonyemo amanota 12 kuri 24 amaze gukinirwa, Lomami Marcel uri gutoza iyi kipe yahumurije abakunzi bayo avuga ko hakiri kare.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutse bikaba bitangira gushyirwa mu bikorwa guhera ku cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021.
Ku wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021 hakinwe imikino itatu ya mbere y’umunsi wa cyenda wa shampiyona y’icyiro cya mbere mu Rwanda yaranzwe n’intsizi ya mbere y’ikipe ya Gorilla FC.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo rikubiyemo ingamba nshya zigamije gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 nyuma y’uko imibare y’abandura ikomeje kwiyongera. Izo ngamba ziratangira kubahirizwa mu gihugu hose guhera ku wa Mbere tariki ya 20 Ukuboza 2021, muri zo ngamba zafashwe harimo kuba ingendo (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 153, bakaba babonetse mu bipimo 19,327.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Alfred Gasana, ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukuboza 2021 yashimiye Polisi y’u Rwanda ku muhate n’ubushobozi mu kubumbatira umutekano no kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko. Ibi yabivuze ubwo yatangizaga inama nkuru ya Polisi yabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.
Mu Kagari ka Ruseke ho mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru, hari abahatuye bavuga ko intego yo gutera byibura ibiti bitatu by’imbuto yatanzwe na Minisitiri w’Intebe mu ntangiriro z’umwaka wa 2020 bo bayirengeje, ahubwo basigaye bashaka gutera icumi n’imisago.
Umukinnyi w’ikipe ya Rwanda Revenue Authority Volleyball Club n’ikipe y’igihugu witwa Ndagijimana Iris ashobora kumara uyu mwaka w’imikino atongeye kugaragara mu kibuga kubera ikibazo cy’imvune.
Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’inzego zitandukanye, tariki 16 Ukuboza 2021 batashye irerero ry’abana bafite kuva ku mezi atatu kugera ku myaka itatu bafite ababyeyi bakora imirimo itandukanye mu Mujyi wa Kigali.
Imodoka yo mu bwoko bwa ’Coaster’ y’Ishuri ryigenga ryitwa ‘Path to Success’ riri ku Kimihurura, yasekuye igikamyo cy’abakora amatara yo ku muhanda cyari gihagaze mu muhanda witwa ’Poids Lourds’ kuri Sitasiyo y’ibikomoka kuri peteroli yitwa Engen i Kigali, abana bamwe barakomereka cyane.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageze Istanbul mu gihugu cya Turukiya, aho yitabiriye inama y’ubufatanye hagati y’ibihugu bya Afurika na Turukiya.
Abaturiye inkambi y’impunzi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara, bifuza kugezwaho amazi meza kuko za kano zo mu kabande zisigaye zizana amazi makeya, bityo abatabasha kujya kuvoma mu nkambi yo ihoramo amazi, bakavoma ibirohwa byo mu kabande.
Rutahizamu Zlatan Ibrahimovic wakiniye amakipe atandukanye ubu akaba akinira ikipe ya Milan AC mu Butariyani, yasuye Papa Francis mu biro bye i Vatican tariki 14 Ukuboza 2021.
Bamwe mu batuye Intara y’Amajyaruguru, bakomeje kwishimira iterambere bamaze kugezwaho n’inkunga baterwa n’Umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda, aho bemeza ko ubuzima bwabo bwahindutse bava mu bukene bagana iterambere.
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) yakoze ikoranabuhanga rizwi ku izina rya Telephone Control of Outdoor Vacuum Recloser, iri koranabuhanga rikazajya rifasha mu gukemura ibibazo by’umuriro mu bice bitandukanye by’igihugu aho bishoboka mu gihe umuriro wabuze ku muyoboro w’amashanyarazi runaka.
Bamwe mu bahawe telefone zigezweho nyuma zigapfa barasaba ubufasha kuko amafaranga basabwa yo kuzikora ari menshi ku buryo batabasha kuyabona.
Umuhanzi Ntamukunzi Théogène wamenyekanye cyane mu ndirimbo zishishikariza abasirikare bo mu ngabo zatsinzwe (EX-FAR) gutahuka ku mahoro, na we yabaye muri izo ngabo kuva mu 1990, zimaze gutsindwa zihungira muri Zaire (Congo Kinshasa), nyuma aza kwiyemeza kurambika intwaro hasi agaruka mu Rwanda yinjira mu gisirikare (…)
Banki ya Kigali (BK Plc) iributsa abakiriya bayo gushyirisha Ikoranabuhanga rya BK App, Internet Banking cyangwa USSD muri telefone na mudasobwa zabo, kugira ngo bibaruhure gutonda imirongo kuri banki bagiye kwishyura imisoro, amazi n’ibindi.
Minisitiri mushya w’Umutekano mu Gihugu, Alfred Gasana, yatangiye inshingano kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukuboza 2021, nyuma yo guhabwa inyandiko zari ziri muri Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST).
Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, ku wa kane tariki 16 Ukuboza 2021, yavuze ko igihugu cye cyagabweho ibitero bike by’iterabwoba muri uyu mwaka ugereranyije na mbere yaho, akemeza ko ari nyuma y’aho u Rwanda n’ibindi bihugu bituranyi bafatanyije kurwanya inyeshyamba zimaze imyaka zihungabanya umutekano w’icyo gihugu.
I Dar es Salaam muri Tanzania haherutse gutangizwa ubukangurambaga bwo gusaba Leta kongera iminsi y’ikiruhuko cy’umubyeyi wabyaye umwana utagejeje igihe. Ubwo bukangurambaga busaba Guverinoma ya Tanzania ko ikiruhuko cyagera ku mezi atandatu (6), kugira ngo umubyeyi ashobore kwita ku buzima bw’umwana we. Abari muri ubwo (…)
Mu bihe byo hambere kubyara babyitaga ubukungu, aho abenshi baharaniraga kubyara abana benshi, ibyo bitaga kugira ‘amaboko’, aho urugo rufite abana benshi buri wese yarwubahaga ati uriya muryango ntawawuvugiramo ni abanyamaboko.
Abahanzi nyarwanda bagize uruhare mu guhangana n’icyorezo cya Covid-1,9 baravuga ko ubwo icyorezo cyari kicyaduka byasabye ko buri wese ashyiramo uruhare rwe kugira ngo bafashe abaturage kwitabira gahunda za Leta zirimo gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 no Kwikingiza.
Ku wa Kane tariki 16 Ukuboza 2021, ikipe ya Rayon Sports yashyize ahagaragara umwambaro wayo wa gatatu izajya ikoresha mu mwaka w’imikino wa 2021-2022.
Ku wa Kane tariki ya 16 Ukuboza 2021 ku bufatanye n’abaturage, Polisi yafashe abantu 151 barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 bateranira mu rugo rw’umuturage basenga. Bafatiwe mu rugo rwa Mugirente Innocent utuye mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Musambira, Akagari ka Cyambwe, Umudugudu wa Rugarama. Bari abagabo 17, (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 16 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 142, bakaba babonetse mu bipimo 12,246.
Abagore bakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka ihuza Goma na Gisenyi bavuga ko bakeneye amafaranga y’ingoboka Leta yageneye kuzahura ubucuruzi kubera icyorezo cya Covid-19.
Umugabo witwa Ntezimana, yafatiwe mu cyuho agerageza guha umu DASSO ruswa y’amafaranga 5,000 ahita atabwa muri yombi.
Umukozi ucunga umutekano kuri Sacco ya Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe yarashe umucungamutungo (manager) w’iyi sacco, Moïse Dusingizimana. Uwarashe avuga ko uwo mucungamutungo yagambaniye ucunga umutekano bakamwimura, batamugishije inama.
Nyuma y’igihe gito ihinduriwe izina ikava ku izina rya UBUMWE WBBC ikitwa REG WBBC ndetse igahita yegukana n’igikombe cya Shampiyona, REG WBBC ikomeje kwiyubaka yongera imbaraga mu ikipe yabo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye abasore bane bamaze igihe bakora ibikorwa by’ubugizi bwa nabi burimo kuniga, kwambura no gusambanya abakobwa.
Pro-Femmes Twese Hamwe ni Impuzamiryango ihuza imiryango 53 itegamiye kuri Leta. Pro-Femmes Twese Hamwe ikora cyane cyane mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagabo n’abagore, igateza imbere umugore, guteza imbere uburenganzira bw’umwana, guteza imbere umuco w’amahoro uhereye mu rugo kuzamuka kugeza ku (…)