Brazil ya Okwi na Muhadjili yageze ku mukino wa nyuma wa "Esperance Football Tournament"

Ikipe igizwe n’abarimo Emmanuel Arnold Okwi, Hakizimana Muhadjili yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Esperance Football Tournament.

Brazil yageze ku mukino wa nyuma
Brazil yageze ku mukino wa nyuma

Ni irushanwa ryateguwe n’umusifuzi mpuzamahanga Ishimwe Jean Claude "Cuculi" mu rwego rwo gufasha abakinnyi bari mu biruhuko gukomeza kuguma ku rwego, abadafite amakipe bakagira amahirwe yo kwigaragaza mbere y’uko umwaka w’imikino mushya utangira. Irushanwa ryatangiye tariki 14 Kamena 2025, rikinirwa kuri Tapis Rouge Nyamirambo.

Umutoza Abdou Mbarushimana ari mu bakurikira iyi mikino
Umutoza Abdou Mbarushimana ari mu bakurikira iyi mikino

Tariki ya 4 Nyakanga 2025, hakinwe umukino wa kabiri wa 1/2 cyirangiza, maze ikipe ya Brazil ikinamo Haruna Niyonzima, Emmanuel Okwi, Hakizimana Muhadjili n’abandi bazwi inahabwa amahirwe yo gutwara igikombe isezerera bitayigoye Native Sports iyitsinze ibitego 3-0, byatsinzwe na Niyo David, Emmanuel Okwi na Ishimwe Djabilu Ayman.

Brazil bishimira igitego
Brazil bishimira igitego
Kapiteni wa Brazil Haruna Niyonzima
Kapiteni wa Brazil Haruna Niyonzima

Iyi kipe yageze ku mukino wa nyuma aho izakina na Golden Generation yo tariki ya 3 Nyakanga 2025, yasezereye Young Boys nayo biyoroheye nyuma kuyitsinda ibitego 3-0. Kuri uyu wa Gatandatu, saa cyenda n’igice kuri Tapis Rouge harakinwa umukino w’umwanya wa gatatu hagati ya Young Boys na Native Sports mu gihe umukino wa nyuma uteganyijwe kuri iki Cyumweru saa cyenda n’igice hatati ya Brazil na Golden Generation.

Golden Generation yageze mu mukino wa nyuma
Golden Generation yageze mu mukino wa nyuma

Muri iri rushanwa kandi hakinwe imikino mu cyiciro cy’abagore aho ku mukino wa nyuma, kuri iki Cyumweru saa saba hazakina Nyampinga WFC na Inyamibwa WFC, umukino uzabanziriza abagabo.

Ishimwe Claude wateguye iri rushanwa
Ishimwe Claude wateguye iri rushanwa
Ni imikino irebwa na benshi
Ni imikino irebwa na benshi

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka