Abanyarwanda baba muri Repubulika ya Congo bahuriye mu birori byo Kwibohora
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 4 Nyakanga 2025, Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, ku bufatanye n’abanyarwanda bahatuye, bahuriye mu birori byo kwizihiza ku nshuro ya 31 umunsi wo Kwibohora, umuhango wabereye muri Hotel Hilton -Les Tours Jumelles.

Ni ibirori byitabiriwe n’abasaga Magana atatu biganjemo Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Brazzaville n’inshuti zabo, abagize guverinoma, abahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu ndetse n’Imiryango mpuzamahanga n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye muri Congo.
Umushyitsi mukuru yari Nyakubahwa Jean Claude Gakosso, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Francophonie n’abanyecongo batuye mu mahanga.
Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uyu muhango, Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo, Parfait Busabizwa yavuze ko uyu munsi ari umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda.

Yagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, aho Ingabo za RPA zari zirangajwe imbere na Gen. Maj. Paul Kagame zavanye igihugu mu mwijima, zigahagarika Jenoside yakorewe abatutsi none ubu u Rwanda rukaba rugeze ku rwego rwiza mu iterambere.
Yakomeje avuga uko mu gihe cy’imyaka irindwi ishize, ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse mu nzego zose z’ubuzima, avuga ko igipimo cy’imibereho myiza y’abaturage kigeze ku rwego rushimishije, ati: “ariko n’ubwo hari ibyagezweho, u Rwanda rukomeje urugendo rwo kuzamura urwego rw’uterambere”.

Ambasaderi Busabizwa yashimiye Leta ya Congo ku mubano mwiza ifitanye n’u Rwanda, anashimira Abanye-Congo, urugwiro bakirana buri Munyarwanda ubagannye.
Abitabiriye uyu muhango basusurukijwe n’itsinda ryitwa Suite Compagnie, mu mbyino gakondo zo muri Congo ndetse umuhanzi Cyusa Ibrahim n’itorero Inganzo ngari, mu njyana y’indirimbo n’imbyino Nyarwanda zijyanye n’umunsi wo kwibohora.






Inkuru zijyanye na: kwibohora 31
- Muhanga: Imiryango 20 yahawe inzu zatwaye asaga miliyoni 160
- Nigeria: Abanyarwanda n’inshuti zabo bizihije umunsi wo #Kwibohora31
- U Rwanda rwakoze iki ku buryo Isi yose iruhagurukira?-Perezida Kagame
- Irebere uko ibirori bya ‘APR ku Ivuko’ byari byifashe ku Mulindi w’Intwari
- RDC nidasenya FDLR u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo uko bisanzwe - Perezida Kagame
- Ntawe dusaba uruhushya rwo kurinda Igihugu cyacu - Perezida Kagame
- APR ku Ivuko: Ibirori bibereye ijisho ku Mulindi w’Intwari (Amafoto)
- 2025: Ingabo na Polisi bubakiye abatishoboye inzu 70, bavura abasaga ibihumbi 40
- Ribara uwariraye - Ikiganiro cyihariye n’umuvugizi wungirije wa RDF
- Kuzahura urwego rw’ubuzima, guhangana n’ubukene nyuma ya Jenoside… Ikiganiro na Dr Vincent Biruta
- Vincent Biruta, umuganga watangiranye n’Igihugu cyashakaga umuti w’ubukene
- Kayonza: Abaturage ba Ndego bashyikirijwe ibikorwa byatwaye asaga Miliyoni 147Frw
- Imbaga y’abantu yataramiye i Gikoba ahari indake ya Perezida Kagame
- Uruhare rwa Radio Muhabura mu kubohora u Rwanda: Ikiganiro na Mwewusi Karake na Assoumpta U. Seminega
- Dutemberane Ingoro y’ Amateka y’Urugamba rwo Kubohora u Rwanda
- Radiyo Muhabura yafashije Inkotanyi gutsinda urugamba - Assoumpta U. Seminega
- Ku Mulindi w’intwari: Habayeho Radiyo Muhabura
- Kwibohora31: Nyagatare habaye urugendo rugana aho Inkotanyi zafashe bwa mbere
- Inkuru ya Dr. Rwigema, umwe mu Baminisitiri muri Guverinoma yatangiriye ku busa
- Dutemberane mu rugano ahavukiye Radio Muhabura, aho Ingabo za RPA zahinduriye amayeri y’urugamba
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|