Volleyball: Amakipe ya Police yegukanye irushanwa ryo Kwibohora

Amakipe ya Police Volleyball Club abagabo n’abagore, yegukanye irushanwa ryo Kwibohora atsinze amakipe ya APR.

Police VC yahawe igikombe nyuma yo kwegukana irushanwa ryo Kwibohora
Police VC yahawe igikombe nyuma yo kwegukana irushanwa ryo Kwibohora

Ni irushanwa ryashyizweho akadomo kuri iki Cyumweru tariki 6 Nyakanga 2025 muri Petit stade, aho mu cyiciro cy’abagabo, ikipe ya Police VC yatsinze iya APR amaseti 3-2 ku mukino wa nyuma, maze itwara igikombe yegukanye ku nshuro yayo ya mbere kuva cyatangira gukinwa muri 2023.

Mu cyiciro cy’abagore, ikipe ya Police nanone yatsinze APR WVC amaseti 3-1, maze yegukana igikombe cyo kwibohora cyuzuza ibikombe 4 muri rusange imaze kwegukana uyu mwana, kikaba igikombe cya 3 cyo Kwibohora cyikurikiranya yegukanye nyuma yo gutwara icyo muri 2023, 2024 na 2025.

Amakipe ya Kepler VC yegukanye umwanya wa gatatu mu byiciro byombi abagabo n’abagore. Abagabo batsinze ikipe ya REG amaseti 3-1 naho abagore batsinda RRA amaseti 3-1.

No mu bagore Police ni yo yatwaye igikombe
No mu bagore Police ni yo yatwaye igikombe

Iri rushanwa, ryashyize akadomo ku mwaka usanzwe w’imikino mu Inshyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda. Shampiyona y’umwaka utaha wa 2025-2026 ikazatangira mu kwezi k’Ukwakira.

Umuyobozi wa Kigali Today, Charles Kanamugire, ari mu bambitse imidari abakinnyi
Umuyobozi wa Kigali Today, Charles Kanamugire, ari mu bambitse imidari abakinnyi

Reba uko byari bimeze hagati ya Police VC na APR VC

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka