Umujyi wa Rwamagana uranengwa kutagira ibikorwaremezo

Abakuze batuye Umujyi wa Rwamagana baranenga ko usa n’usinziriye, bakavuga ko uheruka kugaragaza imbaraga z’iterambere ubwo wubakwaga n’Abarabu bakanahakorera ubucuruzi.

Bamwe mu bashesheje akanguhe batuye akarere ka Rwamagana bavuga ko mu myaka ya 1934 mu gihe Rwamagana yubakwaga n’Abarabu yari umujyi w’icyitegererezo mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Iyi ni AL-ZAKWANI HOUSE, 'Etage' ya mbere yubatswe mu Mujyi wa Rwamagana.
Iyi ni AL-ZAKWANI HOUSE, ’Etage’ ya mbere yubatswe mu Mujyi wa Rwamagana.

Ariko bakavuga ko ubu bigaragara ko uwo muvuduko wagabanutse kandi iterambere ryo kuwubaka rikagenda buhoro.

Amazu y’ubucuruzi menshi awugaragaramo ni uyubatswe muri icyo gihe; harimo n’ayashaje bigaragarira amaso ariko atavugururwa cyangwa ngo asanzwe.

Nk'iyi nzu rwose irashaje ariko Umwarabu nyirayo ayibamo. Aragaragara ahagaze ku muryango.
Nk’iyi nzu rwose irashaje ariko Umwarabu nyirayo ayibamo. Aragaragara ahagaze ku muryango.

Rugwabiza Issa w’imyaka 89 avuga ko Abarabu batangiye gutura mu mujyi wa Rwamagana mu mwaka wa 1934, bakora ubucuruzi, bakahubaka amaduka akomeye ndetse bakahateza imbere.

Uyu musaza avugaicyo gihe Abarabu bubatse indi mijyi itandukanye yo mu Ntara y’Iburasirazuba y’ubu nka Karembo, Kabarondo, Kibungo, Kirehe, Kiramuruzi, Nyagatare n’ahitwa Bitsibo.

Ibikorwa remezo nk'imihanda myiza birahari (nubwo atari hose) ariko ikibazo cy'inyubako cyo kirahari. Aha ni ahazwi nka 'Buswayilini'.
Ibikorwa remezo nk’imihanda myiza birahari (nubwo atari hose) ariko ikibazo cy’inyubako cyo kirahari. Aha ni ahazwi nka ’Buswayilini’.

Rugwabiza avuga ko uretse amashuri Abarabu batinjiyemo kuko bibandaga mu bucuruzi, ibikorwa bubatse mu mujyi wa Rwamagana ari byo pfundo ry’iterambere ryawo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwizeyimana Abdoul Karim, avuga ko hari gahunda yo kuvugurura umujyi wa Rwamagana ukajyana n’igihe kigezweho, by’umwihariko hakazubakwa amazu yo guturamo.

Zimwe mu nzu za mbere zubatswe n'Abarabu mu Mujyi wa Rwamagana zatangiye gusenyuka.
Zimwe mu nzu za mbere zubatswe n’Abarabu mu Mujyi wa Rwamagana zatangiye gusenyuka.

Uwizeyimana avuga ko ibi bizagerwaho hubakwa amazu yo kubamo ku buso buri haruguru y’umuhanda uzwi nka “Poids Lourds”. Ayo mazu akazakemura ikibazo cy’abakozi bakorera mu Karere ka Rwamagana ariko bagataha i Kigali ku bwo kutabona amacumbi i Rwamagana.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana kandi buvuga ko muri uyu mujyi hagiye kubakwa “Gare” y’imodoka itahabaga na yo izagira uruhare rukomeye mu guteza imbere uyu mujyi.

Abahanga mu iterambere bavuga ko aka karere ko gafite amahirwe menshi yo gutera imbere nko kuba kabereye ubuhinzi n’ubworozi, inganda, ubukerarugendo bushingiye ku biyaga bikarimo no kuba gaturanye n’Umujyi wa Kigali, ku buryo ibigakorerwamo bibona isoko bitaruhanyije.

Emmanuel Ntivuguruzwa

Ibitekerezo   ( 1 )

birakenew ko twese difatanya tugateza imbere umujyi wacu wa rwamagana.

elias yanditse ku itariki ya: 2-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka