Abashinwa batuye mu karere ka Nyamasheke, by’umwihariko abakora muri sosiyete China Road and Bridge Corporation ikora umuhanda muri aka karere, ku mugoroba wa tariki 30/01/2014 bakoze ibirori byo gusoza umwaka wa 2013 bigendanye n’Ingengabihe y’Ukwezi (Lunar Calendar) bakoresha iwabo.
Ishami rishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu ngabo z’u Rwanda (RDF) rirasaba abagore b’abasirikare bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke kurushaho kuba inyangamugayo biyubaha mu bikorwa byabo bya buri munsi barwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux yavaga i Rusizi yerekeza i Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka ubwo yari igeze mu kagari ka Buvungira murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke. Cyakora abantu babiri bari bayirimo barokotse nta cyo babaye.
Komisiyo y’igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Rwanda iratangaza ko kuva kuri uyu wa mbere tariki ya 27/01/2013 kugeza kuwa 30/01/2014 izaba iri mu gikorwa cyo gutangiza no gusobanura neza gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ mu mirenge yose igize akarere ka Nyamasheke kugira ngo abayobozi mu nzego z’ibanze bayicengerwe neza bazayigeze (…)
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa Kane tariki ya 23/01/2014 yafashe umwanzuro wo gufunga utubari dukorerwamo kandi ba nyiratwo badutuyemo. Ibi ngo bigamije kubungabunga umutekano ndetse no kubahiriza amasaha yashyizweho yo gufunga no gufungura utubari tw’inzoga.
Ukwezi kw’imiyoborere myiza kwatangijwe ku mugaragaro mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa Mbere, tariki ya 20/01/2014 ngo kuzibanda ku gukemura ibibazo by’abaturage ku bufatanye bw’abayobozi mu nzego zitandukanye ndetse n’abaturage.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Superintendant Francis Gahima aratangaza ko bamwe mu bajura bibye ibikoresho muri Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda mu karere ka Nyamasheke bamaze gutabwa muri yombi ndetse n’ibikoresho hafi ya byose bikaba byaramaze gufatwa.
Nyuma yo gusobanukirwa na Gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” isaba Abanyarwanda bose kwiyumvamo isano y’Ubunyarwanda, abarimu bo mu karere ka Nyamasheke guhera ku bigisha muri kaminuza kumanura, biyemeje gushyiraho Ihuriro (Forum) ribahuza bose kugira ngo bafatanyirize hamwe guteza imbere gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” bayigeza ku (…)
Abamotari bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko bagiye kurushaho kurwanya amakosa aranga bamwe na bamwe mu muhanda kandi bakarushaho kubungabunga umutekano kugira ngo akazi kabo gakorwe neza, bityo na bo biteze imbere.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Nyamasheke baturuka mu byiciro bitandukanye by’uyu muryango, kuri iki Cyumweru tariki ya 19/01/2014 bahuriye mu nama banemeranya ku igenamigambi ry’umwaka wa 2014.
Urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Kibogora yo mu karere ka Nyamasheke rwashimangiye Gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” rutangiza ku mugaragaro “Club Ndi Umunyarwanda” muri iyi Kaminuza runibaruka amashami mu bigo bitanu by’amashuri yisumbuye.
Amarushanwa yo guhitamo Nyampinga ugiha abandi mu buranga n’ubumenyi mu karere ka Nyamasheke muri uyu mwaka wa 2014 yabaye kuri uyu wa Kane, tariki 16/01/2014 yitabiriwe n’umukobwa umwe rukumbi muri 6 bari biyandikishije.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste aratangaza ko nta mpungenge zihari mu kwesa imihigo ya 2013-2014 ngo kuko mu gihe cy’amezi atandatu arangiye, imihigo yose iri ku gipimo gishimishije kandi ngo imihigo ijyana n’ubukangurambaga igiye kongerwamo imbaraga kurushaho.
Nyuma y’ibibazo byagaragaye hagati y’amakoperative y’abarobyi mu turere twa Nyamasheke na Rusizi, kuwa 13/01/2014 ubuyobozi bw’uturere twombi n’abarobyi ku mpande zombi bahuriye hamwe kugira ngo ibyo bibazo bivugutirwe umuti, bityo iterambere ry’umurobyi ribashe kugerwaho.
Tuyisenge Theoneste w’imyaka 38 y’amavuko wo mu dugudu wa Mujabagiro, akagari ka Ninzi, umurenge wa Kagano ho mu karere ka Nyamasheke, yakubise unugore we Nyirambarushimana Beatrice w’imyaka 47 amuvuna ukuboko bapfuye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 8, uyu mugabo yashakaga ko banywera inzoga.
Ikamyo ipakiye amavuta ya PAM yari iturutse i Dar Es Salam muri Tanzania yerekeza i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakoze impanuka ubwo yari igeze mu karere ka Nyamasheke, ita umuhanda wa kaburimbo irabirinduka cyakora Imana yakinze ukuboko ntihagira umuntu ihitana.
Abantu batatu muri 11 bibye ibikoresho mu kigo cya Sosiyete y’Abashinwa kiri mu karere ka Nyamasheke bagakomeretsa n’abazamu babiri mu ijoro rishyira tariki 7/01/2014, batawe muri yombi mu gitondo cya tariki 9/01/2014, ku bufatanye bwa Polisi yo muri aka karere n’abaturage.
Mu gicuku cy’ijoro rishyira itariki 07/01/2014, abajura bataramenyekana bateye ingando (chantier) ya Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda wa kaburimbo mu karere ka Nyamasheke, biba ibikoresho birimo imashini isudira n’ikurura amazi ndetse bakomeretsa n’abazamu baharindaga.
Abantu 22 barimo abagore batanu b’indaya ndetse n’abagabo 17 b’inzererezi bemera ko bakoreshaga ibiyobyabwenge, baratangaza ko batangiranye umwaka wa 2014 ingamba nshya zo guhindura iyo myitwarire mibi kandi bakaba bazashishikariza abandi kuva muri izo ngeso zibangiza.
Ibitabo bya Kibogora byo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24/12/2013 byakoze ibirori byo kwifuriza Noheri nziza abakozi babyo, biboneraho no gutanga ibihembo ku byiciro (services) byabaye indashyikirwa mu gutanga serivise nziza.
Ibigo bibiri by’amashuri yisumbuye, irya IJW-Kibogora n’irya APEKA-Kagano yo mu karere ka Nyamasheke yemerewe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubumenyingiro (WDA) gutanga amasomo y’ubumenyingiro ku rwego rwa A2 mu mwaka w’amashuri wa 2014.
Ingando z’Urubyubyiruko rw’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi ruzwi ku izina rya “JA: (Jeunesse Adventiste” zari zimaze icyumweru zibera mu karere ka Nyamasheke, zasojwe tariki 21/12/2013, bane muri uru rubyiruko bacaguriwe kujya mu cyiciro cy’ubuyobozi bukuru bw’uru rugaga ari cyo cy’aba Chef-Guide.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi, arashimira abaturage b’akarere ka Nyamasheke uburyo babungabunga amashyamba ariko akabasaba kongera imbaraga mu bikorwa biyateza imbere kugira ngo yiyongere bisumbyeho.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa Kabiri, tariki 17/12/2013 yemeje ko umutekano mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani ugomba gukazwa kugira ngo abaturage babashe kwishima uko bikwiriye kandi nta kibahungabanyije.
Umugore witwa Bankundiye Christianne aravuga ko abayeho nabi cyane nyuma y’amezi hafi ane ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bumuhungishirije iwabo i Nyamasheke, ngo kubera umugabo we washakaga kumwicana n’abana barindwi.
Abayoboke b’idini ya Methodiste Libre ryo mu Rwanda biriwe mu birori ku cyumweru tariki ya 15/12/2013 ubwo muri iryo dini batangaga inshingano z’ubupasiteri ku bantu batanu mu mihango yabereye ahitwa Kibogora mu karere ka Nyamasheke.
Abayobozi b’ibitaro by’uturere twose mu gihugu bahuriye mu bitaro bya Kibogora kuwa 12/12/2013 mu karere ka Nyamasheke mu nama ya buri gihembwe ihuza abaganga hagamijwe kungurana ibitekerezo no gusangira ibyiza bya serivise bamwe bagezeho ndetse no kureba imbogamizi zaba zihari kugira ngo baziganireho bashaka ibisubizo.
Umurambo w’umwana w’umukobwa w’imyaka 12 wataruwe mu gice cy’ikiyaga cya Kivu giherereye mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke tariki ya 10/12/2013 nyuma yo kurohama muri iki kiyaga tariki ya 09/12/2013, ubwo yari yajyanye n’abandi bana bato koga.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, aratangaza ko kubaka Ubunyarwanda nyabwo ari inkingi ikomeye irwanya gutonesha n’ivangura kandi bukaba buvura ibikomere by’Abanyarwanda.
Urubyiruko rw’abangavu n’ingimbi rwo mu karere ka Nyamasheke rurasabwa kurwanya rwivuye inyuma inda zitateganyijwe ndetse n’icyorezo cya SIDA kugira ngo rubashe gukura neza ruharanira ubuzima bwiza bw’ahazaza.