Umushinga w’Iterambere Ridaheza (Projet de Développement Local Inclusif) ukorera mu karere ka Nyamasheke urasaba ko abateganya kubaka ibikorwa remezo batekereza uburyo bwo korohereza abafite ubumuga ndetse n’abandi bantu bafite intege nke, bityo babashe gutera imbere icyarimwe n’abandi nta we usigaye.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bagomba kwimuka ahazaca umuhanda wa kaburimbo Nyamasheke-Karongi, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 4/11/2013 bakiriye inkuru nziza yo kwishyurwa amafaranga y’ingurane ku mitungo yabo igomba gusenywa n’ikorwa ry’uyu muhanda.
Irakoze Odine Light w’imyaka 8 wo mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke akaba ari Umukristo mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi amaze kumenyekana muri iri torero nk’umwana ukiri muto ubasha guhagarara imbere y’iteraniro akabwiriza abakristo kandi bikagaragara ko akunze gukora umurimo w’Imana.
Umuyobozi wungirije wa Kaminuza ya Kibogora ushinzwe Amasomo, Dr Dariya Mukamusoni, yemeza ko umuganda rusange ari urugero rwiza rutoza abakiri bato gukunda igihugu no kugikorera, bityo urubyiruko rukaba rusabwa kuwitabira.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barakangurirwa kumva neza gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” n’umutima wabo wose kuko ari ishingiro ryo kwiyubakira igihugu kitarangwamo umwiryane.
Intumwa za Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ziri kumwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 28/11/2013 baganiriye n’abaturage bo mu kagari ka Rugari mu murenge wa Macuba batuye ahazubakwa isoko ryambukiranya imipaka rya Rugari maze babasaba kugira uruhare mu kwiyubakira iri soko.
Uwashema Marie Claire warokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu mwaka wa 1994, agaragaza ko nyuma yo gucengerwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, yasabye imbabazi Abahutu ngo kuko yajyaga abafata nk’abagome bose bitewe n’ibibi bamwe mu Bahutu bakoze kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage b’umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko kwitsinda mu mutima ndetse no kwatura bakavugisha ukuri ari byo bizatuma gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ibasha kugera ku ntego yayo yo kubaka Ubunyarwanda nyabwo n’ubwiyunge mu Banyarwanda.
Umusaza w’imyaka 81 y’amavuko witwa Ntifashwa Ignace wo mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo nyuma yo gutabwa muri yombi tariki 22/11/2013 akura umusaraba ku mva yo mu irimbi ndetse agakora n’ibindi bikorwa ngo bituma akekwaho kuroga.
Mu mahugurwa y’umunsi umwe yateguwe n’ubunyamabanga bukuru bw’Umuryango FPR Inkotanyi agamije gukangurira Intore z’abacuruzi bo mu karere ka Nyamasheke ku ruhare rwabo mu kuzamura ubukungu bw’igihugu, abacuruzi bakanguriwe kugira umuco wo kuzigama.
Depite Kankera Marie Josée aragaragaza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ari gahunda yubaka Ubunyarwanda nyabwo mu Banyarwanda kuruta kumva ko kuba Umunyarwanda byashingira ku izina gusa cyangwa se aho umuntu akomoka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke ndetse na Sosiyete y’Abashinwa “China Road and Bridge Corporation”, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20/11/2013 ryazengurutse imirenge itanu y’aka karere basuzuma ibibazo by’abaturage bikomoka ku ikorwa ry’umuhanda wa kaburimbo Nyamasheke-Karongi.
Umwana w’umuhugu uri mu kigero cy’imyaka 14 witwa Niyirema Etienne yitabye Imana tariki 19/11/2013 akubiswe n’inkuba ubwo yari yugamye munsi y’igiti mu murenge wa Mahembe mu karere ka Nyamasheke.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Bushenge biri mu karere ka Nyamasheke buratangaza ko kuba kuva mu kwezi kwa gatatu 2013, muri ibi bitaro hamaze kugwa ababyeyi 5 ubwo babyaraga nta burangare na buto bwigeze bubaho ku baganga bakora muri ibi bitaro.
Umwana wari ufite imyaka 8 y’amavuko wo mu mudugudu wa Giseke, akagari ka Muhororo mu murenge wa Kilimbi ho mu karere ka Nyamasheke yakubiswe n’inkuba ahita apfa ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki ya 11/11/2013.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barakangurirwa kurwanya ubukene bivuye inyuma nk’uko Ingabo zirwanya umwanzi, kugira ngo babashe kubutsinda batere imbere.
Bamwe mu bakozi bakorera Sosiyete icunga umutekano ya SCAR, Security Company Against Robbery mu gucunga umutekano ku nyubako z’akarere ka Nyamasheke n’ibigo bigashamikiyeho, biravugwa ko bimwe icyemezo cy’uko ari abakozi b’iyi sosiyete cyabafashaga kwaka inguzanyo, bitewe n’uko mu kwezi gushize, batanze amakuru (…)
Abaturage basaga gato 70% by’abatuye akarere ka Nyamasheke ni bo bamaze kwitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza ya Mutuelle de Santé, benshi mu Rwanda bita Mituweli.
Abagize Umuryango “Better Together” uhuza abateramkunga b’Ibitaro bya Kibogora biri mu karere ka Nyamasheke, baratangaza ko gukorera hamwe ari yo ntambwe nyamukuru bahisemo kugira ngo serivise zitangirwa muri ibi bitaro zirusheho kunogera abazihabwa kandi abahabwa ubuvuzi muri ibi bitaro bakabasha gukira ku mubiri no ku mutima.
Abanyeshuri 1442 basoje amashuri yisumbuye bo mu karere ka Nyamasheke ni bo bategerejwe mu Itorero ryo ku Rugerero mu rwego rw’aka karere riteganyijwe kuzatangira tariki 29/11/2013.
Kuva mu kwezi k’Ukwakira 2013, mu karere ka Nyamasheke hamaze kugaragara indwara idasanzwe yibasira ibiti byo muri aka karere, by’umwihariko ibyo mu bwoko bw’inturusu.
Abagenzuzi ba Koperative z’amakawa eshanu zo mu karere ka Nyamasheke bahawe amahugurwa azatuma koperative zabo zitera imbere kandi zikaba icyitegererezo ku bandi bahinzi ba kawa muri aka karere.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu karere ka Nyamasheke rwategetse ko Ndagijimana Jean Pierre wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ndetse na mugenzi we Ntaganzwa Antoine bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu gushaka indonke, bafungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 nk’uko byari byasabwe n’ubushinjacyaha.
Akarere ka Nyamasheke n’aka Rubavu two mu Ntara y’Uburengerazuba, tariki 29/10/2013 twashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije gufasha utu turere kurushaho gutera imbere, by’umwihariko bamwe bigira ku bandi.
Akarere ka Nyamasheke ngo gashyize imbere gahunda yo kwigisha abaturage ikoranabuhanga ku buryo hazakorwa ubukangurambaga mu baturage bose kandi kugeza ku rwego rw’umurenge hakaba hazashyirwaho “Icyumba Mpahabwenge” kizabafasha kubona ubumenyi bw’ibanze ku ikoranabuhanga.
Umwiherero w’abakozi b’akarere ka Nyamasheke wabereye mu karere ka Rubavu kuva tariki 27-28/10/2013 wize ku ngamba zatuma ahantu hahurira abantu benshi hashyirwa imirindankuba.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Kabahizi Celestin arasaba abakozi b’akarere ka Nyamasheke kurangwa n’ubufatanye ndetse n’imikoranire myiza kugira ngo babashe kugera ku ntego zo kwesa imihigo no gutera imbere.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 8 wo mu mudugudo wa Kavune mu kagari ka Ninzi mu murenge wa Kagano wo mu karere ka Nyamasheke yarohamye mu Kiyaga cya Kivu, tariki 22/10/2013 ubwo yari yajyanye n’abandi bana koga.
Havugimana Eraste w’imyaka 41 utuye mu mudugudu wa Mubuga mu kagari ka Nyarusange mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke avuga ko yahisemo gucuranga umuduri kugira ngo abeho aho kwiba cyangwa se ngo asabirize.
Abanyeshuri bo mu karere ka Nyamasheke bigaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, kuri uyu wa 22/10/2013 bazindukiye mu bizamini bisoza amashuri abanza kimwe n’ab’ahandi mu gihugu.