Mu gihe bimenyerewe ko mu Rwanda, inka zishorezwa inkoni ariko bitewe n’iterambere, zikaba zisigaye zitwarwa mu mamodoka; kuri uyu wa Mbere tariki ya 21/10/2013 mu karere ka Nyamasheke, habonetse abantu batwaye inka nzima ku ngorofani ikoze mu biti.
Abakozi ba sosiyete icunga umutekano SCAR (Security Company Against Robbery) mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 21/10/2013 bazindukiye imbere y’ibiro by’akarere ka Nyamasheke baje gusaba kubakorera ubuvugizi kugira ngo sosiyete bakorera ibishyure kuko ngo bamaze amezi akabakaba atatu badahembwa.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), James Gatera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18/10/2013 yaganiriye n’abakiliya b’iyi Banki bo mu karere ka Nyamasheke ndetse asura n’imishinga itandukanye ishyirwa mu bikorwa ku mafaranga ya banki.
Ndagijimana Jean Pierre wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 15/10/2013 yasezeye ku mirimo ye ku mpamvu ze bwite, hahita habaho n’ihererekanyabubasha hagati ye n’Umuyobozi w’ishami ry’ubutegetsi, Habyarimana Jovith wabaye amusimbuye mu buryo bw’agateganyo..
Umurambo w’umugabo witwa Mbagoroziki Zakayo w’imyaka 24 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Rugeyo, akagari ka Raro mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, wataruwe mu mudugudu wa Ruganda, akagari ka Susa muri uyu murenge wa Kanjongo, tariki ya 9/10/2013.
Umukuru w’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, arasaba abanyamuryango b’uwo muryango muri aka karere kuba abanyamuryango badahuhwa n’umuyaga ahubwo baharanira ishema ry’ishyaka ryabo.
Abaturage bageze mu zabukuru bo mu karere ka Nyamasheke barasaba Leta kubafasha mu buryo bw’umwihariko kugira ngo bagire amasaziro meza kuko abenshi muri bo usanga batishoboye kandi bagifite inshingano nyinshi zirimo kubaho no gutunga abo mu miryango yabo.
Itsinda ry’Abadage bibumbiye mu butwererane (Jumelage) bw’Umujyi wa Boppard mu Ntara ya Rhenanie Palatinat mu Budage n’Umurenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke, batashye ku mugaragaro ibyumba by’amashuri bitandatu byuzuye ku ishuri ribanza rya Bucumba “Inyanzi.”
Abanyekongo 5 n’Umunyarwanda umwe bafungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi tariki 2/10/2013 bashaka guha ruswa Polisi icunga umutekano wo mu mazi (Marine) mu karere ka Nyamasheke kugira ngo ibasubize imitego itemewe yari yabafatanye.
Kuva ku wa Mbere, tariki 30/09/2013, abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Nyamasheke bahinduriwe imirenge bayobora (mutation) ku buryo nta wongeye kuyobora umurenge yari asanzwemo.
Abayobozi n’abaturage ba Nyamasheke n’abaturage barishimira ko mu myaka ine ishize akarere kabo kakomeje kwesa imihigo ku gipimo gishimishije kandi cyiyongera kandi bikagaragarira mu iterambere ryageze mu nzego zose.
Umuryango Mpuzamahanga Handicap International ukorera mu karere ka Nyamasheke, uri mu gikorwa cyo guhugura abayobozi n’abashinzwe imyifatire mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye ku buryo bakwimakaza uburezi budaheza kuri bose.
Umuyobozi w’Umuryango “Art For Peace”, Bamporiki Edouard arakangurira urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke kugira ubutwari bwo kuvuga ukuri ku mateka mabi yabababaje nk’Abanyarwanda kuko ngo gutinyuka kuvuga ibyababaje Abanyarwanda ni umuti ukomeye wo kubisohokamo.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC), Kalisa Edouard arashishikariza abaturage kugira umuco wo gukunda gusoma kuko iterambere ridashingiye ku bumenyi ridashobora kuramba.
Imvura irimo umuyaga mwinshi yaguye mu karere ka Nyamasheke ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki 19/09/2013 yasenye amazu y’abaturage ndetse yangiza n’ibindi bikorwa byabo bitandukanye.
Rwangombwa Yeremiya wo mu mudugudu wa Nyamiheha, mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Mahembe arwariye mu Bitaro bya Mugonero mu karere ka Karongi nyuma y’uko mu ijoro rishyira tariki 18/09/2013, yatewe icyuma mu nda na murumuna we.
Umukobwa w’imyaka 17 wabaga iwabo mu mudugudu wa Lisansi mu kagari ka Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga, yakuyemo inda, tariki 18/09/2013 uruhinja ruhita rwitaba Imana, nyuma gato na we araremba ajyanwa ku Bitaro bya Bushenge igitaraganya.
Umurambo w’umugore utamenyekanye umwirondoro, tariki 16/09/2013, wataruwe mu gice cy’Ikiyaga cya Kivu giherereye mu mudugudu wa Kabuyaga mu kagari ka Kibogora, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke.
Ibyiciro by’abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bagomba gutora abadepite bahagarariye abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, kuri uyu wa 17/09/2013 baramukiye mu gikorwa cyo kwitorera abazabahagararira bo mu Ntara y’Iburengerazuba.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Mbere tariki ya 16/09/2013, bazindukiye mu matora y’abadepite, bakavuga ko gutora hakiri kare bituma bisubirira mu mirimo yabo ya buri munsi.
Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza (PSD) riratangaza ko niriramuka ritowe rikagira ubwiganze mu Nteko ishinga Amategeko, rizaharanira guteza imbere umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi ku buryo izi nzego zizabasha guhaza Abanyarwanda kandi zigasagurira n’amasoko.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi irakangurira urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke kugira umuco wo gukorana n’ibigo by’imari, kuko iyo umuntu abitsa akanabikuza ari bwo ashobora kubona inguzanyo imufasha kwiteza imbere.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke bahamije ko bazatora uwo muryango mu matora y’abadepite azaba tariki 16/09/2013 ariko kandi banayiha inshingano z’ibyo ugomba kubagezaho muri manda y’abadepite igiye gutorerwa.
Abaturage b’umurenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke barasaba ko umuryango wa FPR-Inkotanyi wabagezaho umuriro w’amashanyarazi muri iyi manda y’abadepite igiye gutangira, kugira ngo wunganire ibindi bavuga ko bagejejweho n’uyu muryango.
Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi mu karere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste arahamya ko gutora FPR Inkotanyi ari ugutora ibikorwa byivugira kuko ngo ibyo iri shyaka ryagejeje ku Banyarwanda bigaragarira amaso, nubwo hatabaho kubisobanura.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagera ku 7500 bo mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke, kuri iki Cyumweru, tariki 01/09/2013 bamamaje iri shyaka maze bavuga ko bazaritora 100% mu matora y’abadepite ategerejwe, bitewe n’ibikorwa bifatika ryabagejejeho ndetse n’ibindi baritegerejeho.
Mu bikorwa byo kwamamaza Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu murenge wa Kagano wo mu karere ka Nyamasheke byabaye tariki 31/08/2013, abanyamuryango bawo bahamije ko umucyo bafite ku mubiri no mu bitekerezo bishingiye ku iterambere bafite, babikesha FPR-Inkotanyi, kandi bakaba bazabishyigikira bawutora 100% kugira ngo ubageze ku (…)
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagera ku 7500 bo mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 29/08/2013 bitabiriye igikorwa cyo kwamamaza uyu muryango mu matora y’abadepite kandi bagahamya ko bazayitora 100%.
Imurikagurisha n’imurikabikorwa rya Nyamasheke ryari rimaze icyumweru ribera muri aka karere ngo risojwe risigiye isomo rikomeye abikorera n’abafatanyabikorwa bose mu iterambere ry’akarere ka Nyamasheke kuko ryagaragaje byinshi byiza bishobora kwitabwaho bigatuma aka karere gatera imbere kurushaho.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias, aratangaza ko Leta y’u Rwanda izakomeza guteza imbere uburezi burimo n’ubw’amashuri makuru kugira ngo Abanyarwanda bajijuke babashe kwiteza imbere.