Umukozi wakoreraga Banki ya Kigali (BK) ahitwa mu i Tyazo mu karere ka Nyamasheke yakatiwe gufungwa iminsi 30 by’agateganyo ngo kuko afunguwe ashobora gusibanganya ibimenyetso ku cyaha akurikiranyweho cyo kwaka ruswa uwahawe inguzanyo n’iyo banki.
Abayobozi b’imidugudu mu karere ka Nyamasheke ngo barasanga ari bamwe mu nkingi za mwamba akarere kubakiyeho imiyoborere myiza n’iterambere, bakavuga ko agaciro kabo gakwiye kugaragarira mu buryo bakirwa ku karere ndetse ngo bakajya bahabwa ibyicaro by’imbere mu nama zikomeye ziba zateguwe n’akarere.
Abayobozi b’imidugu yose yo mu karere ka Nyamasheke baravuga ko bishimiye cyane icyemezo cyafashwe n’akarere cyo kubagurira amatelefoni agendanwa, bazajya bakoresha mu kazi kabo ka buri munsi mu gukorera abaturage no gukorana n’abayobozi bo ku nzego zisumbuyeho.
Abahoze ari inzererezi mu mujyi wa Kigali batuye mu karere ka Nyamasheke baravuga ko ubuzima bwo mu muhanda babagamo ari bubi cyane kandi bugoye, burangwa n’inzara, guhangayika no kutagira icyerecyezo ku buryo abareba kure badakwiye kubwirukira.
Abanyeshuri 30 biga mu ishuri rikuru rya Kibogora Polytechnique barahiriye ko ku bwende bwabo biyemeje kuba abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakaba ngo biyemeje gukurikiza amahame, amategeko n’amabwiriza by’uwo muryango.
Mu rwego rwo kurwanya ibiyobyabwenge n’ihohoterwa, polisi ikuriye sitasiyo ya Ruharambuga yagiranye ibiganiro n’inzego z’abagore n’inzego z’urubyiruko ku murenge wa Ruharambuga, kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Werurwe 2014.
Mu gihe imirimo yo kubaka isoko rigezweho rya Rwesero yari imaze amezi asaga abiri itangiye mu rwego rwo kwimura irindi ryari rimaze igihe ricururizwamo ariko rishaje, kuri ubu ntirigikomeje nk’uko byari byateganyijwe kubera hajemo ikibazo.
Abakora umwuga w’uburobyi n’ubucuruzi bw’amafi n’ibiyakomokaho bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke bamaze gutahurwaho ko uburyo bakoramo uwo mwuga bubashora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye no guca inyuma abo bashakanye, ndetse ngo bakaba bugarijwe cyane n’icyorezo cya SIDA.
Ikawa yo mu murenge wa Shangi, mu karere ka Nyamasheke ifite umuhigo wo kuba ariyo kawa iryoshye cyane kurusha izindi ku isi nyuma yo kubona igihembo cy’uburyohe bw’indashyikirwa (cup of excellence) cyahawe uruganda ruyitunganya rwa Caferwa umwaka wa 2013.
Umukozi wa Banki ya Kigali mu ishami ryayo riri mu karere ka Nyamasheke aho bita i Tyazo, afungiye kuri polisi ya Kanjongo akekwaho kwakira ruswa mu kazi yari ashinzwe nk’ushinzwe gutanga inguzanyo.
Ishyirahamwe ry’imijyi n’uturere (RALGA) irasaba abanyamuryango bayo muri Nyamasheke gufata iya mbere bagatanga ibitekerezo ku bikorwa n’imiyoborere ya RALGA mu myaka itanu iri imbere mu rwego rwo kurushaho kunoza imikorere yayo.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke ruvuga ko rwafashe icyemezo cyo kutazongera kunywa urumogi rwari rwarabahinduye abajura , abasambanyi, indakoreka n’ibindi bibi byinshi bakoraga bakirunywa.
Abaturage bo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bafatanyije n’abayobozi n’inzego z’umutekano batwitse urumogi rufite agaciro ka miliyoni zisaga enye n’imitego itemewe ya kaningini ikoreshwa mu kuroba amafi ifite agaciro ka miliyoni zisaga 65 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umusore w’imyaka 16 witwa Niyonzima Claude wari utuye mu kagari ka Shangi mu murenge wa Shangi mu karere ka Rusizi yarohamye mu kivu ubwo yari yitwaye mu bwato wenyine kuri uyu wa gatatu tariki 12/03/2014 mu masaha ya saa sita z’amanywa aburirwa irengero.
Mu biganiro bihuza Leta n’abikorera hagamijwe iterambere ry’abacuruzi (RPPD), ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke, abikorera bagaragaje ko ibi biganiro ari byo bizagira uruhare rukomeye mu kubaka iterambere ridasubira inyuma kandi bitume batanga n’akazi ku bakozi benshi.
Mukashema Marie Jeannette, umubyeyi w’abana babiri, utuye mu mudugudu wa Rumuna, akagari ka Wimana mu murenge wa Ruharambuga arasaba ubuyobozi kumufasha haba mu kumwimura cyangwa kumurindira umutekano kuko abaturanyi be, barimo abamwiciye umugabo mu mwaka wa 2010, bamubuza amahwemo bakamutoteza bamwita umurozi.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu karere ka Nyamasheke, kuwa Kane tariki ya 20/2/2014 rwakatiye uwahoze ari Umunyambanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Ndagijimana Jean Pierre igifungo cy’imyaka ibiri muri gereza n’ubunyagwe bwa miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda nyuma y’uko rumuhamije icyaha cyo “kwigwizaho umutungo.”
Urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye ruratangaza ko guhurira mu Itorero ry’Igihugu mu mashuri yabo birufasha gusobanukirwa amateka yaranze u Rwanda, bityo bagakuramo isomo ryo gukosora ibibi byakozwe mu izina ry’urubyiruko rwafatwaga nk’abanyabwenge ariko bakarangwa n’amacakubiri.
Umugore witwa Mukashyaka Jeanette w’imyaka 32 y’amavuko arwariye mu rugo iwe mu mudugudu wa Nyarusange mu kagari ka Mwezi, umurenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke nyuma y’uko tariki ya 18/02/2014 yakubiswe bikabije n’umugabo we Siborurema Diogène w’imyaka 35.
Abayobozi n’abaturage mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18/02/2014 basubukuye ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cyo kurangiza kubaka Poste de Santé ya Wimana iri mu kagari ka Wimana mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke.
Abayobozi mu nzego zitandukanye mu karere ka Nyamasheke barasabwa kugira uruhare mu bukangurambaga n’ubuvugizi bugamije kugira ngo abagore babashe kugira uburenganzira busesuye ku mutungo w’ubutaka kuko kugeza ubu abagore bo mu Rwanda, by’umwihariko bo mu cyaro bagihura n’iyi mbogamizi.
Inzego zitandukanye zirimo intumwa za Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Umuvunyi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB) ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke, tariki 17/02/2014 zaganiriye n’abaturage b’umurenge wa Nyabitekeri zinabakemurira ibibazo kugira ngo bigabanye imanza n’amakimbirane.
Ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga mu rwego rw’akarere ka Nyamasheke byabaye ku wa 15/02/2014 byajyanye no gutaha ku mugaragaro inzu itanga amakuru ku batishoboye bo muri aka karere, by’umwihariko abafite ubumuga.
Akarere ka Nyamasheke karatangaza ko mu gutegura igihembwe cy’ihinga cya kabiri (Season B) birimo kujyana no kurandura indwara ya kirabiranya yibasiye urutoki, ku buryo kugeza tariki ya 20/02/2014 iyi ndwara izaba yarandutse aho igaragara hose hagasigara guhangana n’aho yagaragara bushya.
Ibikorwa by’Umuryango utegamiye kuri Leta HELPAGE-Rwanda bijyanye no gukora imihanda, kurwanya isuri no kwita ku bidukikije, byakorerwaga mu karere ka Nyamasheke mu gihe cy’imyaka 10 irangiye, bigiye kwegurirwa akarere kugira ngo gakomeze kubicunga kuko umushinga ugiye kurangira.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 12/02/2014, rwafashe icyemezo cy’uko abakozi batanu b’akarere ka Nyamasheke bari baratawe muri yombi bakekwaho icyaha cyo “gutanga ku busa cyangwa ku giciro kidakwiye ibintu bya Leta”, bafungurwa by’agateganyo.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke basanga Urumuri rutazima ari ikimenyetso cy’icyizere kigaragaza ko u Rwanda rwabonye umucyo kandi ko rutazongera kugwa mu icuraburindi ry’amacakubiri n’ivanguramoko, nk’ibyagejeje u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu myaka 20 itambutse.
Mu rwego rwo kumvikanisha gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yimakaza isano y’Ubunyarwanda ihuza Abanyarwanda bose, mu karere ka Nyamasheke hatangiye kuboneka “Imboni ya Ndi Umunyarwanda” mu midugudu, zikaba zigamije gukangurira abaturage ibyiza bya gahunda ya Ndi Umunyarwanda no kugira ngo abaturage bose bayigire iyabo.
Kuva ku itariki 30/01/2014, abakozi batanu b’akarere ka Nyamasheke barimo batatu bahoze mu kanama k’amasoko mu mwaka wa 2011 ndetse n’Aba-Enjenyeri (Engineers) babiri, bafungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga muri aka karere, cyakora icyo bafungiye ntikiratangazwa.
Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias arashishikariza urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye guharanira kubaka Ubunyarwanda muri bo birinda kugwa mu mutego w’amateka mabi y’ivanguramoko yaranze u Rwanda mu bihe byatambutse.