Abaturage bo mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke babashije kwaka inguzanyo muri Koperative Umurenge SACCO ya Bushekeri kandi bakayikoresha neza, barishimira iterambere bagezeho ibaha igisubizo mu guteza imbere imibereho yabo ishingiye ku bukungu.
Koperative Umurenge SACCO ya Kagano mu karere ka Nyamasheke yatangiye mu mwaka wa 2009 itira ibiro byo gukoreramo, kuri uyu wa 25/07/2013 yatashye inyubako yayo yuzuye itwaye miliyoni zisaga 23 kandi ifite “Guichet Mobile” yorohereza abanyamuryango bayo kubitsa no kubikuza badakoze ingendo ndende.
Umurambo w’umwana w’imyaka 12 wo mu mudugudu wa Mbogo mu kagari ka Butare mu murenge wa Gihombo, mu karere ka Nyamasheke wataruwe mu Kiyaga cya Kivu kuri uyu wa 24/07/2013 nyuma y’uko yari yarohamye ku wa 22/07/2013 ubwo yari yajyanye n’abandi bana “kurya umunyenga mu bwato”, ariko bukaza kurohama.
Mu gihe bikunze kubera abantu urujijo ukuntu uturere duhiga imihigo nyuma tukavuga ko twayesheje ku gipimo gisaga 100%, Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, avuga ko ibi bishoboka kandi atari ugukabya ahubwo ko biterwa n’imbaraga nyinshi abantu bagenda bashyira mu mihigo no kwiyumvamo inshingano (…)
Abanyeshuri bo mu karere ka Nyamasheke biga muri Kaminuza ya Kibogora (Kibogora Polytechnic) bishimira ko begerejwe kaminuza yabafashije kwiyungura ubumenyi ndetse no kubavana mu bwigunge.
Nsengiyumva Gerard w’imyaka 26 y’amavuko afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gufatanwa umukobwa w’imyaka 16 yari yararanye amusambanya.
Ndayisabye Callixte w’imyaka 23 wo mu mudugudu wa Ruvumbu, akagari ka Buvungira mu murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke ku wa 18/07/2013 yakubise umugore we, abaturage bamumukijije agira umujinya atema ingurube.
Polisi yakoze umukwabo mu turere dutandukanye kuri uyu wa kane, tariki ya 18/07/2013 hafatwa abacuruza ibiyobyabwenge n’ababikoresha ndetse n’inzererezi zitagira ibyangombwa.
Abantu batanu bashakishwaga na Polisi y’Igihugu ikorera mu karere ka Nyamasheke bakurikiranyweho kuba barakubise abayobozi b’umudugudu wa Bizenga, batawe muri yombi mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 17/07/2013 mu mukwabo wari ugendereye kubashakisha.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Jabo Paul, arahamya ko ikibazo cy’imicungire mibi y’umutungo wa Leta cyakunze kugaragara mu karere ka Nyamasheke kimaze gucika, ngo igisigaye ni ukujya aho ibikorwa bikorerwa kugira ngo harebwe koko ko ibyo bikorwa bifatika.
Abaturage batuye n’abakorera mu ga-centre ka Gisakura kari mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke barakangurirwa gufata iya mbere mu kuvanaho amazu yubatse mu kajagari ahubwo bakishyira hamwe bubaka inzu y’ubucuruzi ibereye kugira ngo babone inyungu nyinshi.
Abagore 3 bari basanzwe ari abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda n’abagabo 2 bari abajyanama mu Nama Njyanama y’akarere ka Nyamasheke batore we kuzahagararira akarere ka Nyamasheke ku rutonde rw’Abakandida-Depite b’Umuryango wa FPR-Inkotanyi.
Nyuma y’uko Nyaminani Daniel w’imyaka 93 wo mu murenge wa Rangiro agerageje kwiyahura akoresheje umuti wica udukoko (simukombe) tariki 08/07/2013; yaje gupfa tariki 09/07/2013 aguye ku Bitaro bya Kibogora aho yari yajyanywe igitaraganya mu rwego rwo kumutabara.
Nyuma y’uko ishyamba ryo mu murenge wa Kilimbi mu karere ka Nyamasheke ryafashwe n’inkongi y’umuriro hagashya ahasaga hegitare 16, irindi ryo mu murenge wa Mahembe naryo ryahiye hegitare 7 ndetse n’isambu ya hegitari 8 irashya mu karere ka Ngoma.
Nyaminani Daniel w’imyaka 93 utuye mu mudugudu wa Gahisi mu kagari ka Gakenke mu murenge wa Rangiro wo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 8/07/2013 yagerageje kwiyahura akoresheje umuti wica udukoko ngo abitewe n’uko umugore we amusuzugura.
Abagabo babiri bo mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke, mu ijoro rishyira tariki 08/07/2013 barwaniye mu kabari umwe arakomereka ajyanwa ku kigo Nderabuzima naho uwamukomerekeje arafatwa ajyanwa gufungirwa kuri Poste ya Polisi ya Karengera.
Imiryango 50 y’abatishoboye batagiraga aho batuye bo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Gatanu tariki 05/07/2013 yatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nganzo mu kagari ka Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga wubatswe n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare (Croix-Rouge).
Mu gihe Abanyarwanda bishimira ukwibohora kw’igihugu, abatuye akarere ka Nyamasheke bishimira ko Ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994 zikarokora Abatutsi bari bataricwa ariko kandi zikarokora n’abandi baturage kuko abicanyi bari basubiranyemo ubwabo ndetse bica n’abandi (…)
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bishimira ko ukwibohora kwabo kwatumye babona uburezi budaheza kuri buri wese, bitandukanye n’uko byari bimeze mbere y’umwaka w’1994 kuko ngo icyo gihe higaga umwana w’umutegetsi cyangwa undi ukomeye.
Ishuri Rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic-KP) riri mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa gatandatu tariki 29/06/2013 ryafunguye imiryango yaryo ku mugaragaro nyuma y’igihe kigera ku mwaka ritangiye gutanga inyigisho.
Inkongi y’umuriro yabaye tariki 25/06/2013 ndetse umuriro ukaza kongera kwihembera ku munsi wakurikiyeho yibasiye ishyamba ryo mu murenge wa Kilimbi mu karere ka Nyamasheke utwika ishyamba rifite ubuso busaga hegitare 16.
Mahoro Alexis w’imyaka 28 y’amavuko yasanzwe mu muhanda wa kaburimbo yapfuye mu ijoro rya tariki 25/06/2013, ariko icyamwishe ntikiramenyekana.
Muri gahunda yo gutoranya Abikorera b’Indashyikirwa muri buri karere, kuwa mbere tariki 24/06/2013, mu karere ka Nyamasheke habonetse ku ikubitiro abikorera b’Indashyikirwa 17 bahise batanga umusanzu wa miliyoni 6 n’ibihumbi 100 yo gushyigikira urwego rwabo.
Kuba mu cyahoze ari Komini Rwamatamu yo muri Perefegitura ya Kibuye hari hatuye Abatutsi benshi byatumye hakorwa ubwicanyi bukaze cyane mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.
Mvuyekure Emmanuel w’imyaka 29 y’amavuko afungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi ku mugoroba wa tariki ya 19/06/2013 amaze guhohotera umwana w’umuhungu w’imyaka 13, aho yashakaga kumujugunya mu musarani, nk’uko umwana abivuga.
Kanyandekwe Aaron w’imyaka 52 wari utuye mu murenge wa Macuba, tariki 14/06/2013 yimanitse mu kagozi ahasiga ubuzima.
Hakuzimana Gabriel w’imyaka 25, uzwi ku izina rya Kiwele afungiye muri Gereza ya Cyangugu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bijyanye no kunywa ibiyobyabwenge no kubikwirakwiza.
Umukecuru witwa Mukangwije Maria wo mu kagari ka Miko mu murenge wa Karengera arishimira ko yabashije kubona bwa mbere n’amaso ye televiziyo mu myaka 70 yose yari amaze abayeho.
Uwamusetsa Marianna w’imyaka 30 wo mu mudugudu wa Rwabagoyi, akagari ka Mataba mu murenge wa Shangi afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga akekwaho kwica umwana yari yabyaye mu gitondo cyo wa kabiri, tariki 11/06/2013, ariko we akabihakana.
Abayobozi b’utugari n’imidugudu mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 11/06/2013 basabwe kwirinda gusiragiza abaturage mu nzira ahubwo bakamenya ko bagomba kubakemurira ibibazo.