Abahinzi n’abashinzwe ubuhinzi mu karere ka Nyamasheke biteze ko ubuhinzi bwabo bugiye guhindura isura umusaruro ukiyongera, nyuma y’uko bagiye guhabwa indi fumbire yunganira izari zisanzwe.
Ubwo kuri uyu wa 26 Nyakanga 2016, itsinda ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bari mu Karere ka Nyamasheke bari bakomeje kumva ibyifuzo by’abaturage ku kuvugurura Itegeko Nshinga, umwe mu baturage bo mu Murenge wa Shangi yabaye abasabye ko mu gihe yapfa amatora ataragera bamwemerera ijwi rye bakazaryongera ku (…)
Abakozi batatu bakora ku Karere ka Nyamasheke barimo Noteri, Umuyobozi wa DASSO Wungirije n’umukozi ukora isuku ku karere batawe muri yombi bashinjwa ubufatanyacyaha mu gukora inyandiko mpimbano.
Umuraperi wa mbere mu Karere ka Nyamasheke na Rusizi, aho bakunze kwita mu Kinyaga, nyuma yo kwegukana “Kinyaga award” ngo arimo gukora indirimbo izasohoka yitwa “Umusaza ni umusaza” asabamo Perezida Kagame kutazatenguha Abanyarwanda yanga icyifuzo cyabo cyo kongera kubayobora.
Mu Kiyaga cya Kivu mu Karere ka Nyamasheke hafatiwe imifuka ibiri y’urumogi yari ivuye muri Repuburika iharanira Demukarasi ya Kongo, kuri iki cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2015, mu kirwa cya Biti mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke.
Abanyeshuri basaga 60 bigaga ibijyanye n’ubumenyingiro muri Paruwasi Gaturika ya Nyamasheke basoje amasomo bari bamazemo imyaka ibiri bahabwa impamyabumenyi ndetse bahabwa n’ibikoresho by’ibanze bazaheraho bifite agaciro ka miliyoni 4 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umugabo witwa Igirukwigena Bonaventure utuye mu Mudugudu wa Kijibamba mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi nyuma ashinjwa kugerageza gufata ku ngufu umukobwa we, byamunanira akamutemagura.
Umwana w’umuhungu witwa Irashubije Modeste w’imyaka 15 yitabye Imana nyuma yo kugwirwa n’ikirombe ubwo yari yagiye gucukura amabuye ngo akaba yapfiriye mu nzira ajyanwe kwa muganga.
Mu kiyaga cya kivu hafatiwe abakongomani batanu n’amato yabo bari bavogereye amazi y’u Rwanda n’imitego ya kaningini itemewe kurobeshwa mu Rwanda na yo irafatwa, kuri uyu wa gatatu tariki a 1 Nyakanga 2015.
Mu biganiro yagiranye n’abavuga rikukumvikana (opinion leaders) bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu Murenge wa Bushekeri aho bita mu Gisakura, Perezida Paul Kagame, yasabye ko igiciro cy’ingendo z’indenge ku baturage bakoresha ikibuga cy’indege cya Kamembe cyagabanuka ku Banyarwanda kugira ngo barusheho gukorana no (…)
Parezida Kagame arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kujya zikemura ibibazo by’abaturage ku gihe kuko ngo ntawe ushoboye kujya yicara imyaka ategereje kuzakemurirwa ikibazo kandi abayobozi bahari.
Umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame aratangaza ko adashimishijwe n’uburyo ubuyobozi bubishinzwe bwananiwe kugeza umuyoboro wa Radio y’igihugu ku baturage bo mu karere ka Nyamasheke, bigatuma bahitamo kwiyumvira izo mu bihugu by’abaturanyi.
Perezida Kagame uru wagendereya abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 29 Kamena 2015 yabawiye ko imyumvire y’Abanyarwanda yahindutse ku buryo ntawe ukibasha kubashuka kuko ubu ngo usigaye ubabwira bakakubaza impamvu y’ibyo ubabwira.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko kuba bafite ubuyobozi bwiza, bigatuma basigaye bibona mu gihugu kibahesha agaciro kurusha indi mibereho yabo ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abahinzi b’icyayi bo mu mirenge ya Bushekeri na Ruharambuga batashye inzu igezweho biyujurije itwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 26 ikazakoreramo Sacco yabo.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yamaze kwemeza ingengo y’imari izakoreshwa muri ako karere mu mwaka wa 2015/2016, aho 35% by’iyi ngengo y’imari bizakoreshwa mu bikorwa by’iterambere.
Mu gihe bitamanyerewe kubona ibitaramo bitandukanye by’abahanzi mu Karere ka Nyamasheke, mu mpera z’iki cyumweru itsinda ry’abahanzi “Ijabo” rizwi ku izina ry’Isoko ya Nil barataramira abaturage ba Nyamasheke aho bita muri Café de L’Ouest.
Mu nama y’umutekano yahuje inzego zitandukanye zifite aho zihurira n’umutekano w’abaturage ndetse n’abaturage ubwabo, mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, abaturage bavuze ko bahangayikishijwe n’ikibazo kimaze gufata intera cy’ubujura bumena amazu bakiba ibiri imbere mu nzu.
Nabonibo Joseph wafashwe n’indwara yo kuzana udusununu ku munwa bikaza kuzamo ikirokoroko gikomeye kimeze nk’icyamunzwe, aracyasaba ubufasha nyuma y’igihe kirekire ajya mu mavuriro atandukanye adakira.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Karambi bukomeje guhangayikishwa n’igenda ridasobanutse rya bamwe mu Banyarwanda batujwe mu muri uwo murenge mu karere ka Nyamasheke, baturutse muri Tanzaniya ubwo birukanwaga.
Mu gutangiza icyiciro cya kabiri cy’umushinga ubungabunga amashyamba (PAREF) mu karere ka Nyamasheke, abaturage basabwe kwitabira gufata neza amashyamba yabo mu kubungabunga ibidukikije no kuhakura amafaranga ashobora kubateza imbere azanywe n’uyu mushinga.
Bamwe mu baturage baturiye umuhanda wa Kivugiza –Hanika mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke bashinja Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi kubasiragiza no kubambura amafaranga y’ibikorwa byabo byakuweho ubwo bubakaga uyu muhanda.
Abikorera bo mu karere ka Nyamasheke barakangurirwa gutangira kubyaza umusaruro amahirwe bafite y’umutungo kamere wiganjemo ikiyaga cya Kivu gikora ku mirenge hafi ya yose igize aka karere, ishyamba rya Nyungwe n’ubutaka bwera akarere gafite.
Bamwe mu bagore bakoraga umwugaw’uburayabo mu karereka Nyamasheke bavugako uburaya bwabasigiye ibikomere bikomeye by’umubiri n’umutima, ku buryo bikibakomereye kwiyubaka ngo baterimere nk’abandi Banyarwanda.
Imvura idasanzwe yaguye kuri uyu wa kane tariki ya 04 Kamena 2015 yasenyeye abaturage barindwi ndetse irengera imyaka y’abaturage mu Kibaya cya Kirambo mu Kagari ka Kigoya na Kibogora mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke bakomeje guterwa impungenge n’abana babo cyane cyane abageze mu gihe cy’ubugimbi n’ubwangavu bakomeje kuburirwa irengero bakazabumva bivugwa ko bagiye mu mijyi nka Rusizi cyangwa Kigali gukora ubuyaya cyangwa ububoyi.
Abaturage bo mu Murenge wa Kanjongo bashinja urusengero rwa “Des Amis” kubaca amafaranga babizeza ko abana babo bazajyanwa kwiga mu mushinga witwa Compassion bikarangira bidakozwe ahubwo amafaranga batanze akubakwamo urusengero.
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge, Isaac Bizuru Nkurikiyimana, yakatiwe gufungwa imyaka 7 y’igifungo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi ruri mu Karere ka Rusizi kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015.
Umugabo witwa Karekezi yagwiriye n’ikirombe yacukuragamo amabuye y’agaciro ya Coltan ahita yitaba Imana.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aimé Fabien, avuga ko umwana w’umunyarwanda akwiye kuba yigira ahantu hamufasha kwiga neza, agakura afite imishinga izubaka igihugu cyamubyaye.