Abaturage batuye mu Karere ka Nyamasheke cyane cyane abibumbiye mu mashyirahamwe, mu matsinda cyangwa se mu makoperative atandukanye, barasabwa gutera intambwe bakamenya uburyo bw’imicungire y’ibyo babamo, bagasezera gukora ntacyo bunguka kigaragara.
Dr Nsabimana Damien, Umuyobozi w’Ibitaro bya Kibogora, asanga ari ngo agahomamunwa kubona umuganga agambanira abarwayi akwiye kuba aha ubuzima akarenga akabica kandi ubundi yarize gutanga ubuzima no gukumira urupfu.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kibogora biri mu Karere ka Nyamasheke, Dr Nsabimana Damien avuga ko gufasha no kwita ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 batishoboye ari ngombwa kandi bikaba inshingano ya buri mu nyarwanda wese, niba igihugu cyifuza gukomeza gukataza mu iterambere kigezeho.
Abakozi b’akarere ka Nyamasheke basabwe n’ubuyobozi bwabo kurangwa n’ishyaka mu kazi kabo, bafashanya muri byose kugira ngo bazagere ku ntego bihaye mu kwesa imihigo abaturage babategerejeho.
Umuryango wa Nyirafurere Azera utuye mu Kagari ka Karengera mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke uvuga ko wasenyewe inzu n’ubuyobozi ndetse n’abakoraga umuhanda wa kaburimbo uva Nyamasheke ugana i Karongi, umwaka ukaba ugiye gushira bategereje ingurane bijejwe amaso agahera mu kirere.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Uburengerazuba, Jabo Paul arasaba abaturage gushyira umutima wabo ku buhinzi bwa Kawa bazikorera kandi bazisasira, ku buryo bishobora kubateza imbere ndetse bikaba byabatunga byonyine.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana aributsa urubyiruko ko rugomba guharanira ejo heza harwo n’ah’igihugu muri rusange binyuze mu gukunda umurimo.
Mu Karere ka Nyamasheke haravugwa inkuru y’umusore witwa Hategeka François wateye icyuma mugenzi we basangiraga mu isanteri ya Birogo, mu Mudugudu wa Kagarama mu Kagari ka Kibingo mu Murenge wa Gihombo, akamukomeretsa bikomeye ku kibero.
Dr Jeef Crandall, umuganga w’Umunyamerika yubakiye ibitaro bya Kibogora inzu igezweho ivurirwamo abana, yibuka umwana we waguye mu Rwanda ubwo yari umuganga ku bitaro bya Kibogora.
Umurambo w’umuntu uri mu kigero cy’imyaka 25 na 28 watoraguwe mu mazi y’ikiyaga cya kivu mu Mudugudu wa Kazibo mu Kagari ka Muyange mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke.
Nyuma y’igihe kirekire abaturage bari mu bibazo n’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura bishingiye ku butaka bombi batumvikanaho, Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Mukandasira Cartas yamanutse gushaka umuti urambye, agasaba abaturage kwihangana kuko mu gihe gito ukuri kuzaba kwamenyekanye.
Mu gihe muri Pariki y’igihugu ya Nyungwe no mu nkengero zayo cyane cyane ahitwa mu Gisakura hakunze kuvugwa impanuka za hato na hato akenshi zikorwa n’imodoka z’inyamahanga ziba zipakiye ibintu biremereye, ibintu bikangirika ndetse zikica n’abantu, hamaze gushakwa igisubizo cyo kubihagarika.
Padiri Ubald Rugirangonga aravuga ko ibibazo byose abanyarwanda bafite bizakemurwa no gufata icyemezo cyo gutanga imbabazi no kuzisaba nta buryarya.
Mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Nyamasheke asura imihanda inyuranye, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo, Dr Nzahabwanimana Aléxis, yasabye ko abagore bakora isuku ku mihanda no mu nkengero zayo bagomba kuba ari benshi nk’uko biteganywa n’amategeko kandi binakorwa no mu zindi nzego za leta.
Nyuma y’aho ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke butangarije ko bwamaze gutanga isoko ku nyigo yo kubaka urwibutso rwa Jenoside rwa Gashirabwoba ruri mu Murenge wa Bushenge, abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bakomoka mu Bushenge bakomeje kutabivugaho rumwe n’ubuyobozi.
Umugabo witwa Claude Nsanzamahoro utuye mu Mudugudu wa Busasamana mu Kagari ka Shangi mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi ku wa mbere tariki ya 13 Mata 2015 akurikiranyweho amagambo ahembera urwango ashingiye ku ngengabtekerezo ya Jenoside yavugiye muri uwo mudugudu.
Abaturage batuye mu Mudugudu wa Gatyazo mu Kagari ka Rugari mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko hakwiye gushyirwa ingufu nyinshi mu kwigisha urubyiruko ububi n’ingaruka Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ku gihugu cy’u Rwanda kugira ngo haboneke icyizere ko u Rwanda rutazongera kurangwamo Jenoside ukundi.
Abagabo babiri batuye mu Karere ka Nyamasheke bafunzwe bakekwaho kuvuga amagambo mabi ahembera ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ubuyobozi bw’Ikigo cyongerera ubumenyi abafite ubumuga kirabibutsa ko badakwiye kubera umutwaro abakoresha cyangwa ngo abakoresha babafate nk’abadashoboye byabadindiriza imirimo ngo bitumen babima akazi cyangwa babima agaciro ku isoko ry’umurimo.
Mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 31 Werurwe 2015, Umunyamabanga wa Leta muri Minsiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi , Tony Nsanganira , yasabye abahinzi kudaha urwaho ababagurira umusaruro ku giciro gito.
Impanuka zibera muri Pariki y’igihugu ya Nyungwe no mu Nkengero zayo zikomeje kwiyongera, bikavugwa ko biterwa no kubura feri ndetse n’amakorosi menshi ahagaragara.
Kuri uyu wa 28 Werurwe 2015, mu Ishuri Rikuru rya Kibogora Polytechnic habereye umuhango wo kurahiza no kwinjiza abanyamuryango bashya mu muryango wa FPR inkotanyi bagera kuri 18.
Umugabo witwa Akayezuwa wo mu Mudugudu wa Mikingo mu Kagari ka Mubumbano arashinjwa n’abaturanyi gutema inka y’umuturanyi we mu ijoro ryo ku wa 25 Werurwe 2015 kubera ibibazo by’amakimbirane bari bamaranye iminsi.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke batuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko bakeneye ikindi gikombe cy’imihigo gitaha iwabo i Nyamasheke, dore ko aka karere gaheruka icyo kegukanye mu mwaka w’2010.
Umusaza witwa Niyonzima Joseph uri mu kigero cy’imyaka 67, mu rukerera rwo ku wa 16 Werurwe 2015, yasanzwe mu muferege agaramyemo yashizemo umwuka, mu Mudugudu wa Kabuyekeru mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke burasaba abagatuye kumenya uburyo bashobora kubyaza umusaruro ubutaka bwabo, bakurikiza amategeko n’amabwiriza atangwa n’ubuyobozi ku micungire yabwo.
Nyuma y’uko abaturage bo mu Murenge wa Kagano n’uwa Cyato mu Karere ka Nyamasheke basenyewe n’imvura ivanze n’umuyaga mu kwezi kwa Gashyantare mu w’2015, ku wa gatatu tariki ya 11/03/2015, Umushinga ADRA-Rwanda wabageneye inkunga y’amabati 60 azabafasha kongera kusakara amazu yabo bagasubira mu buzima busanzwe bari barimo.
Umugabo witwa Munyenshongore Ezechiel bakundaga kwita Kabutura yakuwe munsi y’imodoka yamuguyeho yashizemo umwuka ku wa gatatu tariki ya 11/03/2015.
Nyirandayambaje Agnes wo mu Mudugudu wa Ruhinga ya 2, Akagari ka Kagatamu mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke avuga ko yagurishirijwe isambu y’ababyeyi na mukuru wabo wo kwa se wa bo, ndetse agahita amwihakana ko ntacyo bapfana.
Nyirabahutu Berancille utuye mu mudugudu wa Kanyovu mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Bushekeri avuga ko atiteguye gutanga ubwisungane mu kwivuza igihe cyose azaba akiri ku isi ngo kuko asanga ubu buryo bunyuranye n’amahame n’imyemerere y’idini asengeramo ry’abadivantisite b’umunsi wa karindwi.