Igihe cy’imfizi itimirwa cyararangiye - Mayor Uwamariya

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamariya Beatrice arasaba abagabo kudaca inyuma abagore babo igihe baboneje urubyaro kandi bakareka gukomeza kugendera ku by’imfizi itimirwa kuko bitakijyanye n’igihe.

Uwamaliya asaba abagabo guhindura imyumvire y'imfizi zidakumirwa
Uwamaliya asaba abagabo guhindura imyumvire y’imfizi zidakumirwa

Uwamaliya avuga ko bigayitse kubona umugore ajya kuboneza urubyaro akoresheje uburyo butandukanye aziko ari kurengera umuryango, umugabo we akamuca inyuma akabyara hanze, n’ubundi batabana bagakomeza kwiyongera.

Kubera iyo mpamvu abagabo na bo ngo bakwiye kuboneza urubyaro aho gukomeza kwigira imfizi zitimirwa. Agira ati: “Birababaje kubona umugore yirirwayiteza inshinge yirohamo ibinini yajya kubona akabona umwana wawe wabyaye hanze arahingutse .... igihe cy’imfizi zitimirwa cyararangiye”?

Guverineri Gasana avuga ko hakwiye gufatwa ingamba zirimo gukumira no kuburizamo ibyaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Guverineri Gasana avuga ko hakwiye gufatwa ingamba zirimo gukumira no kuburizamo ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Umuyobozi w’Akarere avuga ko kera hari imico ivuga ko uko abana baba benshi mu muryango ari amaboko cyangwa se ugukomera k’ubafite.
Nyamara ngo uyu munsi si ko bikwiye kumvikana kuko ibihe byahindutse, ubu umuryango ufite ayo maboko akaba ari ushoboye kwishyurira abana amashuri kuko igihugu cyagutse.

Agira ati: “Kera umuntu yarabyaraga agahinga akagaburira abana, akaba azi ko bihagije ariko uyu munsi si ko biri, abana bagomba kwiga bakagera no hanze y’igihugu kugira ngo babashe kuziteza imbere”.

Kuba abagore bacibwa inyuma n’abo bashakanye kandi ngo ni bumwe mu buryo bw’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa.

Umuyobozi w’Urwego rw’ubugenzacyaha RIB mu Karere ka Muhanga Muhimpundu Albertine, avuga ko igihe abagabo batakwisubiraho ngo birinde ihohoterwa rishingiye ku gitsina hashobora kwitabaza amategeko bagahanwa.

Agira ati: “Guta urugo kw’abashakanye biri gutuma abana bashobora guhohoterwa ku gitsina, ubushoreke, n’ubusambanyi ubu amategeko arabihanira byose mugomba kwitonda”.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Emmanuel Gasana avuga ko mbere y’ibihano hakwiye kubaho ibintu bitatu by’ingenzi byarinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina harimo no gutangira amakuru ku gihe.

Agira ati: “Amakuru natangwe ku gihe, habeho gukumira, kuburizamo no kurwanya ibyo byaha, hakwiye kuzamura imyumvire ku baturage ubundi tugakumira”.

Kuzamura ubushobozi bw’umugore kandi ngo ni ubundi buryo bwo kumuteza imbere, agaca ukubiri n’ubukene nka kimwe mu bikurura ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Ibi bikiyongeraho n’indangagaciro na kirazira zituma abantu bongera kugarura icyizere hagati yabo no kwitwararika.

Abadepite muNteko ishinga amategeko bitabiriyekwamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Abadepite muNteko ishinga amategeko bitabiriyekwamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Iyi nkuru ikorenye ubuswa:Ntigararaza ibi biganiro byatanzwe ababihabwa abo ari bo ;impamvu yabyo;etc .
Please try to be professional!

MASO yanditse ku itariki ya: 3-12-2018  →  Musubize

Ko mbona nawe imfizi imwe itamuhaza ubwo ntabesha

rubera yanditse ku itariki ya: 1-12-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka