Muhanga: Abaturage basabye PL gukemura ikibazo cy’inzererezi
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga barasaba ishyaka riharanira ukwishyira ukizana PL gukemura ikibazo cy’abana bo mu muhanda kugira ngo hazaboneke abayobozi b’ejo hazaza h’igihugu.

Ibyo babisabye ubwo ishyaka PL ryari mu bikorwa byo kwiyamamaza, mu turere twa Muhanga na Ngororero, aho ryagaragaje ko umwihariko ku mutungo kamere ukomoka mu Karere ka Muhanga uzabyazwa umusaruro kurushaho.
Ishyaka PL ryiyamamarije mu busitani bwa Sitade ya Muhanga, ibikorwa byo kwamamaza iryo shyaka bikaba byitabiriwe n’abaturage batari benshi cyane ariko bafite Morale mu ndirimbo zirata ibibgwi by’ishyaka PL.
Umutungo kamere w’Akarere ka Muhanga ni kimwe mu byo PL yagaragaje ko uzarushaho kubyazwa umusaruro by’umwihariko ku mabuye y’agaciro ahagaragara, ndetse n’ibumba rihacukurwa.
Perezida wa PL Mukabalisa Donatille yavuze ko hari itegeko riherutse gutorwa rirebana no kongera umusaruro w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hifashishijwe ikoranabuhanga kandi ko gutora PL ari ugutuma iryo tegeko rishyirwa mi bikorwa.
Agira ati “Hano hari amabuye y’agaciro hafi mu Mirenge yose, hari ibumba ryiza rishobora kuvamo amasahani y’amadongo twohereza hanze, twatoye itegeko rizatuma tubibyaza umusaruro hifashishijwe ikoranabuhanga tuzareba uko rishyirwa mu bikorwa”.

Niyomufasha Daniel n’abandi baturage bashimye gahunda za PL, ariko bayisaba ko ku nkingi y’uburezi n’imibereho myiza y’abaturage iryo shyaka ryazita ku bana bo mu muhanda, mu gihe ryaramuka ribonye imyanya mu nteko ishinga amategeko, kuko ngo icyo kibazo gihangayikishije cyane.
Ati “Mukabalisa yarize aba umuyobozi. Nibatita ku kurwanya ubuzererezi n’abana bo mu muhanda ntabwo bizakunda, kuko niba yarize agomba gutuma n’abandi bagira uburezi bufite ireme kandi ntibyashoboka bari mu muhanda”.
Ishyaka PL rimaze imyaka 27 rivutse, ubu riramamaza abazarihagararira bagera kuri 80, bakaba bageze mu Karere ka Muhanga baturutse mu Karere ka Ngororero, aho umuyobozi w’ishyaka yishimiye uburyo abayobozi b’inzego z’ibanze babafashije mu kubaha ikaze no kubacungira umutekano.
Inkuru zijyanye na: Amatora y’abadepite 2018
- Amatora y’abadepite yabaye ntamakemwa - Indorerezi
- Abagore batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko bamenyekanye
- Imyanya 4 kuri Green Party na PS Imberakuri mu nteko ishinga amategeko
- FPR irayoboye mu majwi y’agateganyo na 75%
- Yabyaye 3 avuye gutora, umwe ngo azamwita ’Mukadepite’
- Nyagatare: Yafashwe yigize indorerezi y’amatora
- Inyota yo gutora ku rubyiruko rwiganjemo n’urwayitabiriye rutaruzuza imyaka
- Muhanga: Abatoye bongeye kwibutsa abadepite kurwanya ihuzagurika mu nzego
- Intero ‘aya si amatora ni ubukwe’ yongeye kugaragara (AMAFOTO)
- Muri Kigali abarwayi n’abarwaza begerejwe ibiro by’itora ngo badacikanwa
- Nyabimata: Ab’inkwakuzi bahise bisubirira mu mirimo nyuma yo gutora
- Abafite ubumuga bamaze kubona umudepite uzabahagararira
- N’utaraboneje urubyaro yavuze imyato FPR ngo itaramutereranye
- Abakandida PL bashimiye Abanyarwanda ubufatanye babagaragarije mu kwiyamamaza
- Perezida Kagame uri mu Bushinwa yamaze gutora abadepite
- Uwari warahawe akato kubera uruhu ubu ni ikitegererezo
- Gasabo: FPR yijeje abaturage kubyaza umusaruro ikiyaga cya Mutukura
- Bweyeye: Abaturage barasaba abaganga b’inzobere bahoraho
- Ruhango: Ntibakeneye umudepite wicara mu nteko gusa
- Rwaza: Abaturage ngo bizeye kubona amashanyarazi nyuma y’amatora
Ohereza igitekerezo
|