Mu rwego rwo gukomeza gufasha abaturage kugira imibereho myiza banywa amata kandi banonera umusaruro kubera ifumbire, tariki 2-8 Kamena 2014 ni icyumweru Akarere ka Karongi kahariye gahunda ya Gira inka “Gira inka week”.
Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro ryo mu Burengerazuba ( IPRC West) bibutse inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, bafasha impfubyi zibana zo mu Mudugudu wa Twumba mu Murenge wa Twumba ho mu Karere ka Karongi.
Kuri uyu wa 1 Kamena 2014 mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Rubengera mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi bashinguye imibiri 52 y’inzirakangane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ubwo Abanyakanada bakora mu muryango utegamiye kuri Leta witwa Inspire Africa bifatanyaga n’Abanyakarongi mu muganda usoza ukwezi wabaye tariki 31/05/2014, batangaje iwabo na bo bakeneye ibikorwa nk’iby’umuganda ngo bibafashe kumenyana no gusabana.
Abarezi bo mu karere ka Karongi barasabwa kurinda abana bigisha ikitwa amacakubiri aho kiva kikagera, babatoza kubana nk’Abanyarwanda. abana na bo basaba abayobozi kubarindira umutekano ngo kugira ngo Jenoside itazasubira.
Umuryango Nyarwanda uharanira amajyambere arambye, (Rwanda Initiative for Sustainable Development/ RISD) ubinyujije mu mikino n’ubutumwa butandukanye bugaragaza ko ubutaka buri ku isonga mu bikurura amakimbirane mu Banyarwanda, wigishije abaturage bo mu Murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi uburyo bwo gukemura (…)
Abakozi n’abanyamigabane ba Banki y’Abaturage y’u Rwanda/Ishami rya Kibuye basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero banatera inkunga y’amafaranga miliyoni imwe abarokokeye Jenoside mu Bisesero mu rwego rwo kubafata mu mugongo no kubaherekeza mu rugendo rwo kwigira.
Ikigo cya TTC Rubengera ndetse n’ibigo by’amashuri yisumbuye byo mu Birambo mu Murenge wa Gashali byegukanye imyanya myinshi yo kuzahagararira akarere ka Karongi ku rwego rw’intara mu marushanwa ndangamuco y’indirimbo, imivugo n’imbyino ku nsanganyamatsiko iti “Ndi Umunyarwanda, inkingi y’ubutwari”.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko umwaka utaha wa 2015, igihe cyo kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 kizasanga hari urwibutso ababuriye ababo mu Kivu na bo bashobora kubibukiraho.
Ubwo tariki 18/05/2014 hibukwaga Abatutsi basaga ibihumbi 18 baguye mu Murenge wa Mubuga ho mu Karere ka Karongi mu gihe cya Jenoside, hatanzwe ubutumwa bw’umwana wari ufite ukwezi kumwe mu nda ya nyina mu gihe cya Jenoside maze bukora ku mitima ya benshi bitabiriye uwo muhango.
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Karongi, Nsanzabaganwa Emile, aributsa ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri ako karere ko bagomba kumenya no gusobanurira abaturage ko umutekano ari uw’abaturage naho abasirikare n’abapolisi ngo bakaza bunganira gusa ku bwo kuba bafite ibikoresho n’amasomo mu byo kuwubungabunga.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) bugaragaza ko abaturage b’Akarere ka Karongi bishimira by’umwihariko serivisi z’ubuzima ariko na none bakaba batishimira by’umwihariko serivisi zitangwa n’Ikigo cy’igihugu cy’amazi, ingufu n’amashanyarazi (EWSA).
Abaturage bo mu mirenge ya Mutuntu, Gashali na Rubengera mu Karere ka Karongi bavuga ko bimwe mu bibazo bituma batabona umusaruro uhagije ari ibijyanye n’imbuto n’ifumbire bibageraho bitinze no kuba ngo imbuto bahabwa itajyanye n’ubutaka bwabo.
Muri Kaminuza y’u Rwanda , Ishami ry’ubuzima n’ubuvuzi bw’abantu rya Nyamishaba mu Karere ka Karongi ku mugoroba wa tariki 10/05/2014 bari mu muhango wo kwibuka abantu babarirwa mu bihumbi bitatu baguye muri icyo kigo ndetse no mu Kiyaga cya Kivu mu gihe cya Jenoside.
Abaturage bo mu Murenge wa Mubuga mu karere ka Karongi bihangiye umunda mushya ufite uburebure bubarirwa muri birometero bitatu n’igice mu Mududugudu wa Rwamiko mu Kagari ka Ryamuhanga mu rwego rwo kunoza imiturire no kugira uruhare mu kwiyegereza no kongerezwa ibikorwa remezo.
Ubwo hatangizwaga ukwezi k’urubyiruko ku rwego rw’akarere ka Karongi, tariki 07/05/2014, urubyiruko rwasabwe kurushaho kwigira binyuze mu bikorwa biruteza imbere mu bukungu no kurushaho gukoresha ikoranabuhanga mu kuzamura imibereho myiza yabo no kubungabunga umutekano w’ibyo bamaze kugeraho.
Vuzimpundu James uri mu kigero cy’imyaka 20 utuye mu Mudugudu wa Bisasu mu Kagari ka Gitovu mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi, kuva kuri uyu wa Gatanu tarki 2/5/2014 arashakishwa, nyuma yo gutwika inzu y’iwabo no kwica inka y’iwabo ayiciye igihanga abitewe n’uko iwabo batari bamuhaye amafaranga y’inka bari (…)
Minisiteri y’Ubucuruzi ibinyujije mu mushinga wayo PPMER II ku bufatanye na banki ya Sacco Rubengera, kuri uyu wa 29 Mata 2014 bafashije urubyiruko rwo mu Murenge wa Rubengera kwihangira umurimo babaha ibikoresho by’imyuga yo kudoda no kogosha bifite agaciro k’amafaranga 870,000.
Kuri uyu wa 27 Mata 2014, mu Karere ka Karongi habaye imikino ya nyuma y’amarushanwa y’umupira w’amaguru yitiriwe Perezida Paul Kagame, “Umurenge Kagame Cup” maze mu bagabo ikipe y’Umurenge wa Gashali yegukana igikombe naho mu bakobwa gitwarwa n’Ikipe y’Umurenge wa Murambi.
Itsinda ry’intumwa z’abayobozi b’amakomini muri Benin riri mu rugendoshuri mu Karere ka Karongi, aho ryaje kwigira imiyoborere myiza ku Rwanda by’umwihariko aho u Rwanda rugeze rwiyubaka muri iyi myaka 20 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’uruhare rw’abaturage muri gahunda za leta.
Nyuma y’ibiganiro bahawe n’Umuryango nyarwanda w’abagabo bagamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (RWAMREC), urubyiruko rwo mu karere ka Karongo rwiyemeje kuba bandereho mu mibereho ya buri munsi aho baba hirya no hino mu muryango nyarwanda.
Ubwo hibukwa ku nshro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Mujyi wa Kibuye hibukijwe ko Interahamwe zo mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ahasigaye ari mu Karere ka Karongi ngo mu gihe cya Jenoside zirirwaga ziririmba ko Imana y’Abatutsi yapfiriye i Rubengera ngo yagiye kubagurira ibijumba.
Ngarambe Vedaste wari umusirikare mu Nkotanyi mu gihe cya Jenoside akaba afite imiryango yaguye ku Rusengero rw’Abadiventisite b’umunsi wa karindwi ahitwa kuri Ngoma mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi, arasaba amatorero ya gikirisitu kwemera ko yatsinzwe kubera ko yatereranye abakirisitu bayo ndetse n’abandi Batutsi (…)
Abakozi ba banki ya Ecobank mu Ntara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyaruguru basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero ruherereye mu Karere ka Karongi maze banagabira inka eshanu zifite agaciro ka miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda abacitse ku icumu rya Jenoside aho mu Bisesero batishoboye mu rwego rwo kubasha kwibuka biyubaka.
Ryumugabe Alphonse, Umujyanama uhagarariye urubyiriko mu Nama Njyanama y’Akarere ka Karongi, atangaza ko u Rwanda rufite umutekano uhagije ariko ngo rukaba rugifite urugendo rwo kwigobotora ingoyi y’ubukene kuko ngo iri mu bisigaye ku isonga mu guhungabanya umutekano.
Pasiteri Uwimana Daniel yatanze ubuhamya ku bwicanyi bwabereye mu Mujyi wa Kibuye by’umwihariko kuri Paroisse St Pierre, kuri Home St Jean no kuri Stade Gatwaro yari Stade ya Perefegitura ya Kibuye maze anasobanura ukuntu yarokowe na mayibobo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi butangaza ko gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi ari inshingano za Leta atari ukubagirira impuhwe nk’uko bamwe babyibwira.
Urubyiruko ruri mu rugaga rw’urubyiruko rwa FPR Inkotanyi ruhagarariye urundi mu Ntara y’Ubungerazuba kuva kuri uyu wa 5 Mata 2014 rwahuriye mu Karere ka Karongi aho rurimo kuganirizwa mu gihe cy’iminsi ibiri ku ngingo zinyuranye zikangurira urubyiruko kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere ry’igihugu no kukibungabungira (…)
Kuri uyu wa kane tariki 3 Mata 2014, mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gashali habaye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’inzirakarekane 296 zishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Abakozi ba Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga bakora mu Ishami ry’ikoranabuhanga kimwe n’ibigo bikora ibijyanye n’ikorabuhanga bifatanyije n’abaturage bo mu Kagari ka Kiniha mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi mu muganda batera ibiti kuri ruhurura iri ku burerbure hafi bwa kilometero ebyiri.