Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga iratangaza ko mu minsi mike izatangira gukwirakwiza mu Rwanda hose uburyo bwa interineti bwitwa 4G ngo buzatuma interineti izajya yihuta ku muvuduko ukuby einshuro icumi uboneka mu Rwanda iki gihe.
Abanyeshuri umunani bahuye n’ikibazo cy’ihungabana nyuma y’uko mugenzi wabo witwa Olive Tuyishime wigaga mu mwaka wa gatanu mu ishuri nderabarezi rya Rubengera mu Karere ka Karongi yitabye Imana azize indwara muri iki gitondo tariki 25 Werurwe 2014.
Mu nama z’inteko rusange bita Kongere abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakorete mu mirenge yose igize akarere ka Karongi kuwa 23 Werurwe 2014, abayobotse uyu muryango n’abaturage benshi bamuritse ibyo bagezeho mu bice bitandukanye by’ubuzima bwabo bwa buri munsi harimo umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, ubukorikori, imihigo yo (…)
Abaturage babarirwa muri 555 bo mu Karere ka Karongi basoje amasomo yo kwandika, gusoma no kubara , kuri uyu wa gatanu tariki 21 Werurwe 2014, binyuze mu iterero rya ADPR ku nkunga y’umuryango Global Communities ubicishije mu mushinga USAID EJO HEZA barishimira ko bavuye mu mubare w’injiji bakaba bagiye kujyana n’abandi (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Korongi Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Isimbi Dative arasaba abakirisito bo mu iterero rya ADPR muri Paruwasi ya Gacaca kubaka Ubunyarwanda bahereye ku bukirisito, kuko ngo Ubunyarwanda bwasenyutse.
Guverineri mushya w’intara y’Uburengerazuba, madamu Caritas Mukandasira, yatangiye imirimo ye ku mugaragaro kuwa gatatu tariki 19/03/2014, ahererekanya ububasha n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara, Jabo Paul, wari warasigaye mu mwanya w’umuyobozi w’intara kuva uwari uyiyoboye, Celestin Kabahizi, yatorerwa guhagararira (…)
Umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko, wo mu mudugudu wa Ruragwe mu kagari ka Kabeza, mu murenge wa Rubengera ho mu karere ka Karongi ari mu maboko ya polisi, kuva tariki 16/03/2014 ari mu maboko y’inzego z’umutekano azira gushaka kwambura ubuzima umwana we umaze amezi ane gusa avutse.
Umuryango Handicap International, ubicishije muri gahunda y’uburezi budaheza, urimo guhugura ababyeyi 42 bo mu turere twa Karongi na Rutsiro bafite abana babana n’ubumuga bw’ingingo z’umubiri ku buryo bwo gukoresha imyitoza ngororangingo ikabafasha kugorora ibice by’umubiri w’abana babo byahuye n’ikibazo cyo kumugara.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bacumbikiwe mu kagari ka Bubazi mu murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi barashimira abaturage b’aho mu kagari ka Gacaca ko babakiriye bakabaha imfashanyo irimo ibiribwa n’imyambaro, ariko bagasaba ubuyobozi kubafasha kubona ibisubizo by’ibibazo bibabangamiye mu buryo (…)
Abakiristo bo mu Iterero rya ADEPR Paruwasi ya Karongi kuri uyu wa 16 Werurwe 2014 basoje igiterane cy’iminsi ibiri cyaberaga ku Rusengero rw’Umudugudu wa Nyamishaba cyari kigamije guhwitura abantu b’Imana ngo bigaragara ko bagenda barushaho gutwarwa n’iby’isi bakibagirwa gusenga.
Amakipe ya football na volleyball y’umushinga uri mu mirimo yo kubyaza gazi metani yo mu Kivu amashanyarazi (Kivu Watt) ngo afite inyota yo kwiyubaka akagera muri shampiyona zo mu Rwanda nibura mu cyiciro cya kabiri.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire, ku bufatanye bw’Umuryango w’Abafaransa ushinzwe iterambere (AFD), na Ministeri y’Ibikorwa Remezo, batanze ibikoresho by’isuku n’isukura mu turere twa Karongi na Rusizi bifite agaciro ka miliyoni zisaga 460 z’amafaranga y’u Rwanda.
Senateri Mukankusi Perrine aratangaza ko Abanyarwanda bari bakwiye kwishimira ko Ubunyarwanda ari ubwoko bukomeye n’ubwo hari ababiteshutseho bagahemukira bagenzi babo, igihe Abahutu bicaga Abatutsi mu bihe bitandukanye (1959-1994).
Isosiyete yatsindiye kubaka ishuri ryigisha iby’amahoteli n’icyumba cyo kwimenyereza imyuga mu Ishuri Rikuru ryigishya Ubumenyi Ngiro mu karere ka Karongi (IPRC West) iratanga icyizere ko iyo mirimo izarangira mu mezi umunani uhereye muri Mutarama 2014.
Umuvugizi w’ishami rya Police y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police) Chief Inspector of Police (CIP) Ndushabandi JMV aratangaza ko guhana abanyamakosa atari ubugome kuko ari cyo amategeko abereyeho.
Bimwe mu byakozwe mu gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Karongi harimo guha ijambo abaturage abafite ibibazo bitagomba imanza birakemurwa, abandi bagirwa inama yo kujya birinda imanza za hato na hato kuko zitera ubukene mu ngo.
Mu myaka ine ishize ruhurura itubakiye iri iruhande rw’ikigo nderabuzima cya Bwishyura mu karere ka Karongi yari ntoya umuntu ashobora no kuyisumbuka ; ariko uko imvura iguye ubutaka bugenda butwarwa n’amazi imaze kuba icyobo kirekire.
Ubwo yifatanyaga n’Abanyakarongi kwakira Urumuri rw’ikizere Rutazima muri ako karere, Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ingufu n’Amazi, Ing Isumbingabo Emma Françoise, yavuze ko kuganira no kubwizanya ukuri ari yo nzira iboneye izatuma Abanyarwanda bomora ibikomere basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu ntangiriro z’umwaka wa 2012, akarere ka Karongi katangiye umushinga wo kubaka umwaro muhimbano (plage artificille), ahitwa Nyakariba, ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ariko uwo mushinga byarangiye utabonye izuba kubera ko wari waranyuranyije n’amabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu Kirengera Ibidukikije (REMA).
Mu mujyi wa Karongi hatangijwe Imurika Ryimukanwa (expo mobile), bise ‘Kubaka Amahoro Nyuma ya Jenoside’ rikaba ryarateguwe na Aegis Trust ku bufatanye bwa IRDP, Radio La Benevolencija na USC Shoah Foundation, ibigo byose bifite aho bihuriye n’ibikorwa byo kubiba amahoro nyuma ya Jenoside.
Abasenateri bagize komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza bemereye abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Karongi ko kwibuka ku nshuro ya 20Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye gusanga ikibazo cy’imitungo cyarafatiwe ingamba zo gukemurwa ku buryo burambye.
Urukiko Rukuru Urugereko rwa Rusizi rukorera mu karere ka Karongi, kuri uyu wa 13/01/2014, rwasabiye igifungo cy’imyaka itandatu abagabo babiri baregwa ibyaha birimo gukoresha imyigaragambyo mu buryo butemewe, guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda bagamije kwangisha abaturage ubutegetsi buriho.
Imbuto Foundation ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Karongi batangije ubukangurambaga bw’amezi atatu, bwo gushishikariza abayobozi kugira uruhare mu kurwanya ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu rubyiruko.
Iryivuze Jeannine w’imyaka 21 y’amavuko ukomoka mu karere ka Karongi yavukanye agakoko gatera SIDA ariko ngo afite icyizere cy’ejo hazaza kuko nta kwiheba afite dore ko ari n’umukangurambaga w’urubyiruko mu karere ka Karongi.
Urukiko rw’Ibanze rw’umurenge wa Bwishyura, tariki 09/01/2014, rwaburanishije imanza ebyiri z’abakurikiranyweho icyaha cyo gutunda, kubika no kugurisha urumogi. Abashinjwaga icyaha uko ari babili bemeye icyaha basaba imbabazi, ariko abakekwaho ubufatantacyaha babihakana.
Mu murenge wa Bwishyura akagari ka Kibuye mu karere ka Karongi kuwa gatatu tariki 08/01/2014 hatoraguwe umurambo w’uruhinja rwavutse rudashyitse. Umurambo w’uwo muziranenge wari upfunyitse mu ishashi iri mu ikarito mu nsi y’umuhanda.
Komisiyo ishinzwe ubukungu n’ubucuruzi mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite iratangaza ko umushinga w’uburyobyi mu karere ka Karongi ukora neza kandi ukazanira inyungu abaturage n’ubwo ngo hari ingorane ufite zijyanye n’imiterere y’aho bakorera.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Nyamishaba mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi mu minsi ya Noheli rwasenywe n’abantu bataramenyekana ariko ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko bashobora kuba ari inzererezi ngo zashakaga kwiba ibyuma byo ku ruzitiro.
Mu mujyi wa Karongi huzuye igorofa y’amazu atatu yitwa ’Kivu Plaza’ yubatswe n’ishyirahamwe ’Munywanyi’ ry’abagabo batatu. Iyo gorofa biravugwa ko ishobora gutahwa ku mugaragaro mbere y’uko umwaka wa 2013 urangira.
Mu mujyi wa Karongi hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa igorofa y’amazu ane rizaba rifite agaciro ka miliyoni zirenga 950 z’amafaranga y’u Rwanda. rikazubakwa ahahoze inyubako y’urukiko rw’umurenge wa Bwishyura.