Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwatangiye kubarura imitungo y’abahinzi b’icyayi n’abandi baturage bo mu murenge wa Rugabano bazimurwa ahazaterwa icyayi cy’uruganda ruri hafi kuhubakwa.
Mu murenge wa Rubengera kuri uyu wa kane tariki 31 Ukwakira 2013 hatoraguwe ibisasu bibili byo mu bwoko bwa grenade, ahantu bacukuraga umusarani.
Guhera tariki 28 Ukwakira 2013 mu mujyi wa Karongi harabera imurikagurisha ryaguwe n’umucuruzi Nzeyimana JMVusanzwe ukorera mu karere ka Huye. Iryo murikagurisha rizamara iminsi 10 ritangira saa mbiri za mu gitondo rikageza saa yine z’ijoro.
Umusore wo mu mujyi wa Karongi yatangaje abantu ubwo yanywaga inzoga ya waragi iri mu icupa riringaniye bakunze kwita hafu (half), akayinywa mu masegonda icumi adakuye icupa ku munwa.
Abasore bane n’abagore umunani bo mu murenge wa Mubuga mu karere ka Karongi bari mu maboko ya police, kubera ibyaha bakurikiranyweho birimo urugomo no guhungabanya umutekano.
Abasaza, abakecuru, ababyeyi, abasore n’inkumi babarirwa hafi muri 200 baraye ku biro by’umurenge wa Bwishyura, aho bari baje guhembwa amafaranga y’amezi atatu bamaze batishyurwa na rwiyemezamirimo urimo gusana umuhanda Muhanga-Karongi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwasabye umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bwishyura gutegeka Koperative Ubumwe Bwishyura, kwishyura abantu batatu bayikoreye bakaba bamaze imyaka ibili batishyurwa, bitaba ibyo hakiyambazwa inzego z’umutekano.
Ministre w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musoni James, yashimye ku mugaragaro akarere ka Karongi kuba karabaye aka mbere mu mihigo ya 2012-2013, avuga ko ibanga nta rindi, ari ubufatanye no guhuza ibikorwa hagati y’inzego zose, uhereye kuri Njyanama, Nyobozi, Ingabo na Police, abafatanyabikorwa batandukanye kugera ku rwego (…)
Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiyoborere (RGB), Ambasaderi Fatouma Ndangiza aratangaza ko nta gihugu gishobora kwigira kitazamuye imisoro. Ibi madamu Ndangiza yabivuze kuri uyu wa kane mu Ntara y’iBurengerazuba, ubwo hatangizwaga ku mugaragaro igikorwa cyo kwihutisha gahunda yo kwigira bahereye mu nzego (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko abafatanyabikorwa bako bamaze gukusanya miliyoni zisaga 11 zizakoreshwa mu birori nyirizina byo kwizihiza no gutaha igikombe akarere gaherutse kwegukana mu mihigo ya 2012-2013.
Banki Nkuru y’igihugu, ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative, akarere ka Karongi ndetse na koperative y’abahinzi b’icyayi ba Gisovu (COOTHEGIM) bananiwe kumvikana ku ishyirwaho rya koperative yo kubitsa no kugurizanya y’abo bahinzi ngo kuko byasenya umurenge SACCO.
Mu masaha yo ku mugoroba wa tariki 09/10/2013 inkuba yakubise umwana na nyina mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi bahita bitaba Imana, n’amazu arenga 10 y’abahejwe inyuma n’amateka atwarwa n’umuyaga.
Koperative y’abahinzi b’icyayi ba Gisovu mu karere ka Karongi (COOTHEGIM) yanze guhabwa ubuzima gatozi bwa koperative yabo yo kugurizanya (COOPEC THEGIM) kuko ngo bishobora kuviramo umurenge SACCO gusenyuka kubera ko abanyamuryango bayo benshi n’ubundi ari abahinzi b’icyayi.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bahagarariye abandi (cadres) mu karere ka Karongi, barishimira uruhare umuryango ukomeje kugira mu kuzana impinduka nziza z’iterambere mu gihugu, by’umwihariko bagafatira urugero ku iterambere akarere ka Karongi kamaze kugeraho mu gihe gito.
Mu kagari ka Gasura, umurenge wa Bwishyura akarere ka Karongi, imbere ya kariyeri y’abashinwa bakora umuhanda, hari ikibazo cy’isuku n’umutekano mucye biterwa n’utubari tuhacururiza urwagwa n’umusururu bikurura n’uburaya.
Komisiyo ishinzwe isuku, isukura n’ubuziranenge mu karere ka Karongi yafunze ibyumba bibili byacuruzaga inyama mu isoko riri mu mujyi wa Karongi kubera ko bitujuje ibyangombwa, banatwika amapaki y’imigati arenga 50 kubera ko nta matariki yanditseho y’igihe yakorewe n’igihe izarangirira.
Nyuma y’uko umwe mu bashyushyarugamba bo kuri Radio Isangano ikorera mu karere ka Karongi atangaje ko ikivu cyafunguwe (gusubukura uburobyi bw’isambaza), umuyobozi w’akarere ka Karongi yavuguruje iyo nkuru kuko ikivu gifunze kuva kuwa 16 Nzeri kugeza kuwa 16 Ugushyingo.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Karongi yabaye tariki 01-10-2013, abayobozi b’imirenge yose uko ari 13, kwikubita ahashyi bagahagurukira amarondo kuko bimaze kugaragara ko henshi batezutse bikaba ari imwe mu mpamvu zituma havugwa umutekano muke ushingiye ku rugomo n’ubusinzi.
Umukecuru wo mu murenge wa Gashari mu karere ka Karongi wari umaze iminsi ine yaraburiwe, yabonetse mu kigunda tariki 01/10/2013 yaritabye Imana. Uyu mukecuru yaburiwe irengero tariki 27/09/2013 ariko bimenyekana tariki 30/09/2013.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatandatu tariki 28/09/2013, umukozi ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Bwishyura, yafungishije ikitaraganya hoteli iri mu mujyi wa Karongi yitwa Best Western Eco Hotel kubera ibyo yise agasuzuguro.
Bamwe mu bakozi bakoze ku nzu y’ubucuruzi ya Koperative Ubumwe Bwishyura iri mu mujyi wa Karongi baravuga ko bamaze imyaka ibili bishyuza amafaranga bakoreye ariko ubuyobozi bwa Koperative ngo ntibushaka kubishyura.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aremeza ko gutera imbere k’umurenge wa Murambi ari ko gutera imbere kw’akarere kose. Yabitangaje tariki 25-09-2013 ubwo abantu bakuze 220 bo muri uwo murenge bahabwaga inyemezabumenyi yo gusoma, kwandika no kubara.
Mu murenge wa Bwishyura, akagari ka Nyarusazi mu karere ka Karongi hagiye gucukurwa ikimoteri kigezweho kizajya gikusanyirizwamo imyanda yose iva mu mirenge 13 igize akarere kizatwara amafaranga asaga miliyoni 26.
Mu nkambi ya Kiziba icumbikiye Abanyecongo mu karere ka Karongi, harabarirwa abana basaga 5000 bavutse mu bihe bitandukanye kuva mu 1996 batabaruwe, nk’uko byemezwa na perezida w’inkambi, Niyibizi Habimana.
Ku Bitaro Bikuru bya Kibuye harwariye umumotari watewe ibyuma mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki 14/09/2013, ubwo umuntu yamutegaga ngo amujyane i Rubengera amuvanye mu mujyi wa Kibuye, bagera mu nzira akamuniga akamutera n’icyuma mu mugongo.
Nyuma yo guseruka bemye bakahacana umucyo begukana umwanya wa mbere mu mihigo ya 2012-2013, Abanyakarongi n’ubuyobozi bwabo biyemeje kurushaho gushyira imbaraga mu bikorwa bigamije iterambere kugira ngo hatazagira ubakura kuri uwo mwanya.
Abantu barenga 2200 nibo bemerewe gukora ibizamini by’akazi ku myanya 71 ikenewe mu ishuri shuli rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu karere ka Karongi (IPRC West). Abo batoranyijwe muri 3.800 bari batanze kandidatire, mu bizami byakozwe Kuri uyu wa Gatanu tariki 13/09/2013.
Biramenyerewe ko ahantu hahurira abantu benshi urugero nko mu tubari, mu mahoteli no mu misarane rusange hashyirwa udukingirizo mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kwirinda SIDA, ariko mu mujyi wa Kibuye usanga ibyagenewe gushyirwamo udukingirizo duherukamo muri rimwe.
Mu marushanwa y’imikino y’intoki ya basketball, volleyball na handball yabereye mu mujyi wa Karongi ku cyumweru, hamenyakanye amashuri yatsinze azahagararira ako karere mu marushanwa azaba ku rwego rw’Intara mu murenge wa Birambo ku cyumweru tariki 14/09/2013.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi, buratangaza ko n’ubwo nta gihe runaka cyatangwa, ngo hari icyizere ko muri ako karere bazongera bakagira ikipe y’umupira w’amaguru iri mu cyiciro cya mbere.