Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi ngo basanga imyumvire ya bamwe mu bagore ikomeje kuba inzitizi mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abagore bagenzi babo kuko ngo iyo umugabo yibaniye neza n’umufasha we ngo hari bamwe mu bagore batangira kugenda bavuga ko ari inganzwa cyangwa (…)
Bamwe mu baturage ndetse n’abayobozi b’Inzego z’Ibanze mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi barahamya ko nyuma y’amezi atatu umuryango RWAMREC, urwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ukanakangurira abagabo kugira uruhare mu buzima bw’umwana n’umubyeyi, umaze ukorana na bo ihohoterwa ryakorerwaga muri uwo murenge (…)
Abagore bibumbiye muri Koperative “Jyambere Ruberangera” yo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi baravuga ko kwibumbira muri Koperative bimaze kubateza imbere kandi bikaba byaragabanyije amakimbirane mu ngo kuko ngo batagisaba abagabo buri kantu kose bakeneye.
Abaturage n’abashoferi batwara abagenzi mu buryo bw’ubucuruzi bo mu Karere ka Karongi barasaba Polisi y’Igihugu gushishoza ku cyemezo cyo kubuza abashoferi kugendana terefone kabone n’iyo yaba iri mu mufuka igihe batwaye imodoka mu rwego rwo gukumira impanuka zo mu muhanda.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi bavuga ko bagiye bakorera ba rwiyemezamirimo batandukanye bakabambura, abenshi mu bambuwe bigaragara ko bifitanye isano n’ubujiji kuko bagiye bakorera ba rwiyemezamirimo nta masezerano bagiranye noneho ba rwiyemezamirimo barangiza imirimo yabo bakigendera.
Kuva kuri uyu wa 7 Kanama 2014 mu Karere ka Karongi bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri y’abazahugura intore zo ku rugerero z’uyu mwaka wa 2014-2015. Aya mahugurwa agamije kubaha ishusho y’umutoza w’intore uko yaba imeze kose, uko yubatse n’uko igenwa n’itorero ry’igihugu noneho ngo na bo bakabatuma kuzatoza abandi.
Umukecuru wo mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi witwa Kanyanja Colette yageze ku nzego z’ubuyobozi bw’igihugu kuva ku mukuru w’umudugudu kugera mu biro bya Perezida wa Repubulika ngo asaba kurenganurwa ku murima avuga ko yatsindiye mu nkiko muramu we (yita umugabo wabo) nyamara abaturage baturanye ndetse n’ubuyobozi (…)
Umugabo witwa Shingiro Charles wo mu Mudugudu wa Gihira mu Kagari ka Ryaruhanga mu Murenge wa Mubuga ari mu maboko y’inzego z’umutekano ashinjwa gutema bikomeye umugore we n’abana babiri b’abaturanyi barimo umwe w’amezi umunani n’undi w’imyaka irindwi.
Abana batatu bo mu Mudugudu wa Fumbwe mu Kagari ka Rugobagoba ho mu Murenge wa Gashali mu Karere ka Karongi, bagwiriwe n’ikirombe cy’ingwa ahagana saa saba z’amanywa tariki 04/08/2014 maze ubwo abaturage bari bahageze baje gutabara basanga bitabye Imana.
Mu gihe mu Rwanda kuri uyu wa 01 Kanama 2014, bizihije umunsi w’umuganura bishimira umusaruro babonye muri uyu mwaka, mu Karere ka Karongi ho ngo uyu umunsi wanabaye by’umwihariko umwanya wo kwisuzuma kugira ngo bafate ingamba kugira ngo umusaruro uzabe mwiza kurushaho muri uyu mwaka w’ingengo y’imali cyane cyane mu bihinzi.
Mu gihe inzego zishinzwe umutekano mu Karere ka Karongi zivuga ko amagorofa yubakwa muri ako karere agatinda kuzura aba indiri y’abacuruzi b’ibiyobyabwenge ndetse n’abanywi babyo, bamwe mu bazamura abagorofa cyane cyane ari hafi kuzura bavuga ko atari byo kuko ngo baba banahafite abazamu barinda ibikoresho bifashisha bubaka.
Ubuyobozi bwa Auberge La Nature yo mu Mujyi wa Kibuye mu Karere ka Karongi, bukomeje gutakambira inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano kubera ikibazo cy’umunya Kenya wakoreraga Company yitwa Rom East Africa Limited y’i Nairobi muri Kenya waje akarara muri iyo Auberge bwacya akishyura ariko akahasiga imodoka yo mu bwoko bwa (…)
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abatuye isi, ubuyobozi bw’umuryango Mpuzamahanga wita ku Batuye Isi (UNFPA) wasabye Abanyarwanda by’umwihariko ababyeyi kuganiriza urubyiruko ku buzima bw’imyororokere mu rwego rwo kurufasha kugira ubuzima bwiza kuko ngo ari rwo shusho y’u Rwanda rw’ejo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyashyikirije abajyanama b’ubworozi bo mu mirenge itanu yo mu Karere ka Karongi ibikoresho bizabafasha mu murimo wabo wo guteza imbere ubworozi aho batuye by’umwihariko, banafasha abandi borozi mu buvuzi bw’ibanze bw’amatungo mu rwego rwo guca ubuvuzi budasobanutse (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongo n’ubw’inzego z’umutekano buraburira abayobozi ko hadutse abatekamutwe bagenda bashuka abantu babatera ubwoba ko bafitanye ibibazo n’ubuyobozi kandi ngo bashobora kubafasha kubikemura mu rwego rwo gushaka kubarya utwabo.
Intore z’umuryango wa FPR inkotanyi mu Karere ka Karongi ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Nyakanga 2014 zasoje amahugurway’iminsi ibiri ku ndangagaciro zikwiye kuranga abayobozi ndetse n’ibyo zikwiye gukora mu rwego rwo kwimakaza imiyoborere myiza, kwihutisha iterambere ry’igihugu no gukomeza kubungabunga isura nziza y’u Rwanda (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwamurikiye abafatanyabikorwa bako mu iterambere (JAF) ingengo y’imali y’uyu mwaka wa 2014-2015 isaga miliyari 12 ndetse n’imirongo migari izakoreshwamo kugira ngo abafatanyabikorwa na bo babone aho imbaraga zabo zikenewe maze bagaragaze uruhare rwabo mu bikorwa bateganya gukora kugira ngo (…)
Minisitiri w’Urubyiruko, Ikoranabuhanga n’Isakazabumenyi, Nsengimana Jean Philbert, mu mahugurwa y’iminsi b’ibiri y’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bahagarariye abandi mu turere tugize Intara y’Uburengerazuba yasojwe ku wa 13 Nyakanga, yibukije ko n’ubwo ikoranabuhanga rimaze kongera byinshi mu iterambere ry’u Rwanda ari (…)
Umumotari witwa Ntivuguruzwa Amiel yanyweye umutobe (jus) yari ahawe n’umugenzi yari agiye gutwara ahita asinzira, akangutse asanga uwo mugenzi, moto ndetse na telefoni ye ntabihari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko bwihaye gahunda ko umwaka wa 2018 uzasanga nta muturage wo muri ako karere uzaba agikennye ku buryo yaba agikeneye kwishyurirwa iby’ibanze nkenerwa kugira ngo ashobore kubaho.
Ubwo akarere ka Karongi kasezeraga ku bashyitsi b’Abafaransa bo muri Komini ya Dieulefit bari baje kwifatanya mu muhango wo gushyingura inzirakarengane zirenga ibihumbi 50 ziciwe mu Bisesero, umuyobozi w’ako karere yavuze ko batiyumvishaga ko Abanyakarongi bakongera gutsura umubano n’Abafaransa.
Abakozi b’urwego rushinzwe abanjira n’abasohoka (Migration) mu Rwanda bibutse inzirakarengane zirenga ibihumbi mirongo itanu zazize Jenoside zo mu Bisesero maze banafasha abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu Bisesero.
Mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu Karere ka Karongi habaye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’inzirakarengane zirenga ibihumbi 50, ziciwe mu Bisesero mu Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Kuri uyu wa gatanu tariki 27 Kamena 2014, ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu Karereka Karongi bazashyingura mu cyubahiro imibiri irenga ibihumbi mirongo itanu y’inzirakarengane zazize Jonoside yakorewe Abatutsi.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Rwanda Young Generation Forum, rwasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu karere ka Karongi rugamije kwigira ku butwari bwaranze Abasesero maze runaha abagizwe incike na Jenoside bo mu Bisesero inka ebyiri zifite agaciro k’amafaranga 600,000Rwf.
Kuri uyu wa gatanu tariki 20/6/2014, mu Nteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Karongi yigaga ku nshingano z’Inama y’igihugu y’Urubyiruko, guhanga imirimo mishya mu rwego rwo guhangana n’umubare munini w’urubyiruko rutagira akazi ndetse n’uruhare rw’urubyiruko mu kubungabunga ubusigire bw’igihugu no (…)
Mu Karere ka Karongi hatangirijwe icyumweru cy’imikino ya Olempike cyangwa Olympic Games mu Ntara y’Uburengerazuba maze berekana imikino mishya yinjijwe mu Mikino Olempike ari yo Tayikondo (Taekwondo), Ubwirinzi cyangwa Fencing ndetse no kumasha bita mu Cyongereza Archery.
Ingabo z’igihugu zifatanyije n’izindi nzego z’umutekano, ubuyobozi bwite bwa Leta ndetse n’abaturage bahuriye mu gikorwa cyo kubaka ivuriro “Poste de Santé” rya Musasa mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gishyita ndetse bakora n’imihanda izajya ifasha abantu kugera kuri iryo vuriro.
Kuri uyu wa 09 Kamena 2014 Polisi y’Igihugu yatangirije icyumweru cyiswe “Police Week” mu Karere ka Karongi mu rwego rwo gushimira abaturage bo mu Ntara y’Uburengerazuba ubufatanye bakomeje kuyigaragariza mu kwicungira umutekano no kurinda umutekano w’igihugu muri rusange.
Ubwo hibukwaga abakozi bakoraga mu bitaro bya Kibuye, abarwayi, abarwaza ndetse n’abandi bari bahahungiye bakaza kuhicirwa mu gihe cya Jenoside, bibukije ko ubusanzwe umuntu agana abitaro ajya kuhashakira ubuzima bityo bagaya cyane abahakoreye ibikorwa by’ubwicanyi.