Mu Karere ka Karongi, muri iki cyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge bari mu biganiro bigamije kureba uko abaturage mu midugudu bumva gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kugira ngo barebere hamwe ahakiri inzitizi n’icyakorwa kugira ngo Abanyarwanda barusheho kwiyumva nk’ Abanyarwanda aho kwirebera mu ndererwamo z’ibibatandukanya.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Karongi rurasaba ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo imihigo rwihaye yo muri uyu mwaka wa 2014-2015 rushobore kuyesa 100%. Iyi mihigo y’urubyiruko rwa Karongi ngo isubiza ibibazo bizitira urubyiruko mu iterambere harimo ibyo mu bukungu, ubuzima, imibereho myiza, uburezi n’ikoranabuhanga.
Umugabo witwa Niyonzima Emmanuel w’imyaka 35 y’amavuko ukomoka mu Karere ka Ngororero, kuri uyu wa 11/11/2014 yagwiriye n’igiti ahita yitaba Imana, ubwo yatamega ibiti byo kubaza ku musozi wa Sakinnyaga uri mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Bwishyura ho mu Karere ka Karongi.
Umugabo witwa Gasigwa Pierre ukomoka mu Mudugudu wa Gisheke mu Kagari ka Nyarusange, Umurenge wa Kirimbi wo mu Karere ka Nyamasheke, utunzwe no gukora no gucuranga iningiri, avuga ko n’ubwo yatangiye uyu mwuga afite imyaka 7 y’amavuko ubu akaba afite 45, abikora kubera kubura akandi kazi yakora dore ko muri iyo myaka yose (…)
Kuri uyu wa 04/11/2014, Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura ruhagarariwe na Perezida warwo, Tuyisenge Jean Claude, rwaburanishije uwitwa Rukundo Jean wo mu Murenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi ku cyaha ubushinjacyaha bumukurikiranyeho cy’ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi, maze ubushinjacyaha bumusabira gufungwa (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwihanangirije abayobozi b’imirenge bubasaba kwegera abaturage bukabasobanurira neza ya gahunda yo kororera mu biraro kuko ahazagaragara inka ku gasozi abayobozi aribo bazajya bacibwa amande.
Bitewe nuko hari abaturage bambura ibigo by’imari bikagorana kubakurikirana kubera biba bigoranye kumenya imyirondoro yabo, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge igize akarere ka Karongi biyemeje gutanga ubufasha mu kwishyuza abo baturage.
Mu gihe mu Rwanda harimo gutegurwa Inama Nkuru y’Abana ku nshuro ya 10 izatangirizwa ku rwego rw’igihugu mu Karere ka Gicumbi tariki 03/11/2014, abana ndetse n’ababyeyi bo mu Karere ka Karongi bafite ibyo basaba byazaganirwaho byafasha umwana wo mu cyaro.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu, John Rwangombwa, wari uri mu karere ka Rusizi tariki 28/10/2014 yagiranye inama n’abayobozi batandukanye bacunga amafaranga ya rubanda mu turere twa Rusizi, Karongi na Nyamasheke abasaba kudakoresha amafaranga y’abaturage babitse mu nyungu zabo bwite.
Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi muri Kaminuza y’u Rwanda (College of Education), Prof John Njoroge arifuriza abanyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta intsinzi, akabibutsa ko batarangije kwiga ahubwo bikwiye kuba intangiriro.
Mu Karere ka Karongi bari mu imurikabikorwa aho abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere bose bahuriye mu busitani bw’Umujyi wa Kibuye berekana ibyo bakora n’ibyo bamaze kugeraho.
Abahinzi ba kawa bo mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi barasabwa kuyikorera neza no kongera ubuso ihinzeho kuko aribwo izatanga umusaruro mwiza bakabasha kwiteza imbere.
Mu gihe mu Karere ka Karongi ari ho hagaragaye igitoki kinini gipima ibiro muri 250, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Murambi buhangayikishijwe na bamwe mu baturage bagitsimbaraye ku myumvire ya kera bagifite intoki bigoye gutandukanya n’amasaka.
Kazungu Robert ni umwana wakoze radiyo mu mwaka wa 2002 ikumvikana mu gice kinini cy’Uburengerazuba bw’u Rwanda akomeje gutera imbere mu bushakashatsi mu ikoranabuhanga aho amaze kuvumbura udushya twinshi dutandukanye mu ikoranabuhanga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Murambi bavuga ko kwegerezwa abunzi byagabanyije amakimbirane n’igihe batakazaga basiragira mu nkiko, dore ko muri uwo Murenge abunzi babashije gukemura ibibazo birenga 630 mu myaka ine gusa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi burasaba abafatanyabikorwa kugira ibipimo bigaragaza urwego baba basanzeho abagenerwabikorwa babo kugira ngo bijye byoroshya gusuzuma imizamukire yabo.
Ishuri Rikuru rya PIASS (Protestant Institute of Arts and Social Sciences), risanganywe icyicaro i Butare mu Karere ka Huye, ryaguriye amarembo mu Ntara y’Uburengerazuba aho ryafunguye ku mugaragaro Ishami ryaryo rya Rubengera mu Karere ka Karongi kuri uyu wa 11 Ukwakira 2014.
Abanyamadini bakorera mu karere ka Karongi bagaragaje ko batishimiye kuba ako karere karaje ku mwanya wa 11 mu mihigo kandi karahoze ku mwanya wa mbere, bakizeza ko bagiye kugafasha gusubira ku mwanya wa mbere, nk’uko babitangarije mu nama yabahuje n’ubuyobozi bw’akarere kuri uyu wa gatanu tariki 3/10/2014.
Sinamenye Alphonse w’imyaka 35 wo mu Kagari ka Ryaruhanga, mu Mugenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi nyuma yo gufatanwa litiro 95 za mazutu bivugwa ko zibwe mu Bashinwa bakora umuhanda Rusizi-Karongi.
Polisi y’u Rwanda/Sitasiyo ya Gishyita mu Karere ka Karongi irasaba abamotari bibumbiye muri COTAMOKAMU (Cooperative Taxis-Moto Karongi Mubuga) kurinda no gucunga umutekano by’umwihariko bagakumira ubujura bwa mazutu bugaragara mu mirimo yo gukora umuhanda Rusizi-Karongi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu akaba n’umunyamuryango wa FPR Inkotanyi, Francis Kaboneka, arasaba abanyamuryango b’uwo muryango muri Karongi guhorana ishema ry’uko bahisemo neza kuko ngo bari mu muryango utarangwa n’amagambo ahubwo urangwa n’ibikorwa.
Minisitiri wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasuye Akarere ka Karongi tariki 23/09/2014 maze asobanurira abagize Inama Mpuzabikorwa y’ako karere ko gukorera hamwe no kwegera abaturage ari ryo banga ry’imiyoborere myiza rishobora gutuma bongera guhagarara neza mu mihigo.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Joseph Habineza, yasuye inzu y’ingoro y’ibidukikije yuzuye mu Karere ka Karongi maze asaba ko bitarenze mu mpera z’uyu mwaka igomba kuba yarafunguwe ku mugaragaro igatangira imirimo yayo.
Korali BETHESDA yo mu Itorero rya ADPR mu Mujyi wa Kibuye mu Karere ka Karongi guhera ku wa 12 Nzeri 2014, irimo gukora igitaramo (concert) cy’iminsi itatu yise “Ubumwe bw’Abakirisito” mu rwego rwo gusobanurira Abanyarwanda ko ibibaranga bigaragaza ko ari bamwe bityo ikabashishikariza ku bana kivandimwe kandi mu mahoro.
Abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima bafatanyije n’umuryango SKOLL wo muri Leta zunze Ubumwe zaAmerika, bakanguriye abaturage bo mu Karere ka Karongi kwirinda indwara zitandura n’indwara ya gapfura, kuko yo ngo ishobora kuvamo indwara y’umutima itavuwe neza hakiri kare.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Karere ka Karongi burashima ko kuva hakazwa ingamba zijyanye n’amategeko n’amabwiriza byo kugendera mu muhanda impanuka zagabanutse cyane ku buryo mu mezi abiri ashize muri ako karere habaye impanuka imwe gusa.
Abaturage bo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi barasabwa kwirengagiza ibyo umuco usaba ku bijyanye n’uburenganzira bw’umugore ndetse n’izungura bakamenya kandi bagaha agaciro ibyo amategeko abiteganyaho mu rwego rwo kwirinda amakimbirane ya hato na hato.
Kuri uyu wa 5 Nzeri 2014, Mu ishuri rya IPRC West mu Karere ka Karongi batangije itsinda ryagutse (Cellule Specialisée) ry’Umuryango wa FPR Inkotanyi rigizwe n’abanyamuryango bakora muri IPRC West, kuri uyu wa gatanu tariki 5/9/2014.
Murwanashyaka Jean d’Amour, umunyeshuri mu mwaka wa gatandatu w’Indimi n’Ubuvanganzo mu Kigo cy’Amashuri yisumbuye cya Bisesero mu Karere ka Karongi ahamya ko kureka ibiyobyabwenge byamufashije kuba umuntu mushya kandi akaba ngo asigaye ari umunyeshuri mwiza dore ko ngo yagize amanota 75% akaba uwa kabiri kandi ubundi (…)
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyamasheke, tariki 02/09/2014, umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu muri minisiteri y’ibikorwa remezo, Dr Nzahabwanimana Alexis, yasabye ko ahantu hatanoze mu iyubakwa ry’umuhanda uva Nyamasheke ugana i Karongi, hakosorwa kugira ngo inenge zashoboka zibashe (…)