Nyuma y’aho Kigali Today itangarije inkuru ku cyumba cy’amasengesho cya Rubengera mu Itorero Peresibiteriyeni mu Rwanda (EPR) kivugwamo inyigisho z’ubuyobe, ubuyobozi bw’iryo torero bwahinduye ubuyobozi bw’icyo cyumba cy’amasengesho bunategurira abakirisito amahugurwa ku buhanuzi n’inyigisho z’ubuyobe.
Intumwa za Rubanda ziribaza impamvu ikibazo cy’isuku nke kiri kugaragara muri iyi minsi nk’ikibazo gishya gitunguranye kandi nyamara abayobozi mu nzego z’ibanze babana n’abaturage umunsi ku munsi.
Ikigo cy’Amashuri Abanza cya Etoile (EP Etoile) cyo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi cyakoze ibirori byo gushima Imana no gushimira abana barangije muri icyo kigo kubera ko batsinze bose, kandi hakava n’umwana wa mbere mu Ntara y’Uburengerazuba.
Niyindebera Hamissa, umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 17 urangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye akaba yaroherejwe gukomereza mu Rwunge rw’Amashuri rwa Butare (GSOB) atewe ishavu no kuba ashobora kutazajya kuri iki kigo kubera ko iwabo nta bushobozi bafite bwo kumwoherezayo.
Imiryango 17 y’abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye bo mu Karere ka Karongi kuri uyu wa 21/01/2015, yashyikirijwe amazu amazu 17 yo kubamo yose hamwe afite agaciro k’amafaranga miliyoni 119 yubatswe ku bufatanye bw’Inkeragutabara na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu.
Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi kuri uyu wa 19 Mutarama 2014, rwategetse ko uwari Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, arekurwa akazakomeza kuburana ari hanze.
Kuri uyu wa 15 Mutarama 2015, Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi rwatangiye kuburanisha urubanza rw’uwahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, n’abandi batatu bareganwa bari abakozi mu Kigo cy’Ubwisungane mu Kwivuza (MUSA).
Bamwe mu bajyanama b’ubuzima bibumbiye muri Koperative “Dukunde Ubuzima Rubengera” ikorera ku Kigo Nderabuzima cya Rubengera mu Karere ka Karongi barinubira imikoreshereze mibi y’umutungo w’iyi koperative, kuko ngo komite yabo ikoresha umutungo uko yishakiye itabanje kubagisha inama.
Abakirisito bo mu Itorero Peresibiteriyeni mu Rwanda (EPR) muri Peresibiteri ya Rubengera, Paruwasi ya Rubengera mu Karere ka Karongi ntibavuga rumwe ku cyumba cy’amasengesho kuko ngo gitangirwamo inyigisho bamwe muri bo bita iz’ubuyobe, kandi ngo kikanagandisha abaturage kuri gahunda ya Leta yo kuboneza urubyaro.
Mu gihe mu gishushanyo mbonera kigari cy’Umujyi wa Karongi, Imirenge ya Bwishyura na Rubengera ifatwa nk’imirenge y’umujyi, bamwe mu baturage bavuga ko kutagaragarizwa igishushanyo mbonera cy’uwo mujyi ngo banegerezwe amabwiriza y’imyubakire bibatera kubaka mu kajagari bikabatera igihombo iyo haje ibikorwa remezo bakabasenyera.
Mu rwego rwo kurushaho kunoza umurimo w’ubukorerabushake mu matora no gutangira gutegura ibikorwa by’amatora bizaba hagati y’umwaka wa 2016 na 2019, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yashyizeho abashinzwe imyitwarire n’imibireho myiza by’abakorerabushake bayo.
Amakuru twizeye aremeza ko Kayumba Bernard wahoze ayobora akarere ka Karongi kugera tariki ya 08/01/2015 yatawe muri yombi na polisi y’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuwa 09/01/2015.
Nyuma y’inama n’abakozi bashinzwe imirire mu bitaro n’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Karongi, Umuryango Society for Family Health (SFH) wiyemeje kongera ingufu mu kurwanya imirirre mibi cyane mu bukangurambaga binyuze mu mugoraba w’ababyeyi.
Kayumba Bernard wari umuyobozi w’Akarere ka Karongi yeguye ku mirimo ye nk’umuyobozi w’Akarere ku mpamvu ze bwite mu gitondo cyo kuwa 8/1/2015.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, ndetse n’uw’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, beguye ku mirimo yabo ku mugaragaro muri iki gitondo cya tariki 08/01/2015 nyuma yuko inama njyanama zemeye ubwegure bwabo bari bazigejejeho.
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kibuye mu Murenge wa Bwishyura ho mu Karere ka Karongi bavuga ko nyuma y’aho televiziyo iviriye mu buryo bwari busanzweho bwa analogue ikajya mu ikoranabuhanga rishya rya digital batagishobora kureba televiziyo kandi nyamara baraguze akuma kagombye kubafasha kuyireba (decoder).
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Karongi, Nsanzabaganwa Emile, aributsa abayobozi mu nzego z’ibanze zo muri ako karere ko nta muyobozi w’umurenge cyangwa w’akagari uzongera kwihanganirwa yatanze amakuru y’ibinyoma mu isuzuma ry’ibikorwa bya gahunda za Leta.
Icyuma kigabanya cyangwa kikongera umuriro mbere yo kugezwa ku baturage (trasformateur) cyafashaga gutanga umururo mu turere twa Karongi, Rubavu, Rutsiro na Nyamasheke cyafashwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 22 Ukuboza 2014.
Bamwe mu bakozi biganjemo abakora akazi ko mu biro bibumbiye muri KUC (Karongi Unity Club) bavuga ko kuba bafata umwanya bagakora siporo bituma bashira amavunane aturuka ku kumara umwanya munini bicaye, bikanabafasha kwirinda indwara zimwe na zimwe ziterwa no kuba umubiri utabona imyitozo ngororamubiri.
Umuyobozi w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) mu Karere ka Karongi n’abakuriye amazone batatu, guhera tariki 18/12/2014, bahagaritswe ku kazi mu gihe cy’amezi atandatu bashinjwa kuba amakuru ajyanye n’uburyo bakira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza ngo abusanya.
Mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi haravugwa ikibazo cy’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri atangwa n’uwakubiswe kugira ngo inkeragutabara zijye gufata uwamuhohoteye ashyikirizwe inzego z’umutekano.
Bamwe mu bakoresha umuhanda Karongi-Kigali bavuga ko iyo uhamagaye nimero za terefone za Police na RURA bahawe kugira ngo bajye bahamagaraho bahuye n’ikibazo akenshi batakwakira, cyangwa ukwakiriye akagusaba guhamagara indi nimero bikaba byaca intege uwasabaga ubufasha.
Abatwara ibinyabiziga mu Karere ka Karongi barasaba Sena kubakorera ubuvugizi kuri polisi igashyira imbere kubagira inama aho kwihutira kubahana.
Urubyiruko ruri mu muryango wa FPR-Inkotanyi ruhagarariye urundi mu mashuri makuru na kaminuza byo mu Karere ka Karongi rwafashe umwanzuro wo kuba intangarugero mu myifatire no mu bikorwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasaba abahesha b’inkiko batari ab’umwuga ko bitarenze ukwezi k’Ukuboza 2014 imanza zose bafite bagomba kuba bazirangije, kuko iyo umuturage atabonye ibyo afitiye uburenganzira bituma adatunganya gahunda za Leta uko bigomba.
Gahunda yo guha impunzi amafaranga zikajya zirwanaho aho gukomeza kuziha ibiribwa ntizakorwa mu Nkambi ya Kiziba ahubwo impunzi ziyirimo zizakomeza guhabwa ibiribwa kuko ngo bigagaragara ko hari ikibazo cy’ibiribwa mu Karere ka Karongi.
Abaturage 72 batishoboye bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, kuri uyu wa 26/11/2014, binyuze mu giterane “Murambi Shima Imana”, bahawe abishingizi muri gahunda ya “parrainage” igamije gufasha abaturage batishoboye kuva mu bukene bwaba ubwo mu mutwe cyangwa mu mitungo.
Mu gihe bamwe mu bana babaga mu bigo by’impfumbyi bavuga ko bari batewe impungenge n’imibereho yabo ubwo Leta y’u Rwanda yafataga icyemezo cyo gufunga ibigo by’impfumbyi abana bakabohereza kuba mu miryango, ubu bavuga ko byabafashishije kuko byatumye bashobora kubana n’abandi mu buzima bwo hanze kandi kuri ubu bakaba (…)
Kuwa gatandatu tariki ya 22/11/2014, abakirisitu basengera mu itorero rya ADEPR Congo-Nil bahawe ubuhamya na Alice Umwali wiyemerera ko yagiye ikuzimu akagaruka, asaba abo bakirisitu gusenga cyane ndetse no kwirinda amadayimoni aba ku isi kuko nawe yabaye ku isi ari igini.
Urukiko rw’Ibanze rwa Bwsihyura mu karere ka Karongi rwahamije Munyemanzi Albert na Nzakamayimana Charles icyaha cyo gucuruza ibiyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi, bahita bakatirwa amezi umunani y’igifungo, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014.