Mu mpero z’ukwezi kwa Kamena uyu mwaka wa 2015, hashyizwe ahagaragara ibyiciro bishya by’ubudehe, byakozwe hakurikijwe amakuru yatanzwe ku mibereho ya buri muturage. Nubwo habayeho igihe cyo kubaza buri wese uko abayeho, hari abaturage bo mu murenge wa Gacurabwenge, bavuga ko ibyiciro bashyizwemo ntaho bihuriye n’uko babayeho.
Mu rwego rwo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no kumenya amateka yayo, abakozi ba Unguka Bank, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi kuri uyu wa 3 Nyakanga 2015 banemerera imiryango y’abarokotse Jenoside inkunga y’inka eshanu.
Ubwo Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, cyashyikirizaga ishyirahamwe ry’imfubyi zirera zo mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Nkingo, mu Murenge wa gacurabwenge, inkunga y’icyuma gisya n’umurima wo guhinga bifite agaciro ka miliyoni eshatu n’igice; Prof. Shyaka Anastase, Umuyobozi wa RGB, yatangaje ko ubuhamya (…)
Abanyeshuri n’abarezi bo ku Rwunge rw’Amashuri rwa Gatizo, ruherereye mu Murenge wa Gacurabwenge, batangaza ko inyigisho bakura mu mahuriro y’abanyeshuri “Clubs scolaires”, zibafasha kumenya icyerecyezo cy’igihugu kandi na bo bagafasha mu kukigeraho.
Mu muhango wo kwibuka abarezi n’abanyeshuri bo mu mMurenge wa Mugina ho mu Karere ka Kamonyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abarezi bibukijwe ko ingengabitekerezo ya Jenoside yigishwaga mu mashuri, maze basabwa kurinda abo barera inyigisho ziganisha ku macakubiri.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi bari mu imurikabikorwa byabo ry’iminzi itatu kuva ku wa gatanu tariki 26 Kamena 2015 aho abaryitabiye bavuga ko ribafasha kumenyekanisha ibyo bakora no kwigira ku bandi mu rwego rwo kunoza imikorere.
Mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Ruyenzi mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi; abana babiri, umwe w’imyaka irindwi n’undi w’imyaka ine, bahiriye mu nzu mu ijoro ryo kuwa 26 Kamena 2015; ubwo bari basigaye mu nzu bonyine ababyeyi babo ngo bagiye mu kabari.
Umuryango IBUKA urengera inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, urasaba ababyeyi n’abarezi kurinda abana inyigisho zabaganisha ku macakubiri nk’ayagejeje u Rwanda kuri Jenoside rwavuyemo mu myaka 21 ushize.
Bamwe mu rubyiruko n’abagore bamaze kubona inkunga y’ikigega cya BDF barashime uburyo iki kigega kibateza imbere kishingira imishinga yabo bigatuma bahabwa inguzanyo mu mabanki no mu bindi bigo by’imari bagasaba bagenzi babo na bo kubyaza umusaruro ayo mahirwe.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa 18 Kamena 2015 rwaburanishije Habyarimana Reverien wo mu Mudugudu wa Kirwa, Akagari ka Remera ho mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, ukurikiranweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Mu gihe nta mwihariko wajyaga ugaragara ku baka inguzanyo zo gukoresha imishinga y’ubuhinzi cyangwa ubworozi, ibigo by’imari byegereye abaturage (Saccos) byaborohereje uburyo bwo kwishyura kandi na Leta ibinyujije mu Kigega cy’ingwate BDF, yabemereye ingwate no kubafasha kwishyura.
Ababyeyi barasabwa kwirinda gukoresha abana imirimo irenze ubushobozi bwabo, kuko bigira ingaruka ku mikurire yabo, ndetse no ku burere bwabo muri rusange ngo bikanadindiza iterambere ryabo n’iry’igihugu.
Ubuyobozi bw’ikigo Nderabuzima cya Nyamiyaga giherereye mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi, buratangaza ko abenshi mu barwayi iki kigo cyakira; bari gusanga barwaye Malariya.
Munezero Aphrodis w’imyaka 25, utuye mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Kidahwe, mu Murenge wa Nyamiyaga yatwikishije se umubyara Muhutu Vedaste amazi ashyushye mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki 9 Kamena 2015 ubuyobozi bukaba bukekeka ko bapfuye umunani.
Polisi y’Igihugu yasobanuriye abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Ruyenzi, ruherereye mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi, uko bakoresha umuhandaw wa kaburimbo nko kwambukira mu nzira ya bagenzi izwi ku izina rya “Zebra crossing.”
Umusore witwa Munezero wo mu Mudugudu wa Nyamiyaga mu Kagari ka Kidahwe ho mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi, ari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda ikorera ahitwa ku Mugina mu Karere ka Kamonyi ashinjwa gutwika se umubyara.
Nyuma yo kugeza mu mirenge 12 igize Akarere ka Kamonyi amakoperative yo Kubitsa, kuzigama no kuguza (Saccos), abenshi mu banyamuryango bitabira kubitsa no kuguza gusa, ariko gahunda yo kuzigama ngo yitabirwa na bake kandi na yo ngo ifasha umunyamuryango kunguka.
Nyuma y’imyaka itanu ibigo by’imari by’umurenge sacco bitangiye gukora, abanyamuryango babyo basanga bamaze kugera ku iterambere mu bijyanye no kubitsa no kwaka inguzanyo, ariko ngo baracyabona imbogamizi muri serivisi zitangwa n’ibyo bigo bigikoresha amafishi, ndetse n’umunyamuryago ukeneye amafaranga ari kure ya sacco ye (…)
Mu myaka isaga 10, abatwara abagenzi ku magare muri Santeri ya Mugina mu Karere ka Kamonyi batangiye gukorera mu ishyirahamwe; batangaza ko iryo shyirahamwe ryabo ryaranzwe n’imicungure mibi y’umutungo bigatuma abanyamuryango batagera ku iterambere bari biteze.
Nyuma y’ikibazo cy’uburwayi bwagaragaye mu gihingwa cy’imyumbati gihingwa cyane n’igice cy’Amayaga, mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi; kuri ubu abahinzi barataka ikibazo cy’umusaruro w’ibishyimbo n’amasaka wabaye muke kubera izuba, bakaba bafite impungenge ko bashobora kuzahura n’ikibazo cy’inzara.
Nyuma y’umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi 2015, abatuye imidugudu itandukanye igize Akarere ka Kamonyi baganirijwe ku buryo bwo gutegura imihigo n’uburyo ishyirwa mu bikorwa, banahamagarirwa gutangira gutegura imihigo y’umwaka utaha wa 2015/2016, izatangirana n’ukwezi kwa Nyakanga uyu mwaka.
Nyuma y’imyaka 15 umuryango DUHAMIC ADRI uharanira amajyambere y’icyaro, ufasha abahinzi bibumbiye mu Mpuzamakoperative IMPUYABO yo mu Murenge wa Musambira, kunoza ubuhinzi bwa Soya n’ibigori, ku wa 29 Gicurasi 2015, wahagaritse ku mugaragaro ibyo wabakoreraga maze ubasaba gukoresha ubumenyi bahawe bagafasha n’abandi kwiteza (…)
Kuva mu mwaka wa 2009, mu Karere ka Kamonyi hatangiye gahunda y’uburezi budaheza, aho abana bafite ubumuga bigana n’abatabufite, abana bafite ubumuga bitabiriye kugana ishuri bishimira ubusabane bagirana n’abandi kuko ngo bubakura mu bwigunge.
Mu gihe mu Rwanda bimenyerewe ko Inkware ari inyoni z’agasozi ziba mu mashyamba ndetse zikaba zitangiye gucika, ikigo “Eden Business Center”, giherereye mu Kagari ka Ruyenzi, mu Murenge wa Runda, mu Karere ka Kamonyi cyorora inkware zo mu rugo kandi abayobozi bacyo bahamya ko zitanga umusaruro.
Mu rwego rwo kwitegura isuzuma ry’imihigo y’akarere rizakorwa n’urwego rw’igihugu mu mpera z’umwaka w’ingengo y’imari 2014/2015; kuri uyu wa 22 Gicurasi 2015, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwasuye ibikorwa imirenge yagezeho ku bufatanye n’abaturage.
Ibirayi byahinzwe mu gihembwe cy’ihinga cya 2015 B, mu Kagari ka Kagina ho mu Murenge wa Runda, byajemo uburwayi bubyumisha bitarera none abahinzi baribaza aho bazakura ibyo kwishyura imbuto.
Mu gihe hari ibigo by’amashuri biha umwanya abana wo kugaragaza impano zirimo siporo, kuririmba, imivugo ndetse n’ubundi buhanga bushingiye ku muco, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi burasaba ibigo by’amashuri kongera imbaraga mu guteza imbere impano z’abana.
Kabarame Uzamukunda Egidie uri mu kigero cy’imyaka 23, ngo yabwiwe n’umubyeyi wamureze ko yamutoraguye mu mirambo y’abatutsi bari bamaze kwicirwa ku iteme rya Kayumbu mu Murenge wa Musambira, ariko akibaza impamvu akomeje kubaho nabi kandi yagafashijwe nk’uwarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.
Bamwe mu bakora ku nyubako y’ibiro by’Akarere ka Kamonyi biri kubakwa i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, tariki 14 Gicurasi 2015, bahagaritse akazi kuko bategereje guhembwa bagaheba, bakaba bafite impungenge ko inyubako nimurikirwa ubuyobozi Rwiyemezamirimo ubakoresha azigendera bakabura ubishyura.
Mu gihe abaturage bo mu tugari twa Sheri na Bihembe tw’Umurenge wa Rugarika ngo bagorwaga no kubona serivisi z’ubuvuzi kuko nta kigo nderabuzima cyari hafi yabo ; barishimira ko abafatanyabikorwa b’Abanyakoreya babubakiye ivuriro rito (Poste de Sante) ribafasha kwivuriza hafi, ariko bagasaba ko ryakora no mu masaha ya nijoro (…)