Ambaderi wa Leta zunze ubumwe z’Amerika mu Rwanda, ERICA BARKS –RUGGLES, yasuye Ikusanyirizo ry’amata rya Rugobagoba, ku wa gatatu tariki 11/03/2015, nk’umwe mu mishinga yatewe inkunga n’umushinga w’abanyamerika uharanira iterambere (USAID).
Hashize igihe kigera ku mezi abiri mu Itorero Umusozi w’Ibyiringiro, Umudugudu wa Ruyenzi, rifite urusengero mu Kagari ka Muganza, ho mu Murenge wa Runda; havugwa ikibazo cy’ubwumvikane buke buterwa n’uko Bizimana Ibrahim, umwe mu bapasiteri akaba n’umugabo w’Umushumba w’iryo torero ashaka kugurisha urusengero, kuko ngo (…)
Mu gihe abavuzi gakondo bavuga ko bafite ubushobozi bwo kuvura indwara harimo n’izananiye ubuvuzi bwa kizungu, bamwe mu bavuzi gakondo bo mu Karere ka Kamonyi batangaza ko bafite imbogamizi z’imyumvire y’abaturage itabemera nk’abanyamwuga ahubwo bakabitiranya abapfumu.
Nyuma y’uko ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda bitangaje ko muri Kamonyi hari umugore wabyaye igikeri, ubuyobozi n’inzego z’umutekano zarabikurikiranye, maze abaganga na nyir’ubwite bemeza ko atigeze atwita cyangwa ngo abyare.
Bamwe mu bahinga mu gishanga cya Kayumbu kiri mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi bibumbiye muri Koperative KOPABAKAMU, binubira uburyo Koperative ibakuraho umusaruro wishyura ibyo bahawe mu ihinga kuko basigarana muke, ngo bikarutwa n’uko buri wese yakwita ku musaruro we.
Mu Mudugudu wa Mwirute, Akagari ka Mwirute, mu Murenge wa Rukoma; Polisi yafatanye ikilo cy’urumogi umugabo witwa Ukwizabigira Emmanuel, ahita ashaka gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi 20, ibyaha biba bibiri.
Amakuru dukesha Umuvugizi wa Polisi yo mu Muhanda (Traffic Police), CIP Emmanuel Kabanda, aravuga ko abantu batanu mu bakoreye impanuka mu Kagari ka Sheli mu Mudugudu wa Kangayire ari bo bamaze kwitaba Imana naho 11 akaba ari bo bakomeretse.
Abacuruzi bamaze umwaka bimuwe mu isoko ryo ku Kamonyi bakazanwa mu isoko ry’Ababikira b’ababernardine riri Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge; barataka igihombo baterwa no kutabona abaguzi kuko iryo soko bimuriwemo riherereye inyuma y’amazu y’ubucuruzi kandi akaba nta cyapa imodoka zihagararaho kiri ku muhanda.
Mpazimaka Egide wayoboraga Umurenge wa Kayumbu na Rukimbira Emmanuel wayoboraga Umurenge wa Ngamba beguye ku mirimo yabo ku wa kane tariki 26 Gashyantare 2015 ku mpamvu kugeza ubu zitaramenyekana.
Abahinga mu gishanga cya Kayumbu giherereye mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko bajya bagira ibibazo byo kurumbya kubera izuba, bakavuga ko nubwo mu gishanga harimo amazi batitabira gahunda yo kuvomerera kuko nta bikoresho bafite kandi igishanga kikaba kidatunganyije.
Mu nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi yateranye tariki 18/02/2015, ikibazo cy’inyerezwa ry’amafranga ya VUP ndetse n’ay’ububiko bw’imiti nicyo cyafashe umwanya munini.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayumbu, Mazimpaka Egide, Umuhuzabikorwa wa VUP mu Murenge wa Ngamba, Kabano Thomas ndetse n’Ushinzwe inguzanyo muri SACCO ya Ngamba, Xavier; bafungiye muri Sitasiyo ya Polisi ya Runda, kuva ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 17/2/2015, bakekwaho kunyereza amafaranga ya VUP.
Ibikorwa byo guhiga ibiyobyabwenge birimo gutanga umusaruro mu Karere ka Kamonyi, ariko abaturage banenga uburyo hari abafatwa bagahita barekurwa badahanwe.
Mu Mudugudu wa Gatare, Akagari ka Muganza, mu Murenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi; Inkuba yakubise abantu babiri bari bavuye kuvoma ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki 14/2/2015 babagejeje kwa muganga basanga bashizemo umwuka.
Nyuma y’ihagarikwa ku mirimo rya Mutsindashyaka Jean Caude wari umukuru w’Umudugudu wa Musebeya, mu Kagari ka Muganza ho mu Murenge wa Runda; abaturage b’uwo mudugudu bagera ku 130 bibaza iherezo ry’umutungo w’Itsinda rya “Dutabarane” yari akuriye dore ko batanzemo amafaranga ya bo.
Nyuma y’aho muri Nyabarongo hagaragariye ibibazo by’impanuka ziterwa n’ubwato bwambukiranya uwo mugezi; ubuyobozi bwafashe ingamba zo guhagarika amato y’ibiti yari asanzwe akoreshwa, busaba ko hakoreshwa aya moteri kandi afite ubwishingizi, ibyambu bitaruzuza ibisabwa ntibigikoreshwa.
Mu gihe mu turere tunyuranye two mu Ntara y’Amajyepfo gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ikirimo ibibazo ku bigo byinshi, ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwo bwemeza ko yashobotse 100% ku buryo buri mwana wese ahabwa igaburo rya saa sita ku ishuri.
Tagisi Minibusi yavaga i Kigali yerekeza i Remera Rukoma, yaguye mu masaa cyenda z’amanywa yo kuri uyu wa gatanu tariki 6/2/2015, igeze ahitwa Kamiranzovu mu kagari ka Sheli ho mu murenge wa Rugarika; nyuma yo guturika ipine, yakomerekeyemo abantu 14, harimo bane bakomeretse bikabije.
Hamwe mu hacukurwa amabuye yo kubaka usanga ababikora badafite imyambaro ibarinda impanuka cyangwa se ubwishingizi bwo kubunganira mu gihe bahahuriye n’impanuka ibabuza gukomeza gukora.
Uwanyirigira Chantal utuye mu Mudugudu wa Rugwiro, Akagari ka Kidahwe, Umurenge wa Nyamiyaga mu Karere ka kamonyi yinjiye mu mwuga wo gufotora abitewe n’uko icyaro atuyemo bakeneraga amafoto bakabura ubafotora.
Bamwe mu bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe bo mu kagari ka Kidahwe mu murenge wa Nyamiyaga, bibumbiye mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya, maze abafasha kubona igishoro cyo gukora imishinga ibateza imbere muri gahunda bise “nshore nunguke.”
Abagize Inteko ishinga amategeko imitwe yombi, bari kuzenguruka uturere twose tw’igihugu bakora ubukangurambaga ku bibazo bigaragara muri minsi bishobora kubangamira iterambere.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Francois Kanimba, yijeje ubufatanye ikigo cya Eden Business Center gikora amasabuni n’amavuta yitwa “Ubwiza”, kuko bafite gahunda ziganisha ku iterambere igihugu gikeneye, nyuma y’uko abagendereye akumva n’ubuhamya ku bahahuguriwe, kuri uyu wa gatanu tariki 23/1/2014.
Mu Kagari ka Gihara, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi hari kubakwa ikigega kizafasha mu gukwirakwiza amazi muri aka kagari ndetse no mu tundi bituranye twa Kabagesera na Kagina.
Mu Murenge wa Runda uhana imbibu n’Umujyi wa Kigali, hagaragara umuvuduko mu myubakire. Mu rwego rwo kunoza imiturire, ubuyobozi bwaciye imihanda inyura mu ngo z’abaturage, ariko hari aho usanga abubaka basatira imihanda ndetse n’abubaka ahateganyirijwe kunyuzwa umuhanda.
Abaturiye ibagiro rya Gihara barinubira umunuko n’umwanda urivamo kuko bibicira umwuka bahumeka ndetse n’imbwa ziza kurya uwo mwanda zikabarira abana.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Kagari ka Kagina, mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi bakora umwuga w’ububumbyi, batangaza ko kuva kuri gakondo bagakora ububumbyi bw’ishyiga rya “Cana rumwe” byabongereye umusaruro; kuko amashyiga bakora afite agaciro gakubye inshuro eshatu izo bakoraga mbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwasuye abaturage b’Akagari ka Masaka mu Murenge wa Rugarika baburiye ababo mu mpanuka y’ubwato bunayemerera inkunga, kuwa kane tariki 15/01/2015.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kamonyi barataka ikibazo cyo kutagira amazi meza bikaba imbogamizi mu kwita ku isuku.
Inama yahuje abayobozi b’imirenge ikora kuri Nyabarongo yo mu Karere ka Kamonyi n’aka Rulindo, abaturage n’abakoresha amato muri Nyabarongo mu rwego rwo gucunga umutekano w’abantu n’ibintu, yanzuye ko nta muturage n’umwe wemerewe kuba yakorera akazi ko gutwara abantu n’ibintu muri Nyabarongo atujuje ibyangombwa bisabwa (…)