Imibiri y’abantu batatu mu barenga 12 barohamye muri Nyabarongo mu gice cy’akarere ka Kamonyi niyo yabonetse kuri uyu wa 06/01/2015 nyuma y’iminsi ibyo byago bibaye.
Mu bikorwa byo gushakisha abantu barohamye muri Nyabarongo mu mpanuka y’ubwato yabaye mu gitondo cya tariki 3/1/2015, hatahuwe umurambo w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ariko ntabarirwa mu barohamye mu mpanuka kuko yaturutse mu majyaruguru y’icyambu kandi ababuze ababo bakaba batamumenye.
Mu karere ka Kamonyi muri iki gihembwe cy’ihinga A hagaragaye uburwayi bwa Kabore n’ubwa Mozayike bwibasiye igihingwa cy’imyumbati, ku buryo irenga 90% yose yari ihinze ku buso bwa hegitari ibihumbi 15 yarwaye yose mu mwaka ushize wa 2014.
Nyuma y’uko ubwato bukoze mu mbaho bwari butwaye abantu bavaga mu murenge wa Rugarika berekeza mu wa Mageragere, burohamye muri Nyabarongo; abantu 11 nibo barohowe ari bazima na ho abandi basaga 12 ntibaraboneka.
Mu gihe Polisi ivuga ko mu mwaka wa 2015 nta mumotari ugomba gukora adafite uburenganzira bwo gutwara abagenzi butangwa na RURA, abo muri Koperative KAMOTRACO bahangayikishijwe n’uko batazakora kuko perezida wa Koperative yabo bamuhaye amafaranga ariko akaba atarabubagezaho.
Umugabo witwa Rusurabeza Merikuru utuye mu mudugudu wa Mibilizi, akagari ka Kigese, mu murenge wa Rugalika, yishe umugore we Ayinkamiye Francine mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 28/12/2014.
Ibibanza bikora ku muhanda nibyo bifite agaciro mu murenge wa Runda kuko aribyo bihabwa icyangombwa cyo kubyubakamo. Ku bw’iyo mpamvu abaturage bafite amasambu adakora ku muhanda, bemerera ubuyobozi gucishamo umuhanda ku buntu kugira ngo nayo agire agaciro.
Kamaliza Florance, umworozi w’inkwavu wo mu Karere ka Kamonyi aravuga ko ubworozi bw’inkwavu butavuna kandi umuntu abukoze neza bwabashaka kumuteza imbere.
Bamwe mu bakora imirmo y’ubucuruzi ku dusanteri twa Kamuhanda na Ruyenzi two mu Murenge wa Runda, baratangaza ko mu kwizihiza umunsi wa Noheri batabonye abaguzi nk’uko byari bisanzwe mu birori by’imyaka yatambutse.
Mu mudugudu wa Muhambara, Akagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda, hakozwe umukwabu hatahurwa litiro 150 z’inzoga z’inkorano, amacupa 42 ya Kambuca n’amasashe 400, ubuyobozi bukaba buvuga ko amakuru y’ahacururizwaga ibi binyobwa bitemewe bwayahawe n’abaturage.
Abakecuru b’incike umunani bo mu Karere ka Kamonyi bashyikirijwe inzu ifite agaciro k’amafaranga y’ u Rwanda asaga miliyoni 41 yo kubamo.
Ihuriro ry’imiryango ya Sosiyete Sivile ku rwego rw’Umuryango w’Ibihugu by’Afrika y’iburasirazuba (EACSOF), risobanurira ibyiciro bitandukanye by’Abanyarwanda imikorere y’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’inyugu bafite mu kubyaza umusaruro imigenderanire n’ubuhahirane byoroherejwe mu bihugu biwugize.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi baratungwa agatoki kuba badafata iya mbere ngo bahangane n’ibiyobyabwenge bihakorerwa nka Kanyanga n’izindi nzoga zitemewe, bagategereza ko inzego z’umutekano arizo zibirwanya.
Polisi y’u Rwanda ibinyujije mu ishami ryayo ry’ubuvuzi “Isange One stop Center” n’izindi gahunda z’ubuzima, yateguye gahunda y’ubukangurambaga mu turere twa Kamonyi na Muhanga, aho iganiriza inzego z’umutekano n’abaturage kuri Sida, Ebola, ibiyobyabwenge n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Ahitwa kuri Kayumbu mu Mudugudu wa Wimana, Akagari ka Kivumu, mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi hatoraguwe umurambo w’umusore utamenyekanye uri mu kigero cy’imyaka 35.
Bamwe baturage bo mu Kagari ka Gihara mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi basanga gukoresha imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG) umuntu wasahuye imitungo muri jenoside yakorewe abatutsi nta nyungu uwahemukiwe abifitemo kandi n’uzayikora bishobora kuzakenesha urugo rwe.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Rulindo basanze bakwiye kwiteza imbere aho guhora bategeye amaboko abandi, bahitamo gukura amaboko mu mifuka kandi ubu bamaze gutera intambwe bagana ku iterambere.
Mu gihe havugwa ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu mu gihugu no hanze yacyo, ababyeyi bavuga ko abakobwa ari bo bakunze kugwa mu mutego w’ababashuka bakabajyana babemereye akazi.
Bamwe mu batuye Akagari ka Kagina hafi y’irimbi rya Ruyigi bagaragaza ko bishimiye gusubizwa uburenganzira bwo kwicukurira imva, kuko kugura imva byarushagaho gukenesha umuryango wagize ibyago mu gihe abatabaye bashoboraga kuwufasha gucukura.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Kamonyi bavuga ko abana babo banga kubafasha gukora imirimo yo mu rugo bakirirwa ku muhanda banywa inzoga n’ibiyobyabwenge, nyamara urubyiruko rwo ruhamya ko nta kazi gahagije ko gukora gahari.
Mu gice cyemejwe nk’umujyi wa Kamonyi no mu midugudu yagenewe kubakwamo, hagaragara inyubako ziyongera umunsi ku munsi. N’ubwo abagurisha ibibanza byo kubaka bishimira ko bahabwa amafaranga, hari abagaragaza impungenge z’uko amazu ari kubakwa abatwara umwanya wo guhinga.
Bamwe mu bafite ubumuga bavuga ko barimo abanduzwa agakoko gatera SIDA bitewe n’intege nke za zimwe mu ngingo za bo. Ngo ntibabasha gukurikira ubukangurambaga bukorwa kuri icyo cyorezo cyangwa bakazingitiranwa kubera imyumvire iri hasi.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko kugera ku ikoranabuhanga babifitemo imbogamizi kubera ubukene kandi nta n’ubumenyi barifitemo.
Mu ruzinduko bamwe mu basenateri bagize Komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza bagiriye mu karere ka Kamonyi tariki 02/12/2014, baganiriye n’abaturage b’umurenge wa Runda ku bibazo biri mu butabera. Abaturage bagaragaza ko basiragizwa bashaka kugera ku butabera.
Nyuma y’umuganda watewemo ibiti 3850 ku nkengero z’umuhanda wa Kaburimbo, kuva ahitwa Kamiranzovu kugera mu Nkoto ho mu murenge wa Rugarika, abaturage basobanuriwe ibyiza by’ibiti banasabwa kubibungabunga.
Abakuriye umushinga Higa ubeho wakoreraga muri USAID washoje ibikorwa byawo mu Karere ka Kamonyi, barishimira ko usize abagenerwabikorwa bungutse ubumenyi bwo kwirwanaho. Ni nyuma y’imyaka itanu ishize uyu mushinga ufasha abatishoboye kugera ku iterambere ry’imibereho myiza n’iry’ubukungu.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) buragaragaza ko ikibazo cyo kurangiza imanza cyagaragaye nk’igituma abaturage bavuga ko bahabwa serivisi zitanoze.
Abantu 20 baturuka mu murenge wa Runda n’abandi 9 bo mu murenge wa Rukoma baraye bajyanywe ku bitaro bya Remera Rukoma mu ijoro ryo kuwa 24/11/2014 bicyekwa ko bagarutswe n’ikigage banyweye mu bukwe.
Kurangiza inkiko Gacaca bikomeje kudindira kubera hari abatarishyura imitungo bangije muri Jenoside, uku gutinda kwishyura akenshi biterwa n’uko bamwe mu bangije imitungo batakiriho bigatuma yishyurwa n’abo mu miryango ya bo.
Nyuma yo kubona ko abanyeshuri bari mu biruhuko bapfusha umwanya wa bo ubusa kuko nta gahunda y’ibyo bagomba gukora ihamye baba bafite, kuri uyu wa gatandatu tariki 22/11/2014, mu gihugu hose hatangijwe itorero ry’abanyeshuri bari mu kiruhuko.