Nyuma y’uko Komite Nyobozi y’Akarere ka Kamonyi isoje imirimo yayo, mu gihe hategurwa amatora y’abazayisimbura, abakozi basabwe gukomera ku nshingano zabo.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi (WASAC) cyatangiye kubaka umuyoboro w’amazi mu Murenge wa Kayenzi uzageza amazi ku baturage bihumbi 35.
Nyuma y’ukwezi kumwe, abatuye ku Mukunguri mu Karere ka Kamonyi bagejejweho amazi meza, bahagaze kuyavoma kuko umuyoboro wagize ikibazo.
Abadepite bamaze icyumweru mu Karere ka Kamonyi bagaragaje ko hari ikibazo cy’isuku nke n’icy’imirire mibi, biterwa n’uko abayobozi bategera abaturage.
Nyuma y’imyaka itatu bahinga umuceri mu gishanga cya Mushimba, bahamya ko umusaruro bakuramo ufite agaciro kurusha ibyo bagihingagamo mbere.
Mu rwego rwo kubungabunga imibereho y’abaturiye ahubatse uruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri “MRPIC”, uru ruganda rwarihiye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza imiryango 68 itishoboye.
Ku ruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri muri Kamonyi, hatangiye kubakwa urundi ruganda ruzakora ibicanwa byitwa “Burikete (Briquettes)" bikoze mu bisigazwa by’umuceri.
Abitabiriye Itorero ry’urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye, baratangaza ko ubumenyi bakuyemo bwabateye guhindura imyumvire ku buryo nta kazi bazasuzugura.
Ubwiherero bwa ECOSAN bwubatse mu Karere ka Kamonyi ntiburakoreshwa, kuko abaturage bataramenya kubyaza umusaruro w’ifumbire iwuvamo.
Abagize itorero “Indatwa n’abarerwa” ry’akagari ka Kagina mu Murenge wa Runda, ngo bakeneye amakikoro yo kubyaza inganzo zabo umusaruro.
Nubwo bamwe mu babumbyi bateye intambwe yo kubumba ibikoresho bifite agaciro, bavuga ko nta soko rihamye bafite.
Kuba abatuye Mukindo ari bo bonyine batarabona amashanyarazi muri Gisagara, babibonamo imbogamizi, ariko akarere kavuga ko bazayabashyikiriza muri uyu mwaka w’ingengo y’imari.
Muhawe Boniface, umusore w’imyaka 36 yafatanywe Amadorali y’Amanyamerika ibihumbi 2 na 600, aranzwe n’abo yari aje kuyagurisha babifashijwemo n’abamotari.
Mu gihe mu cyumweru gishize humvikanye ubushyamirane hagati y’ikigo Eden Business Center n’abafatanyabikorwa bacyo borora inkware, kuri uyu wa 11 Mutarama 2016 cyibasiwe n’inkongi y’umuriro.
Abatuye Umurenge wa Rugarika, ahegereye uruzi rwa Nyabarongo, bakomeje gutaka ikibazo cyo gukoresha amazi mabi kuko babuze n’aho bagura umuti wo kuyasukura.
Aborozi b’inkware babukomoye ku kigo Eden Business Center, baravuga ko bagize igihombo batewe n’uko ikigo cyahagaritse kubagurira amagi no kubashumbusha inkware zipfuye.
Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 08 Mutarama 2016 kimukiye mu nyubako nshya mu rwego rwo gukorera ahajyanye n’icyerecyezo no kurohereza abakagana kugera kuri serivise.
Umukecuru Munganyinka Dorothee atangaza ko yagize ibyishimo yumvise ko Kagame yemeye kuzakomeza kuyobora Abanyarwanda nyuma ya 2017.
Abatuye mu Karere ka Kamonyi bambukiranya umugezi wa Nyabarongo basigaye bakoresha ubwato bwa moteri, nyuma y’impanuka zari zibibasiye zikabatwara ubuzima.
Abaturage bava muri Kamonyi bakajya kwishyurira mituweri ahandi bavuga ko bahura n’imbogamizi iyo bashatse kuhivuriza kuko ngo batakirwa neza.
Mu gihe mu mugoroba w’ababyeyi bafashanya gukemura ibibazo by’ingo zibanye nabi, hari abavuga ko batamenye inama batanga kubera kutamenya amategeko.
Abahinzi n’aborozi barema amwe mu masoko y’akarere ka Kamonyi, binubira imisoro bakwa iyo bajyanye umusaruro ku isoko kandi n’ababaranguriye bakongera bagasoreshwa.
Bamwe mu baturage bitwikiriye ikiruhuko cy’iminsi ine abakozi ba Leta bagize mu minsi ya Noheri maze bubaka mu buryo butemewe bibaviramo gusenyerwa.
Bamwe mu babyariye iwabo batuye mu Karere ka Kamonyi, ntibitabira kwandikisha abana kuko babazwa abo bababyaranye kandi hari abatabemera.
Ubuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Nyamiyaga giherereye mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi, butangaza ko cyakira abarwayi benshi, ugereranyije n’abakozi bafite.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kagina, mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko Noheri atari igihe cyo gusesagura cyane ko n’ubukungo ngo butifashe neza.
Ikigo gitanga amahugurwa cy’ababikira b’ababernardine bo ku Kamonyi (CEFAPEK) cyafashije abakobwa babyariye iwabo bo kwizihiza Noheri y’abana babo.
N’ubwo ubuyobozi buhamagarira abantu gufata amazi, abaturiye ishuri rya“Morning Stars”bahangayikishijwe n’amazi ahaturuka kuko abangiriza.
Nyuma yo kwicisha umuhoro umugore w’imyaka 55 avuga ko yaroze nyina, Habanabakize Louis w’imyaka 28 yishyikirije Polisi ngo imushyikirize ubutabera.
Kuri Site y’Itora ya Ruyenzi, hari abaturage bazindutse baza gutora ariko ntibabyemererwa kuko batisanze kuri lisiti kandi badafite amakarita.