Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 21 abatutsi bazize Jenoside basaga ibihumbi 47 bashyinguye mu rwibutso rw’Akarere ka Kamonyi ruherereye mu Kibuza, Akagari ka Nkingo, mu Murenge wa Gacurabwenge, wabaye tariki 9 Gicurasi 2015, Minisitiri w’umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yatangaje ko abakoze Jenoside badafite amahoro kuko (…)
Inzu y’igorofa yubatswe ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi igenewe gushyirwamo ubuhamya n’ibindi bimenyetso ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi kugira ngo ijye ikorerwamo ubushakashatsi imaze imyaka 9 idakorerwamo.
Inyubako y’Ibiro by’Akarere ka Kamonyi imaze igihe kirenga umwaka yubakwa i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, igiye kuzura itwaye amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyari ngo ishobora kuzatangirwa gukorerwamo mu mpera za Gicurasi 2015.
Mu kwibuka abanyarwanda basaga miliyoni bazize Jenoside yakorewe abatutsi, hirya no hino mu gihugu baganira ku mateka y’uburyo Jenoside yakozwe n’uko yateguwe. Mu gihe ahenshi abagabo aribo bagize uruhare mu bikorwa by’ubwicanyi, aho abagore bakoze Jenoside ngo bayikoranye ubugome bukabije.
Nyuma yo kugaragarizwa n’abaturage b’utugari twa Sheli na Bihembe tw’Umurenge wa Rugarika, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, yabizeje ko mu itegurwa ry’ingengo y’imari y’umwaka utaha wa 2015- 2016, ibyifuzo bya bo bizitabwaho.
Abakozi b’akarere ka Kamonyi ku nzego zitandukanye bifatanyije n’abayobozi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo, basubiza amaso inyuma bareba imigendekere y’akazi, bageza ku buyobozi bw’akarere imbogamizi bahura nazo mu kazi barebera hamwe uburyo bwo kubikemura.
Abagize Ihuriro ry’Ibigo by’Imari (AMIR) bikorera mu turere twa Muhanga, Kamonyi na Ruhango, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi ku wa 30 Mata 2015 maze nyuma yo kwirebera amasanduku ashyinguyemo imibiri isaga ibihumbi 47 by’abatutsi bashyinguyemo, batangaje ko ibyo babonye bihagije mu kugaragaza ukuri kwa Jenoside (…)
Ministeri y’Ubutabera (MINIJUST) itangaza ko Leta ikomeje guhomba buri mwaka bitewe no gutsindwa mu manza, kandi ko ikibazo ngo ari uko icyo gihombo cyiyongera aho kugabanuka, nk’uko raporo z’Umugenzuzi Mukuru w’imari ngo zihora zibigaragaza.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 21 abatutsi baguye mu Murenge wa Mugina, tariki 26 Mata 2015, hasabwe ko ubuhamya bwa Jenoside yakorewe abatutsi bwajya bubikwa mu nzibutso ndetse n’amateka y’imibereho y’abazize Jenoside akandikwa.
Mu midugudu 317 igize akarere ka Kamonyi, batangiye igikorwa cyo gusana amazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho muri buri mudugudu umuganda w’abaturage uzasana inzu imwe, inzu zose zikaba zizatwara amafaranga y’ u Rwanda asaga Miliyoni 54.
Bamwe mu bagenera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basanga kubaha igishoboro cyo kubafasha kwiyubaka ari mu bumwe mu buryo bwiza bwo kubafasha mu rugamba rw’iterambere.
Imiryango 54 y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, batuye mu midugudu ya Kinyinya mu murenge wa Rukoma no mu midugudu ya Kambyeyi, Nyamugari na Nyarunyinya mu murenge wa Gacurabwenge; bashyikirijwe umuriro w’amashanyarazi n’ubuyobozi b’ibigo bishamikiye ku kigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza ingufu (…)
Umukecuru Mukantwari Melaniya warokotse Jenoside nyuma yo kumara iminsi yarajugunywe muri Nyabarongo, atangaza ko agahinda k’abana be batandatu bajugunywe muri Nyabarongo, ari intimba ikomeye imuri ku mutima.
Mu buhamya n’ibiganiro byatanzwe mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu midugudu yose, ababikurikiye basaba ko urubyiruko rusobanukirwa n’amateka y’u Rwanda kuko ari rwo rufite inshingano zo kubaka igihugu mu minsi iri imbere.
Mu muhango wo gusoza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, ubuhamya bwatanzwe bwibanze ku kwirinda guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Dr Nkubana Théoneste, Umuganga akaba n’umuturage w’Akarere ka Kamonyi avuga ko mu gihe mu bindi bihugu inyeshyamba zihutira gufata umujyi, abahoze iri ingabo za RPA bo bihutiye kurokora abatutsi bicwaga hirya no hino mu gihugu.
Munyandamutsa Hamada, akaba nyirarume wa Jean Paul Akayesu wari Burugumesitiri wa Komini Taba, yanze gushyigikira akarengane kakorerwaga abatutsi maze yirengagiza amabwiriza yo kwica abatutsi yatangwaga n’ubuyobozi, ahisha abamuhungiyeho barindwi kandi bose bararokoka.
Mukambuguje Beatrice wo mu Mudugudu wa Gasharara, Akagari ka Kagina, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yakomerekejwe muri jenoside bigera aho acika akaguru, ariko ubumuga afite abukorana imirimo yo mu rugo ku buryo byamurinze gusabiriza.
Mu byumweru bibiri abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi bamaze bishyuza imitungo yasahuwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu manza zisaga ibihumbi bine zari zarananiranye kurangizwa izisaga ibihumbi 2 zararangijwe.
Global Civic Sharing Rwanda, umushinga w’abanyakoreya ukorera mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi, washoje amahugurwa y’iminsi itanu yari ahuriyemo abayobora ibimina by’ubwisungane mu kwivuza, amahugurwa yari agamije kuberaka uko bateza imbere ibimina bayobora.
Mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’imiyoborere myiza cyiswe “Umurenge Kagame Cup”, ikipe ya Rukoma mu bakobwa yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda iya Nyamiyaga. Naho ikipe y’Umurenge wa Musambira mu bahungu itsinda iy’Umurenge wa Karama.
Abarema isoko rya Nkoto riherereye mu Kagari ka Sheri ho mu Murenge wa Rugarika bibaza impamvu ritubakiye ntirigire n’ubwiherero,kandi rimaze igihe ryinjiza amafaranga ava mu misoro y’abaricururizamo.
Mu gihe abaturage bo mu Mudugudu wa Gacaca, Akagari ka Cyambwe, mu Murenge wa Musambira ho mu Karere ka Kamonyi bishimira ko bamaze kugera ku iterambere, bahangayikishijwe n’abajura babatwara ibikoresho byo mu nzu ndetse n’abasarura imyaka ya bo mu mirima.
Ababyeyi batwite n’abafite abana bato barashima impinduka zigaragara mu kwita ku buzima bwa bo kubera kwegerezwa abajyanama b’ubuzima.
Umuryango w’abanyakoreya y’Amajyepfo wa Good Neighbors wubakiye ishuri rya Kagina riri mu Kagari ka Kagina mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi inyubako zifite agaciro ka Miliyoni 130 z’amafaranga y’u Rwanda, zizabafasha kwinjira muri Gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9.
Mu kiganiro cyatanzwe nyuma y’umuganda rusange wabaye tariki 28 Werurwe 2015, abawitabiriye bashimye gahunda igihugu kigiye gutangira yo gutoranya abantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa muri Jenoside na nyuma yayo. Izo ndashyikirwa ziswe “Abarinzi b’igihango” zikaba zizatoranywa n’abaturage zigashimirwa ku rwego rw’akarere (…)
Mu gihe mu Rwanda hari umutekano n’ibindi bihugu biza kwigiraho, hari ubwicanyi mu miryango bugaragara hirya no hino, Ngoma King, umukozi w’umushinga La Benevolencia, ahamya ko ubwo bwicanyi buturuka ku bikomere Abanyarwanda bafite kubera Jenoside yakorewe Abatutsi, hakaba harimo abataragera ku rwego rwo guha agaciro (…)
Mu rwego rwo kwagura imikorere cyane cyane mu gutanga inguzanyo no guha serivisi abatari abanyamuryango, Koperative yo kubitsa no kuguza CLECAM EJO HEZA Kamonyi, yagejeje ku banyamuryango ba yo umushinga wo guhinduka ikigo cy’imari, bahita bawemera.
Abakecuru b’incike umunani baturutse mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Kamonyi babana mu nzu bubakiwe mu Mudugudu wa Munyegera, Akagari ka Bugarama, ho mu Murenge wa Kayenzi, barishimira uko babayeho kuko mbere bagiraga ikibazo cyo kuba bonyine.
Bugingo Emmanuel, umuyobozi wa Siporo muri Minisiteri y’umuco na Siporo (MINISPOC) aratangaza ko umukozi wa Leta utitabiriye Siporo bateganyirijwe kandi atahawe inshingano n’umukoresha we afatwa nk’uwataye akazi.