Kurangiza inkiko Gacaca bikomeje kudindira kubera hari abatarishyura imitungo bangije muri Jenoside, uku gutinda kwishyura akenshi biterwa n’uko bamwe mu bangije imitungo batakiriho bigatuma yishyurwa n’abo mu miryango ya bo.
Nyuma yo kubona ko abanyeshuri bari mu biruhuko bapfusha umwanya wa bo ubusa kuko nta gahunda y’ibyo bagomba gukora ihamye baba bafite, kuri uyu wa gatandatu tariki 22/11/2014, mu gihugu hose hatangijwe itorero ry’abanyeshuri bari mu kiruhuko.
Nyuma y’uko Kigalitoday.com itangaje inkuru ya bamwe mu bakozi bubaka ibiro by’akarere ka Kamonyi i Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge; bakoze igisa n’imyigaragambyo bakanga gukora tariki 19/11/2014; ababakoresha n’ubuyobozi bw’akarere bahagurukiye ikibazo amafaranga ya bo bayahabwa nyuma y’iminsi ibiri.
Mu gihe cyo gukorera Kawa bisaba kongeramo ifumbire mvaruganda kandi hari abahinzi batabikoraga cyangwa bagashyiramo nke kuko batabonaga amafaranga yo kuyigura. Mu rwego rwo kuborohereza kubona ifumbire mvaruganda, ubu basigaye bahabwa ifumbire bazishyura ari uko bagurishije ikawa ikiguzi cyayo kigakatwa ku giciro cy’ibitumbwe.
Abakozi 40 bakora mu mirimo y’ubwubatsi bw’ibiro bishya by’akarere ka Kamonyi birimo kubakwa i Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge, mu gitondo cya tariki 19/11/2014 bakoze igisa n’imyigaragambyo basaba kwishyurwa amafaranga bamaze gukorera.
Mu nama bagiranye n’ibyiciro bitandukanye by’abikorera bo mu karere ka Kamonyi, tariki 18/11/2014, Banki Nkuru y’u Rwanda na Minisiteri y’imari n’igenamigambi, babakanguriye kugura impapuro nyemezamwenda (Treasury Bonds), kuko nabwo ari uburyo bwo gushora imari.
Nyirahabimana Claire na Ufitwenayo Veneranda, umuyobozi w’Ishyirahamwe “Urumuli” ryafashwaga n’umuzungu w’umusuwisi witwa Steiner Anne bitaga “Ana Mariya” wasubiye i Burayi mu mwaka wa 2002, ntibumvikana ku mitungo irimo inzu, ibiraro n’imirima biherereye mu kagari ka Nkingo, mu murenge wa Gacurabwenge, yabasigiye.
Nyuma yo gusura Inama Ngishwanama y’abagore “COCOF”, abadepite b’abagore baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afrika bari mu ruzinduko mu Rwanda rwo kureba bimwe mu bikorwa byagezweho kubera imiyoborere myiza; bashimye intambwe abagore bagezeho bivana mu bukene.
Nyiransabimana Elevanie wo mu Mudugudu wa Ruramba, Akagari ka Masaka mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi yishe umugabo we Hakuziyaremye Félix amushyira mu musarani, bimenyekana nyuma y’iminsi ibiri agiye kwaka umuti wo kumuhishira ku muvuzi gakondo.
Mu murenge wa Nyarubaka, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayigizemo uruhare, bibumbiye mu ishyirahamwe “Twisungane”; rigamije kubafasha mu iterambere no gukosora amateka mabi yaranze imibanire y’Abanyarwanda.
Kuba abatorerwa kuyobora abikorera bahita bagirwa abajyanama mu Nama Njyanama y’akarere ngo bizafasha mu kunoza imikoranire ya bo n’inzego z’ubuyobozi nk’uko abo mu karere ka Kamonyi babivuga.
Ubwo yasuraga ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu murenge wa Rukoma, tariki 6/11/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo Kamere, Evode Imena, yasabye abakozi bo mu birombe gukora cyane bakongera umusaruro kugira ngo bagere ku iterambere.
Mu gihe umuryango AVSI (Associations des Volontaires pour les Services Internationales) wizihiza isabukuru y’imyaka 20 umaze ukorera mu Rwanda, abo wafashije barishimira ko wabafashije kugera ku iterambere; kuko wabatabaye nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi yasize ingaruka nyinshi ku banyarwanda zirimo ubukene n’ihungabana.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi, abahinga mu gishanga cya Bishenyi gihuza imirenge ya Runda na Rugarika bateye imbuto ya Soya; hatangiye kugaragaramo udusimba tumeze nk’iminyorogoto bita “mukondo w’inyana” cyangwa “mille pattes”; turi kwangiza imbuto yatewe mu mirima.
Isenga rya Nyemana riri mu kagari ka Gihara, mu murenge wa Runda, ho mu karere ka Kamonyi; niho abakobwa bo muri aka gace bajyaga kwigira kuboha, ndetse abakuze bagahabwa inama zo kwita ku rugo.
Bitewe n’uko umugezi w’Umukunguri wakundaga kurengera imirima, abahinzi biyemeje gutera imiseke n’imbingo ku nkengero zawo kugirango birinde isuri ibatwarira ubutaka bahingaho umuceri. Kuri ubu barishimira ko bagize uruhare mu ukumira Ibiza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kamonyi Emmanuel Bahizi hamwe n’abandi batatu bari bafunganwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye mu karere ka Muhanga barekuwe by’agateganyo n’urukuko rwisumbuye rwa Muhanga ku mugoroba wa tariki 16/10/2014.
Abanyamuryango ba koperative dutabarane yo mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi baravuga ko batishimiye kuba imodoka baguze ngo ijye ibatabara mu gihe bagize ibyago byo gupfusha bagiye kujya bayishyura.
Uwamariya Liliae wakoraga akazi ko mu rugo i Kagugu , mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, yatwaye uruhinja rw’umugore wamucumbikiye amaze kumwirukana, arugejeje iwabo mu kagari ka Jenda, mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi, abaturage bibaza aho avanye uwo mwana; niko kumushyikiriza inzego z’umutekano barangisha (…)
Abagize inama njyanama y’akarere ka Kamonyi barasabwa kumenya imihigo akarere kaba kiyemeje kandi bakanagafasha kuyigeraho bakanabera abatuage babatoye urugero rwiza rwo gukorana umurava.
Hari abaturage bari barikondeye igishanga cya Kamiranzovu gihuza umurenge wa Runda n’uwa Rugalika, maze bakagihinga uko bashaka ndetse bakanakodesha imirima n’ababishaka. Kuri uyu wa kane tariki 02/10/2014, ubuyobozi bwasaranganyije imirima abaturage bose bahahingaga, maze babasaba kujya bagihinga bakurikije gahunda za Leta.
Mu gihe bajyaga bakora urugendo rwa 10km bagana ikigo nderabuzima cya Kayenzi, abaturage b’umurenge wa Karama bubakiwe ivuriro rito mu mudugudu wa Lyagashaza mu Kagari ka Bunyonga, kugira ngo baruhuke imvune bagiraga.
Ibikorwa bibi byabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byagize ingaruka ku bagize uruhare mu kuyikora no kubayirokotse, kuko hariho imitima ifite intimba n’agahinda baterwa n’ibyo bakorewe, ku rundi ruhande hakabaho ipfunwe n’ikimwaro ku bakoze Jenoside.
Abana babiri umwe uri mu kigero cy’imyaka itatu uvuga ko yitwa Eric na murumuna we uri mu kigero cy’umwaka umwe witwa Ahishakiye barashakirizwa ababyeyi babo nyuma yuko batoraguwe mu rugo ry’umuturage mu mudugudu wa Ryabitana, akagari ka Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge.
Abahinzi b’imboga zitandukanye mu bishanga byo mu karere ka Kamonyi barishimira isoko ryubakwa muri Bishenyi, kuko rizaborohereza ingendo bakoraga bajya kugurisha umusaruro wabo mu mujyi wa Kigali.
Atangiza igihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umwaka wa 2015, kuri uyu wa kane tariki 11/9/ 2014, Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Ambasaderi Claver Gatete yasabye abaturage gukora ubuhinzi bwabo kinyamwuga, bakumva ko bugomba kubatunga kandi bukabateza imbere.
Nkundanyirazo Landouard w’imyaka 55, wari utuye mu mudugudu wa Rubona, akagari ka Muganza ho mu murenge wa Runda, bamusanze yapfiriye mu nzu yabanagamo n’umuryango we. Mu bakekwaho kumwica harimo umugore we bahoraga bashyamirana.
Ahagana mu masaa yine z’amanywa yo ku wa gatanu tariki 5/9/2014, inzu y’uwitwa Uwamahoro Innocent utuye mu kagali ka Kigembe umurenge wa Gacurabwenge, mu karere ka Kamonyi, muri senteri Rugobagoba, yafashwe n’inkongi y’umuriro. Nta muntu wayihiriyemo, ariko hahiriyemo ibikoresho byinshi.
Ngabonziza Jean Claude, Umukozi ushinzwe imibereho myiza n’iterambere mu kagari ka Kigembe, yatemwe n’umuturage tariki 2/9/2014, amutemera imbere y’inzu yari amaze gusenya. Uwamutemye yahise atoroka ariko abandi baturage bavuga ko yamujijije ko yahawe amafaranga mu kubakwa kw’iyo nzu none akaba ayisenye.
Ku rukiko rw’ibanze rwa Gacurabwenge hatwikiwe urumogi, kanyanga n’ibiti bya kabaruka bakunze kwita umushikiri bifite agaciro ka miliyoni 20 n’ibihumbi 752 by’amafaranga y’u Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 3/9/2014.