Kimironko: Medi Motel yafunzwe izira isuku nke

Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwafunze Medi Motel iherereye mu murenge wa Kimironko, nyuma yo kuyigenderera bitunguranye bagasanga isuku iharangwa idakwiye kugaburira abantu.

Ubuyobozi bw’aka karere butangaza ko butazihanganira umwanda nk’uko basanzwe muri iyi motel, nk’uko umuyobozi w’akarere, Pierre Masozera, yabitangaje kuri uyu wa kabiri tariki 2/12/2014.

Medi Motel imaze igihe ikora ariko si inshuro ya mbere bayifungira kubera ikibazo cy'isuku.
Medi Motel imaze igihe ikora ariko si inshuro ya mbere bayifungira kubera ikibazo cy’isuku.

Yagize ati “biteye isoni biranagayitse cyane kubona umuntu ufite resitora ugaburira imbaga y’Abanyarwanda ariko ahantu atunganyiriza ibyo kurya biteye isoni cyane. Niyo mpamvu twafashe gahunda yo kumufungira kugira ngo abanze yuzuze ibyangombwa byose.

Namara kubyuzuza byose tuzamusura isuku nitubona igeze ku ntambwe igaragara tuzamufungurira akomeze ibikorwa bye.”

Pierre Masozera, umuyobozi mushya w'akarere ka Gasabo atangaza ko bazakomeza gutungura n'abandi.
Pierre Masozera, umuyobozi mushya w’akarere ka Gasabo atangaza ko bazakomeza gutungura n’abandi.

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo yakomeje atangaza ko bazakomeza iki gikorwa batunguranye abafite amaresitora n’amahoteli, kugira ngo barebe uko amabwiriza bahawe yubahirizwa. Iyi hoteli kandi izacibwa amande bitewe n’inshuro yihanangirijwe, amafaranga ahera ku bihumbi 50 kuzamura.

Ubyobozi bw’akarere ka Gasabo n’ikipe ishinzwe isuku n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge itandukanye igize aka karere kandi banasuye amaresitora atandukanye, aho basanze amwe agerageza ku isuku bakayasaba kongera andi bakayaha igihe ntarengwa cyo kwisubiraho.

Ibishingwe biba bimaze igihe bitarajugunywa.
Ibishingwe biba bimaze igihe bitarajugunywa.

Umwe mu bakorera resitora basanze yaragerageje kwisubiraho, yitwa Kimironko Vision Restaurant, yatangaje ko gucibwa amande ya buri kanya byatumye bisubiraho ubu bakaba batakikanga gufungirwa.

Ati “ubu dusigaye dukora dutuje kuko mbere twabaga twikanga ko baza kudufungira ariko aho tugiriye isuku n’abakiriya basigaye bariyongereye”.

Muri Medi Motel ibiryo bihiye n'ibishingwe basanze bibikwa hamwe.
Muri Medi Motel ibiryo bihiye n’ibishingwe basanze bibikwa hamwe.

Iri tsinda kandi ryanafunze bimwe mu birombe bikorera mu murenge wa Kinyinya byacukuraga umucanga mu buryo budakurikije amategeko.

Iki gikorwa kizakomeza hagenzurwa isuku n’umutekano mu bikorwa bikorerwa muri aka karere, kuko mu myaka ibiri ishize yikurikiranya kaje ku mwanya wa mbere mu kugira isuku ku rwego rw’igihugu.

Zimwe mu ngazi zijya mu nyubako yo hejuru zarashaje ku buryo hari impungenge ko zishobora kuvuna umuntu.
Zimwe mu ngazi zijya mu nyubako yo hejuru zarashaje ku buryo hari impungenge ko zishobora kuvuna umuntu.

Emmanuel N. Hitimana

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka