Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga barinubira serivisi za mituweli, bavuga ko abifuza guhabwa amakarita bishyuriye bigenda gahoro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye guhagurukira ababyeyi b’abana b’inzererezi kuko abenshi mu bana bo mu muhanda babiterwa n’iwabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamariya Beatrice arasaba abashakanye kugaruka ku nshingano z’urugo aho kubana nk’abakinnyi ba Karate.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga ntibwemeranya n’urubyiruko rugisaba inkunga ngo rushobore kwiteza imbere binyuze mu makoperative.
Abakene bo mu Kagari ka Remera mu Karere ka Muhanga bagiye kujya bitabwaho n’abishoboye kugira ngo babatangire amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Nyampinga w’Intara y’Amajyepfo, Miss Isimbi Edwige, yahaye Ikigo cy’Urubyiruko cy’Akarere ka Muhanga, ibitabo 400 byo gusoma, nk’uko yari yabihize ubwo yahataniraga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016.
Abagore bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bahinze inyanya muri Green house bavuga ko kubera kudahugurwa uko ikoreshwa barumbije bikabateza igihombo.
Club “Imboni zarwo” iratangaza ko batazategereza integanyanyigisho rusange ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu mashuri kuko babitangiye.
Polisi mu Karere ka Muhanga iratangaza ko hari abamotari bakomeje kugaragaza imyitwarire mibi rimwe na rimwe bakanakora ibyaha bitwaje Polisi.
Minisitiri w’Intebe wa Islael, Benjamini Netanyahu, aratangaza ko guhangana n’abapfobya bakanahakana Jenoside ari ugukomeza kubima urwinyagamburiro banyuzamo ibitekerezo by’amacakubiri.
Minisitiri w’Intebe wa Islael na Perezida Paul Kagame baratangaza ko ibihugu byombi bizakomeza gufatanya mu kuzamura iterambere ry’abaturage.
Ubuyobozi bw Hotel CIVITAS buratangaza ko imirimo yo kwakira abayigana ikomeza gukorwa nk’uko bisanzwe.
Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yatangaje ko amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari kimwe mu bimenyetso by’amateka mabi ya muntu ku isi.
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi.
Abaturage bamwe amateka agaragaza ko bari barasigajwe inyuma bo mu Karere ka Muhanga, barashimira Leta y’Ubumwe yababohoye ingoyi yo kunenwa kandi na bo ari Abanyarwanda.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Brigade ya 411 mu turere twa Muhanga na Kamonyi zagabagiye abatishoboye inka n’amazu by’agaciro kabarirwa muri miliyoni 20FRW.
Perezida wa Tanzaniya John Pombe Magufuri aratangaza ko igihugu ayoboye kizigira byinshi ku Rwanda mu rwego rw’ubukungu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu gihugu cya Tanzania mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Nyakanga 2016, aho biteganyijwe ko asinya amasezerano y’ubufatanye mu by’ubucuruzi.
Bamwe mu baturage bo mu turere twa Kamonyi na Muhanga baravuga ko inzara n’ubukene ari bimwe mu bibuza amahoro mu miryango.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga binangiraga kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA), baricuza ingaruka zo kwigurishiriza imitungo.
Sibomana Alphonse wararaga izamu mu kigo cy’Umuryango w’abahinzi “Ingabo” mu Karere ka Muhanga yishwe ateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana.
Abanyeshuri barangije muri za kaminuza zitandukanye muri EAC basaba ko impamyabumenyi zabo zemerwa ku isoko ry’umurimo nta yandi mananiza.
Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango, MIJEPFOF, iratangaza ko imishinga y’abagore ifite ibibazo muri BDF n’amabanki kugira ngo yemerwe kandi ihabwe inguzanyo.
Abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagiye kwishakamo ibisubizo by’ibibazo basigiwe na Jenoside, by’umwihariko bagafasha abakecuru b’incike.
Abacuruzi baciriritse bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko kunyereza imisoro kwabo guturuka ku bo baranguriraho bo muri Kigali basorera ½ gusa cy’ibyo baranguriweho.
Minisitiri w’ubutgetsi bw’igihugu Francis Kaboneka, aranenga abayobozi b’inzego z’ibanze batekinika mu marushanwa “Umurenge Kagame Cup” agamije gushimangira amahame y’Imiyoborere myiza.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aratangaza ko ibikorwa remezo bizakomeza kongerwa mu Karere ka Rwamaga kugira ngo abaturage barusheho kugira ubuzima bwiza.
Ikipe y’abakobwa y’umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, na Cyanika ya Nyamgabe zegukanye umwanya wa gatatu imu mikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu.
Ikigo kigenga cy’ikoranabuhanga (Rwanda online) kiratangaza ko kugeza ubu, serivisi 30 zakwa n’abaturage mu nzego zitandukanye zishobora guhabwa umuturage atiriwe asiragira.
Abaturage baturiye Ibitaro bya Nyabikenke mu Karere ka Muhanga baravuga ko kuba bituzura, bibangamiye ubuzima bwabo kuko badashobora kubona serivise z’ubuvuzi hafi yabo.